Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura

radiotv10by radiotv10
06/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yemeje ko yafashe mpiri abasirikare b’u Burundi n’izindi mbunda za rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko mu mirwano iwuhanganishije na FARDC yiyambaje abandi barwanyi, wafashe abasirikare b’u Burundi, nyuma y’igihe utangaza ko na bo bari mu bari gufasha uruhande bahanganye.

Ni mu mirwano ikomeje gukomera mu bice binyuranye byegereye umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, binavugwa ko uyu mutwe wamaze kugota uyu mujyi.

Uyu mutwe watangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 05 Ugushyingo 2023, ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo, imirwano yubuye ndetse ikiriza umunsi wose.

M23 yavugaga ko FARDC ifatanyije n’abarwanyi yiyambaje, bagabye ibitero mu birindiro byayo mu bice bya Kitshanga na Bwiza, yatangaje ko n’ubundi yirwanyeho mu rwego rwo kwirinda no kurinda abaturage bari muri ibi bice.

Muri iyi mirwano kandi, M23 ivuga ko yafashe mpiri bamwe mu bari ku ruhande rwa FARDC, barimo abasirikare b’u Burundi, ikivugana abandi benshi.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yagize ati Twafashe abasirikare b’Abarundi bari mu mugambi wo kurimbura ubwoko. M23 iraza gutanga amakuru arambuye.”

Uyu mutwe kandi watangaje ko iyi mirwano yasize M23 ifashe ibindi bice, ibyambuye FARDC n’abarwanyi bayifasha, birimo Kilolirwe, Nturu, Burungu na Tebero.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, umutwe wa M23, watangaje ko n’ubundi imirwano yubuye, wongera kuvuga ko yatangijwe n’uruhande rwa FARDC mu bice bya Kibumba na Buhumba.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko iyi mirwano yubuye mu gitondo cya kare, aho FARDC na FDRL, Abacancuro ndetse n’indi mitwe, babyutse barasa mu bice bituyemo abaturage, ku buryo byashyize ubuzima bwabo mu kaga.

Umwe mu barwanyi bafashwe bivugwa ko ari umusirikare w’u Burundi
M23 kandi yongeye gufata izindi ntwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Soudan: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abasivile bahitanywe n’ibisasu icyarimwe

Next Post

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Related Posts

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura
MU RWANDA

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Urupfu rwa Prof. Rwanyindo wagize uruhare mu kubaka amahoro rwashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.