Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko wafatiye ku rugamba ibikoresho byinshi by’uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC na FDLR, ndetse n’abana bagizwe abasirikare bari gukoreshwa mu mirwano, akaba ari bo bashyirwa imbere mu rugamba, rwakomera bakabataho.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, wavuze ko uyu mutwe “wamaganye ubufasha MONUSCO iri guha FARDC ikorana na FDLR banakoresha abana mu gisirikare.”

Lawrence Kanyuka, kandi yavuze ko “kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gashyantare, General Mayanga yayoboye inama kuri Hoteli Smath kwa Kanombe hamwe na FDLR ya SHARIYO.”

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko iyi nama yabaye mu gihe inkomere zakomerekeye mu mirwano yo ku Cyumweru tariki 25 Gashyanrare zirimo iza FARDC na FDLR zajyanywe kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Numbi muri Kalehe.

Lawrence Kanyuka, yakomeje agira ati “Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gashyantare, AFC/M23 yirwanyeho bya kinyamwuga inacungira umutekano abaturage b’abasivile muri Mpati, inafata byinshi by’ubufatanye bwa FARDC birimo abana bagizwe abasirikare, bashyizwe mu kaga n’ubutegetsi bwa Kinshasa bubata ku rugamba.”

Umuvugizi w’Umutwe wa M23 yakomeje ko wanafashe intwaro nyinshi zatawe n’uruhande bahanganye, rwabonye urugamba rukomeye, rugakizwa n’amaguru, rugasiga abana rwashoye muri iyi mirwano ndetse n’ibikoresho byinshi bari bafite birimo imbunda n’amasasu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 1 =

Previous Post

Menya niba hari ingaruka ibyemezo bya DRC n’u Burundi byagize ku bukungu bw’u Rwanda

Next Post

UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026
IMYIDAGADURO

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe

UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy'igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.