Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru

radiotv10by radiotv10
18/04/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bari bazwiho gufana mu buryo budasanzwe ikipe ya Rayon Sports uzwi nka Malaika, kuri iki Cyumweru yatunguranye, agaragara yambaye umukara n’umweru agiye gufana APR FC ikaba mukeba udasanzwe wa Rayon.

Ni ibintu byatunguye abakunzi ba ruhago mu Rwanda, bibajije icyatumye uyu wari uzwiho kuba umufana weruye wa Rayon Sports ahindura amayira akajya inyuma y’ikipe ifatwa nka Mukeba udasanzwe w’ikipe yafanaga.

Malaika wajyaga aragaragara ashyigikiye Rayon Sports mu buryo budasanzwe, yabwiye RADIOTV10 ko iki cyemezo cyo gufana ikipe ya APR yagifashe yagitekerejeho kuko ari umuntu mukuru uzi amahitamo amukwiriye.

Yagize ati “Njyewe nta muntu untekerereza, mfita imyaka y’ubukure, bishatse kuvuga ngo naturutse iwanjye nambaye gutya nza gufana APR.”

Kuri iki Cyumweru APR FC isa nk’ihanganiye igikombe na Kiyovu Sports, yaraye yisubije umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Bugesera FC igitego kimwe cyabonetse ku munota wa nyuma bituma ihita igira amanota 51 mu gihe Kiyovu ifite 50.

Ikipe ya Rayon Sports idaheruka igikombe, yo iri ku mwanya wa kane n’amanota 38. Bivuze ko irushwa na APR FC amanota 13.

Malaika waje gufana APR mu mukino yisubirijemo umwanya wayo wa mbere, yavuze icyatumye yiyemeza gufana APR FC.

Ati “Niba twebwe isosi yaraguyemo inshishi waretse tukishimira aho tugeze, ko umuntu amenya iminsi amaze amenya iyo asigaje!”

Ntibyari bimenyerewe ko hari umufana uva muri Rayon ngo ajye muri APR kuko aya makipe yombi azwiho ubukeba bukomeye ndetse bikanagaragarira mu bakunzi bayo aho uyu Malaika wiyemeje gufana APR yakundaga kugaragara ahanganye cyane n’uwitwa Nyiragasazi na we usanzwe yarihebeye APR FC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − seven =

Previous Post

Perezida Kagame yavuye muri Barbados anyura muri Senegal aganira na Macky Sall

Next Post

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.