Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Itangazo rya Congo rikomeje kwamaganirwa kure, M23 na yo yariteye ishoti
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi urebana ay’ingwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagize icyo uvuga ku byawuvugwagaho ko wacitsemo ibice, ubitera utwatsi, ahubwo uvuga ko hari ababyihishe inyuma kubera imigambi mibisha.

Ni nyuma y’uko uyu mutwe wari umaze iminsi uvugwaho ko wacitsemo ibice, kubera kutabona ibintu kimwe kwa bamwe mu bawugize, bigatuma batarebana neza.

Ibi kandi byari byabaye muri 2013 ubwo uyu mutwe wari ufite ingufu, ariko ukaza guhagurukirwa hakoreshejwe imbaraga za gisirikare, zaje no kuwusenya.

Uku gucikamo ibice kwabaye muri icyo gihe, kwaje no gutuma ukozanyaho hagati y’abawugize, biri no mu byatumye ucika imbaraga kuko wari wazitatanyije.

Uyu mutwe wongeye kubura umutwe kuva mu mwaka ushize, kuri iyi nshuro uramagana ibyo kuba wongeye gucikamo ibice.

Umuvugizi wa M23 Maj Willy Ngoma, yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko ibyabaye muri kiriya gihe, bidateze kongera kubaho, nubwo hari ababyifuza.

Yagize ati “Ntabwo tuzigera ducikamo ibice, dufite impamvu imwe, intego imwe n’ingengabitekerezo imwe, ibyo abantu bavuga byose si byo, nta gucikamo ibice kwabayeho.”

Maj Willy Ngoma avuga ko inzego za M23 zigihagaze bwuma kandi ko zikimeze uko zisanzwe, ndetse ko abayobobozi bawo bakiri ba bandi, barimo Perezida wayo, Betrand Bisimwa ndetse n’Umugaba Mukuru wayo, Gen Sultan Makenga.

Uyu muvugizi wa M23, avuga ko ayo makuru yatangajwe yo gucikamo ibice k’uyu mutwe, ari ibinyoma byahimbwe na Guverinoma ya Kinshasa, bigamije kuyobya abantu no gushaka kuryanisha abagize uyu mutwe, ngo ucikemo ibice nk’uko ibyifuza.

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganziba bwa bamwe bwakunze guhonyorwa n’imitwe yitwaje intwaro n’iy’iterabwoba nka FDLR igizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ifatanyije n’inzego z’umutekano za kiriya Gihugu.

Ibibazo by’uyu mutwe, byahagurukije imiryango mpuzamahanga inyuranye kuva ku Muryango w’Abibumbye kugeza ku wa Afurika y’Iburasirazuba, yose yagiye ihuriza ku kuba Guverinoma ya DRC ikwiye kuganira n’uyu mutwe, mu gihe ubu butegetsi bwinangiye buvuga ko butaganira n’uyu mutwe, bwamaze kwita uw’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 16 =

Previous Post

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Next Post

Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.