Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye guha gasopo FARDC na FDLR kubera ikosa ritihanganirwa bakoze

radiotv10by radiotv10
29/12/2022
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye guha gasopo FARDC na FDLR kubera ikosa ritihanganirwa bakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buratangaza ko FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR noneho bagabye igitero cy’indege y’intambara ku basivile bahungiye kuri uyu mutwe, kandi ko udashobora kwipfumbata ngo ubirebere.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022, uyu mutwe uvuga ko ku wa Gatandatu w’iki cyumweru tariki 31 Ukuboza 2022 uzagirana inama n’ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) mu rwego rwo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama zitandukanye zirimo izabere i Luanda.

Ni imyanzuro iri mu murongo umwe n’uherutse gufatwa n’uyu mutwe wo kurekura agace ka Kibumba, ukagashyikiriza izi ngabo za EACRF mu gikorwa cyabaye mu cyumweru gishize.

Gusa uyu mutwe uvuga ko nubwo ukomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza iyi myanzuro, ariko ubufatanye bwa FARDC n’indi mitwe irimo FDLR, APCLS, Nyatura, CODECO na Mai-Mai, bakomeje kuwushotora bawugabaho ibitero.

Iri tangazo rigira riti “Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022, ubwo bufatanye bwa Guverinoma ya DRC bwakoresheje ibisasu biremereye ndetse n’indege z’intambara za Sukhoi mu kugaba ibitero ku baturage bavanywe mu byabo bakaba bacumbitse nk’impunzi mu bice tugenzura nyamara barahunze ubwo bufatanye.”

M23 ikomeza ivuga ko ibi bigaragaza ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kurenga ku mbaraga z’akarere ndetse n’indi miryango mpuzamahanga zo gushaka umuti w’ibibazo.

Iti “Nyamara M23 yo igikomeje guhagarara ku mwanzuro wo guhagarika imirwano nkuko biteganywa n’imyanzuro y’inama y’i Luanda.”

Iri tangazo rya M23 rikomeza rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu M23 ntabwo izicara ngo irebere ubwicanyi bukorerwa inzirakarengane mu bice igenzura, nkuko abantu bakomeje kwicirwa muri Ituri, muri Kivu ya Ruguru no muri Kivu y’Epfo bicwa n’ubwo bufatanye bwa Guverinoma ya DRC, bityo rero izakomeza kwirinda no kurinda abaturage b’abasivile bo mu bice iri gucunga.”

Uyu mutwe wa M23 usoza uvuga ko uzakomeza gushyigikira imbaraga zose z’Abakuru b’Ibihugu byo mu karere zigamije gushaka umuti w’amahoro, uboneraho kongera gusaba ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

DRC: Abaminisitiri bo mu ishyaka ry’umuherwe Katumbi bakomeje gukura akarenge muri Guverinoma

Next Post

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Related Posts

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Mu gihe intamabara ihanganishije Igisirikare cya Sudan na Rapid Support Forces ikomeje guhindura isura, Guverinoma y’iki Gihugu, yacanye umubano na...

DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

by radiotv10
07/05/2025
0

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n'igico batezwe...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.