Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA
0
M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uremeza ko ubu ugenzura Rutshuru yose mu gihe Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kibihakana kikavuga ko uyu mujyi ukiri mu biganza byacyo.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu, hacicikanye amakuru mo Umutwe wa M23 wamaze gufata Rutshuru yose.

Mu butumwa bivugwa ko ari ubw’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma bwatambutse kuri Twitter muri iri joro, yemezaga ko bidasubirwaho ubu bagenzura Rutshuru yose.

Ubu butumwa bugira buti twishimiye kubamenyesha ko ubu Rutschuru yose iri mu biganza byacu.”

Nanone kandi ubutumwa bivugwa ko ari ubwa Gen Sultan Makenga, buvuga ko uyu mujyi wa Rutshuru wose uri mu biganza byabo.

Ubutumwa bw’uwitwa Sultan Makenga 23 kuri Twitter, bugira buti “Tubahaye ikaze mwese mu mujyi mushya wacu wa Rutshuru. Mwaba muzi undi mujyi ukurikiyeho se? wo ni rurangiza. Umusibo ejo nawo turawinjiramo.”

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu bikorwa byo guhashya M23 (Sukola II), Lt Col Ndjike yahakanye aya makuru y’ifatarwa rya Rutshuru avuga ko uyu mujyi ukiri mu biganza bya FARDC.

Uyu musirikare wa FARDC, yavuze ko ingabo z’Igihugu ziri mu mirwano ikomeye mu bice birimo agace ka Kabaya kari mu Bilometero bitanu uvuye ku kigo cya Gisirikare cya Rumangabo na cyo kiri kurwanirwa aho M23 yifuza kugifata.

Yagize ati ““Nitwe tugenzura umujyi wa Rutschuru n’inkengero zayo 100%. Umwanzi wacu yarabigerageje biramunanira.”

Umutwe wa M23, ukomeje kotsa igitutu FARDC, uherutse kugaragaza urutonde rw’uduce 15 iri kugenzura mu buryo bwuzuye.

Utu duce yadutangaje mu gihe hagiye gushira ukwezi uyu mutwe ufashe Umujyi wa Bunagana uri ku mupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + twenty =

Previous Post

Amahitamo ni ay’Abanyarwanda- Perezida Kagame asubije abibaza niba muri 2024 aziyamamaza

Next Post

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.