• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahaye ikaze undi mutwe witwaje intwaro wa FCR (Front Commun de la Résistance), uvuga ko uko kunguka imbaraga bizafasha mu gukomeza urugamba rwo kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma y’itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’uyu mutwe wa ‘Front Commun de la Résistance’ (FCR), rikanashimangirwa n’ubuyobozi bw’Ihuriro rya AFC/M23.

Mu butumwa bwanditse bwatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yatambukije kuri X, yavuze ko uyu mutwe wa “Front Commun de la Résistance (FCR) wiyunze ku mugaragaro kuri Alliance Fleuve Congo (AFC/M23).”

Yakomeje agira ati “Ubu bumwe burongera imbaraga mu rugamba rwo guharanira ubwisanzure bwa Congo yigenga. Turahamagarira indi mitwe yitwaje intwaro yose, abanyapolitiki ndetse n’Imiryango y’Abanyekongo kugenza nk’uku.”

Ubu butumwa bwanditse bwa Lawrence Kanyuka, buherekejwe n’amashusho y’ubuyobozi bw’umutwe wa FCR, bugaragaza ko uyu mutwe wiyemeje kwiyunga kuri M23 ku mugaragaro.

Muri iri tangazo ryasomwe n’Umuvugizi wa FCR, Col. Augustin Darwin; yavuze ko nk’uyu mutwe ukorera muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo, bafashe iki cyemezo “tugendeye ku miyoborere mibi y’Igihugu, y’ubutegetsi bwa Kinshasa, igaragazwa n’amasezerano adashyirwa mu bikorwa, kunyereza umutungo w’Igihugu, gukura abaturage mu byabo,…”

Yakomeje agaragaza ko byumwihariko ibi bibazo byugarije abatuye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko ibibazo by’umutekano byifashe nabi muri iki gihe.

Yavuze nk’ibice byugarijwe cyane, birimo Beni, Lubero uri Kivu ya Ruguru, ndetse na Ituri muri Kivu y’Epfo, ahakomeje kubera amarorerwa akorwa n’imitwe nka ADF, FDLR bishyigikiwe n’igisirikare cy’Igihugu FARDC.

Yakomeje avuga kandi ko ibi hiyongeraho no “kuba nta bushake buhari bw’ubuyobozi bw’Igihugu mu gushakira umuti ibi bibazo no gufata inshingano mu kurandura iyi mitwe yitwaje intwaro, ahubwo bukayinjiza mu gisirikare cy’Igihugu.”

Ndetse anongeraho ko igisirikare cya Congo (FARDC) kijanditse mu bikorwa by’ubujura, ndetse kikaba gikoreshwa mu bujura bw’amabuye y’agaciro ndetse kikaba cyaragiye kigaragaza imbaraga nke kigenda kiva mu bice bitandukanye nta mpamvu, aho abasirikare banyuraga hose bakaba bararangwaga n’ibikorwa bibi by’ubujura, no gusambanya abagore.

Ati “Iyi myitwarire igayitse, ituma FARDC iba umwanzi wa mbere w’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Uyu muvugizi wa FCR yaboneyeho kugenera ubutumwa igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ko kigomba kuva mu bice byose kirimo bitarenze amasaha 24.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 4 =

Previous Post

Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga

Next Post

Centrafrique: Abasirikare ba RDF b’igitsinagore bifatanyije n’abagore kwizihiza umunsi wabo (AMAFOTO)

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Centrafrique: Abasirikare ba RDF b’igitsinagore bifatanyije n’abagore kwizihiza umunsi wabo (AMAFOTO)

Centrafrique: Abasirikare ba RDF b’igitsinagore bifatanyije n’abagore kwizihiza umunsi wabo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.