Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Bamwe mu barwanyi ba M23

Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23, wongeye kugaragaza ko ufite ubushake bwo kuba ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakemuka, ariko wibutsa Guverinoma y’iki Gihugu ko ikomeje kuvunira ibiti mu matwi ku ngingo yo kugirana ibiganiro.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’uyu mutwe, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, ritangira uyu mutwe uvuga ko ukomeje kugira ubushake bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro yo kurangiza ibi bibazo.

Uyu mutwe uvuga kandi ko wagaragaje ubushake bwo gushyira mu bikorwa ibyo wasabwe, wavuze ko “ugitegereje ibiganiro bitaziguye hagati ya Guverinoma ya DRC nk’uko bikubiye mu ibaruwa n’ubushake by’itangazo ry’inama y’Abakuru b’Ibihugu ya 20, yabaye tariki 04 Mata 2023 i Bujumbura mu Burundi.”

M23 ivuga ko kugeza ubu M23 itarashyirwa mu biganiro by’amahoro kuva byakwemezwa n’Abakuru b’Ibihugu, nyamara biri mu bigomba kuzatuma haboneka amahoro.

M23 kandi ivuga ahubwo hakomeje kugaragara ibikorwa binyuranyije no guhagarika imirwano, ndetse n’ibihonyora uburenganzira bwa muntu, imbwirwaruhame z’urwangano bikorerwa ubwoko bumwe.

Yavuze ko ibikorwa nk’ibi birimo gutwikira bamwe, byabaye mu gace ka Kilorirwe hagati ya tariki 13, 14 n’iya 16 z’uku kwezi kwa Kamena, byakozwe n’igisirikare cya Leta ya Congo.

Umutwe wa M23, wakunze kuvuga ko igihe cyose hatazabaho ibiganiro hagati yawo na Guverinoma ya Congo, bigoye ko ibibazo bizabonerwa umuti, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu, na bwo bwatsembye ko budateze kuganira n’uyu mutwe, bwamaze kwita uw’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twelve =

Previous Post

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Next Post

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.