Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo
Share on FacebookShare on Twitter

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe buhoramo ibyishimo.

Ni mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ashimira abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko yagize ku ya 12 Mutarama.

Yatangiye ubutumwa bwe agira ati “Ndifuza gushimira byimazeyo abantu bose banyifurije isabukuru nziza ku ya 12 Mutarama 2026. Ubutumwa bwanyu bwiza kandi bukora ku mutima bwankoze ku mutima kandi bunyuzuzamo gushimira.”

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha yakomeje agira ati “Ndashaka kandi gushimira byimazeyo umugabo wanjye, Nyakubahwa Général Major Evariste Ndayishimiye, ufite urukundo n’ubutwari bitagira ingano bituma ubuzima bwanjye buhoramo ibyishimo nyakuri.”

Madamu Angeline kandi yanashimiye abana be ndetse n’inshuti z’umuryango we, bamufashije mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru y’imyaka 50 yujuje tariki 12 Mutarama 2026.

Ati “Ndashimira cyane abana banjye n’inshuti zanjye, bakoze ibishoboka byose kugira ngo uyu munsi ube uw’umwihariko kandi utazibagirana. Urukundo rwanyu n’inkunga yanyu bimpa imbaraga nyinshi kandi bikantera imbaraga zo gukurikirana inzozi zanjye. Ndashimira iteka ryose.”

Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha wavutse tariki 12 Mutarama 1976, mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza muri 2023 yahishuye byinshi ku buzima bwe bwite, birimo kuba yarabaye umusirikare akagira ipeti rya Lieutenant.

Yanavuze kandi ku rugendo rw’urukundo rwe na Evariste Ndayishimiye bamenyanye ubwo Angeline yari arangije umwaka wa karindwi w’amashuri abanza ubwo mu Gihugu cyabo cy’u Burundi cyarimo ibibazo bya politiki.

Icyo gihe yavuze ko yabaye kwa Nyirakuru wari uturanye n’iwabo w’umugabo we, akajya aza kumusura, bakiyemeza kwinjira mu mushinga w’urukundo rwaje gukura, kugeza bashakanye nk’umugore n’umugabo.

Perezida Ndayishimiye yashimiwe n’umugore we ko atuma ubuzima bwe buhoramo ibyishimo
Umuryango we wamufashije kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’amavuko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Next Post

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.