Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko mu mirwano iwuhanganishije na FARDC yiyambaje abandi barwanyi, wafashe abasirikare b’u Burundi, nyuma y’igihe utangaza ko na bo bari mu bari gufasha uruhande bahanganye.

Ni mu mirwano ikomeje gukomera mu bice binyuranye byegereye umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, binavugwa ko uyu mutwe wamaze kugota uyu mujyi.

Uyu mutwe watangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 05 Ugushyingo 2023, ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo, imirwano yubuye ndetse ikiriza umunsi wose.

M23 yavugaga ko FARDC ifatanyije n’abarwanyi yiyambaje, bagabye ibitero mu birindiro byayo mu bice bya Kitshanga na Bwiza, yatangaje ko n’ubundi yirwanyeho mu rwego rwo kwirinda no kurinda abaturage bari muri ibi bice.

Muri iyi mirwano kandi, M23 ivuga ko yafashe mpiri bamwe mu bari ku ruhande rwa FARDC, barimo abasirikare b’u Burundi, ikivugana abandi benshi.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yagize ati Twafashe abasirikare b’Abarundi bari mu mugambi wo kurimbura ubwoko. M23 iraza gutanga amakuru arambuye.”

Uyu mutwe kandi watangaje ko iyi mirwano yasize M23 ifashe ibindi bice, ibyambuye FARDC n’abarwanyi bayifasha, birimo Kilolirwe, Nturu, Burungu na Tebero.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, umutwe wa M23, watangaje ko n’ubundi imirwano yubuye, wongera kuvuga ko yatangijwe n’uruhande rwa FARDC mu bice bya Kibumba na Buhumba.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko iyi mirwano yubuye mu gitondo cya kare, aho FARDC na FDRL, Abacancuro ndetse n’indi mitwe, babyutse barasa mu bice bituyemo abaturage, ku buryo byashyize ubuzima bwabo mu kaga.

Umwe mu barwanyi bafashwe bivugwa ko ari umusirikare w’u Burundi
M23 kandi yongeye gufata izindi ntwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 11 =

Previous Post

Soudan: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abasivile bahitanywe n’ibisasu icyarimwe

Next Post

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze
FOOTBALL

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.