Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahaye ikaze undi mutwe witwaje intwaro wa FCR (Front Commun de la Résistance), uvuga ko uko kunguka imbaraga bizafasha mu gukomeza urugamba rwo kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma y’itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’uyu mutwe wa ‘Front Commun de la Résistance’ (FCR), rikanashimangirwa n’ubuyobozi bw’Ihuriro rya AFC/M23.

Mu butumwa bwanditse bwatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yatambukije kuri X, yavuze ko uyu mutwe wa “Front Commun de la Résistance (FCR) wiyunze ku mugaragaro kuri Alliance Fleuve Congo (AFC/M23).”

Yakomeje agira ati “Ubu bumwe burongera imbaraga mu rugamba rwo guharanira ubwisanzure bwa Congo yigenga. Turahamagarira indi mitwe yitwaje intwaro yose, abanyapolitiki ndetse n’Imiryango y’Abanyekongo kugenza nk’uku.”

Ubu butumwa bwanditse bwa Lawrence Kanyuka, buherekejwe n’amashusho y’ubuyobozi bw’umutwe wa FCR, bugaragaza ko uyu mutwe wiyemeje kwiyunga kuri M23 ku mugaragaro.

Muri iri tangazo ryasomwe n’Umuvugizi wa FCR, Col. Augustin Darwin; yavuze ko nk’uyu mutwe ukorera muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo, bafashe iki cyemezo “tugendeye ku miyoborere mibi y’Igihugu, y’ubutegetsi bwa Kinshasa, igaragazwa n’amasezerano adashyirwa mu bikorwa, kunyereza umutungo w’Igihugu, gukura abaturage mu byabo,…”

Yakomeje agaragaza ko byumwihariko ibi bibazo byugarije abatuye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko ibibazo by’umutekano byifashe nabi muri iki gihe.

Yavuze nk’ibice byugarijwe cyane, birimo Beni, Lubero uri Kivu ya Ruguru, ndetse na Ituri muri Kivu y’Epfo, ahakomeje kubera amarorerwa akorwa n’imitwe nka ADF, FDLR bishyigikiwe n’igisirikare cy’Igihugu FARDC.

Yakomeje avuga kandi ko ibi hiyongeraho no “kuba nta bushake buhari bw’ubuyobozi bw’Igihugu mu gushakira umuti ibi bibazo no gufata inshingano mu kurandura iyi mitwe yitwaje intwaro, ahubwo bukayinjiza mu gisirikare cy’Igihugu.”

Ndetse anongeraho ko igisirikare cya Congo (FARDC) kijanditse mu bikorwa by’ubujura, ndetse kikaba gikoreshwa mu bujura bw’amabuye y’agaciro ndetse kikaba cyaragiye kigaragaza imbaraga nke kigenda kiva mu bice bitandukanye nta mpamvu, aho abasirikare banyuraga hose bakaba bararangwaga n’ibikorwa bibi by’ubujura, no gusambanya abagore.

Ati “Iyi myitwarire igayitse, ituma FARDC iba umwanzi wa mbere w’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Uyu muvugizi wa FCR yaboneyeho kugenera ubutumwa igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ko kigomba kuva mu bice byose kirimo bitarenze amasaha 24.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 13 =

Previous Post

Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga

Next Post

Centrafrique: Abasirikare ba RDF b’igitsinagore bifatanyije n’abagore kwizihiza umunsi wabo (AMAFOTO)

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Centrafrique: Abasirikare ba RDF b’igitsinagore bifatanyije n’abagore kwizihiza umunsi wabo (AMAFOTO)

Centrafrique: Abasirikare ba RDF b’igitsinagore bifatanyije n’abagore kwizihiza umunsi wabo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.