Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yahishuye ikihishe inyuma yo kuba Congo yarazanye Abacancuro bazobereye iby’urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje umugambi mubisha wihishe inyuma yo kuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarahaye akazi abacancuro, unagaragaza ko yahonyoye amategeko mpuzamahanga.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, rivuga ko ibyakozwe na Guverinoma ya Congo bihabanye n’amasezerano mpuzamahanga arwanya guha akazi, gukoresha, gutera inkunga ndetse no gutoza abacancuro, bikubiye mu myanzuro y’Inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye yo ku ya 04 Ukuboza 1989.

Iri tangazo rya M23 rikomeza rigira riti “Guverinoma ya Kinshasa kandi ntabwo yarenze ku masezerano y’Umuryango w’Abibumbye gusa yavuzwe haruguru ahubwo n’ay’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko ibi byakozwe na Guverinoma ya Congo Kinshasa byo guha akazi abacancuro, bigamije umugambi mubisha.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka rikomeza rigira riti “Guverinoma ya Kinshasa yazanye amakuba mu Gihugu cyacu no mu karere k’Ibiyaga Bigari bya Afurika mu kuzana abantu bo hanze mu makimbirane akomeje kubaho ubwo yifashishaga abacancuro mu kurwanya M23 mu mirwano yose ihuriwemo ubufatanye bwa FARDC, FDLR, NYATURA, APCLS, PARECO na Mai-Mai.”

M23 ikomeza ivuga ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagombaga kuba bwaritandukanyije n’iyi mitwe yiyambajwe ariko ko ikibabaje ari ukuba MONUSCO na yo yariyunze muri ubu bufatanye mu gihe intego yayo ari ukuba hagati y’impande zifitanye amakimbirane.

Iti “MONUSCO ikoresha drones mu gutahura ibirindiro bya M23 kugira ngo babone uko bagaba ibitero biremereye byo gutwika bakoresheje indege zabo za Sukhoi-25.”

M23 ivuga ko ibabajwe n’ibyo bitero by’indege bikomeje kugabwa mu bice bituyemo abaturage bikorwa ku bufatanye bwa FARDC n’iriya mitwe ndetse na MONUSCO.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 18 =

Previous Post

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda usigaye aba hanze araregwa ikirego gikomeye

Next Post

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

Related Posts

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

IZIHERUKA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe
MU RWANDA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi icyo yavuze ku butinganyi cyatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.