Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA
0
M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uremeza ko ubu ugenzura Rutshuru yose mu gihe Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kibihakana kikavuga ko uyu mujyi ukiri mu biganza byacyo.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu, hacicikanye amakuru mo Umutwe wa M23 wamaze gufata Rutshuru yose.

Mu butumwa bivugwa ko ari ubw’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma bwatambutse kuri Twitter muri iri joro, yemezaga ko bidasubirwaho ubu bagenzura Rutshuru yose.

Ubu butumwa bugira buti twishimiye kubamenyesha ko ubu Rutschuru yose iri mu biganza byacu.”

Nanone kandi ubutumwa bivugwa ko ari ubwa Gen Sultan Makenga, buvuga ko uyu mujyi wa Rutshuru wose uri mu biganza byabo.

Ubutumwa bw’uwitwa Sultan Makenga 23 kuri Twitter, bugira buti “Tubahaye ikaze mwese mu mujyi mushya wacu wa Rutshuru. Mwaba muzi undi mujyi ukurikiyeho se? wo ni rurangiza. Umusibo ejo nawo turawinjiramo.”

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu bikorwa byo guhashya M23 (Sukola II), Lt Col Ndjike yahakanye aya makuru y’ifatarwa rya Rutshuru avuga ko uyu mujyi ukiri mu biganza bya FARDC.

Uyu musirikare wa FARDC, yavuze ko ingabo z’Igihugu ziri mu mirwano ikomeye mu bice birimo agace ka Kabaya kari mu Bilometero bitanu uvuye ku kigo cya Gisirikare cya Rumangabo na cyo kiri kurwanirwa aho M23 yifuza kugifata.

Yagize ati ““Nitwe tugenzura umujyi wa Rutschuru n’inkengero zayo 100%. Umwanzi wacu yarabigerageje biramunanira.”

Umutwe wa M23, ukomeje kotsa igitutu FARDC, uherutse kugaragaza urutonde rw’uduce 15 iri kugenzura mu buryo bwuzuye.

Utu duce yadutangaje mu gihe hagiye gushira ukwezi uyu mutwe ufashe Umujyi wa Bunagana uri ku mupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eight =

Previous Post

Amahitamo ni ay’Abanyarwanda- Perezida Kagame asubije abibaza niba muri 2024 aziyamamaza

Next Post

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Njye sinihutira guteganya intambara-P.Kagame asubiza ku bivugwa ko Tshisekedi yashoza imirwano ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.