Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA
0
M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uremeza ko ubu ugenzura Rutshuru yose mu gihe Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kibihakana kikavuga ko uyu mujyi ukiri mu biganza byacyo.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu, hacicikanye amakuru mo Umutwe wa M23 wamaze gufata Rutshuru yose.

Mu butumwa bivugwa ko ari ubw’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma bwatambutse kuri Twitter muri iri joro, yemezaga ko bidasubirwaho ubu bagenzura Rutshuru yose.

Ubu butumwa bugira buti twishimiye kubamenyesha ko ubu Rutschuru yose iri mu biganza byacu.”

Nanone kandi ubutumwa bivugwa ko ari ubwa Gen Sultan Makenga, buvuga ko uyu mujyi wa Rutshuru wose uri mu biganza byabo.

Ubutumwa bw’uwitwa Sultan Makenga 23 kuri Twitter, bugira buti “Tubahaye ikaze mwese mu mujyi mushya wacu wa Rutshuru. Mwaba muzi undi mujyi ukurikiyeho se? wo ni rurangiza. Umusibo ejo nawo turawinjiramo.”

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu bikorwa byo guhashya M23 (Sukola II), Lt Col Ndjike yahakanye aya makuru y’ifatarwa rya Rutshuru avuga ko uyu mujyi ukiri mu biganza bya FARDC.

Uyu musirikare wa FARDC, yavuze ko ingabo z’Igihugu ziri mu mirwano ikomeye mu bice birimo agace ka Kabaya kari mu Bilometero bitanu uvuye ku kigo cya Gisirikare cya Rumangabo na cyo kiri kurwanirwa aho M23 yifuza kugifata.

Yagize ati ““Nitwe tugenzura umujyi wa Rutschuru n’inkengero zayo 100%. Umwanzi wacu yarabigerageje biramunanira.”

Umutwe wa M23, ukomeje kotsa igitutu FARDC, uherutse kugaragaza urutonde rw’uduce 15 iri kugenzura mu buryo bwuzuye.

Utu duce yadutangaje mu gihe hagiye gushira ukwezi uyu mutwe ufashe Umujyi wa Bunagana uri ku mupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 11 =

Previous Post

Amahitamo ni ay’Abanyarwanda- Perezida Kagame asubije abibaza niba muri 2024 aziyamamaza

Next Post

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.