Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje umugambi mubisha wihishe inyuma yo kuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarahaye akazi abacancuro, unagaragaza ko yahonyoye amategeko mpuzamahanga.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, rivuga ko ibyakozwe na Guverinoma ya Congo bihabanye n’amasezerano mpuzamahanga arwanya guha akazi, gukoresha, gutera inkunga ndetse no gutoza abacancuro, bikubiye mu myanzuro y’Inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye yo ku ya 04 Ukuboza 1989.

Iri tangazo rya M23 rikomeza rigira riti “Guverinoma ya Kinshasa kandi ntabwo yarenze ku masezerano y’Umuryango w’Abibumbye gusa yavuzwe haruguru ahubwo n’ay’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko ibi byakozwe na Guverinoma ya Congo Kinshasa byo guha akazi abacancuro, bigamije umugambi mubisha.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka rikomeza rigira riti “Guverinoma ya Kinshasa yazanye amakuba mu Gihugu cyacu no mu karere k’Ibiyaga Bigari bya Afurika mu kuzana abantu bo hanze mu makimbirane akomeje kubaho ubwo yifashishaga abacancuro mu kurwanya M23 mu mirwano yose ihuriwemo ubufatanye bwa FARDC, FDLR, NYATURA, APCLS, PARECO na Mai-Mai.”

M23 ikomeza ivuga ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagombaga kuba bwaritandukanyije n’iyi mitwe yiyambajwe ariko ko ikibabaje ari ukuba MONUSCO na yo yariyunze muri ubu bufatanye mu gihe intego yayo ari ukuba hagati y’impande zifitanye amakimbirane.

Iti “MONUSCO ikoresha drones mu gutahura ibirindiro bya M23 kugira ngo babone uko bagaba ibitero biremereye byo gutwika bakoresheje indege zabo za Sukhoi-25.”

M23 ivuga ko ibabajwe n’ibyo bitero by’indege bikomeje kugabwa mu bice bituyemo abaturage bikorwa ku bufatanye bwa FARDC n’iriya mitwe ndetse na MONUSCO.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye

Next Post

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.