Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Bamwe mu barwanyi ba M23

Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23, wongeye kugaragaza ko ufite ubushake bwo kuba ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakemuka, ariko wibutsa Guverinoma y’iki Gihugu ko ikomeje kuvunira ibiti mu matwi ku ngingo yo kugirana ibiganiro.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’uyu mutwe, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, ritangira uyu mutwe uvuga ko ukomeje kugira ubushake bwo gushyira mu bikorwa imyanzuro yo kurangiza ibi bibazo.

Uyu mutwe uvuga kandi ko wagaragaje ubushake bwo gushyira mu bikorwa ibyo wasabwe, wavuze ko “ugitegereje ibiganiro bitaziguye hagati ya Guverinoma ya DRC nk’uko bikubiye mu ibaruwa n’ubushake by’itangazo ry’inama y’Abakuru b’Ibihugu ya 20, yabaye tariki 04 Mata 2023 i Bujumbura mu Burundi.”

M23 ivuga ko kugeza ubu M23 itarashyirwa mu biganiro by’amahoro kuva byakwemezwa n’Abakuru b’Ibihugu, nyamara biri mu bigomba kuzatuma haboneka amahoro.

M23 kandi ivuga ahubwo hakomeje kugaragara ibikorwa binyuranyije no guhagarika imirwano, ndetse n’ibihonyora uburenganzira bwa muntu, imbwirwaruhame z’urwangano bikorerwa ubwoko bumwe.

Yavuze ko ibikorwa nk’ibi birimo gutwikira bamwe, byabaye mu gace ka Kilorirwe hagati ya tariki 13, 14 n’iya 16 z’uku kwezi kwa Kamena, byakozwe n’igisirikare cya Leta ya Congo.

Umutwe wa M23, wakunze kuvuga ko igihe cyose hatazabaho ibiganiro hagati yawo na Guverinoma ya Congo, bigoye ko ibibazo bizabonerwa umuti, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu, na bwo bwatsembye ko budateze kuganira n’uyu mutwe, bwamaze kwita uw’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

Next Post

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Abakekwaho gushinga itsinda ryari ryarayogoje rubanda basanzwe ahafite icyo hasobanuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.