Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru

radiotv10by radiotv10
18/04/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bari bazwiho gufana mu buryo budasanzwe ikipe ya Rayon Sports uzwi nka Malaika, kuri iki Cyumweru yatunguranye, agaragara yambaye umukara n’umweru agiye gufana APR FC ikaba mukeba udasanzwe wa Rayon.

Ni ibintu byatunguye abakunzi ba ruhago mu Rwanda, bibajije icyatumye uyu wari uzwiho kuba umufana weruye wa Rayon Sports ahindura amayira akajya inyuma y’ikipe ifatwa nka Mukeba udasanzwe w’ikipe yafanaga.

Malaika wajyaga aragaragara ashyigikiye Rayon Sports mu buryo budasanzwe, yabwiye RADIOTV10 ko iki cyemezo cyo gufana ikipe ya APR yagifashe yagitekerejeho kuko ari umuntu mukuru uzi amahitamo amukwiriye.

Yagize ati “Njyewe nta muntu untekerereza, mfita imyaka y’ubukure, bishatse kuvuga ngo naturutse iwanjye nambaye gutya nza gufana APR.”

Kuri iki Cyumweru APR FC isa nk’ihanganiye igikombe na Kiyovu Sports, yaraye yisubije umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Bugesera FC igitego kimwe cyabonetse ku munota wa nyuma bituma ihita igira amanota 51 mu gihe Kiyovu ifite 50.

Ikipe ya Rayon Sports idaheruka igikombe, yo iri ku mwanya wa kane n’amanota 38. Bivuze ko irushwa na APR FC amanota 13.

Malaika waje gufana APR mu mukino yisubirijemo umwanya wayo wa mbere, yavuze icyatumye yiyemeza gufana APR FC.

Ati “Niba twebwe isosi yaraguyemo inshishi waretse tukishimira aho tugeze, ko umuntu amenya iminsi amaze amenya iyo asigaje!”

Ntibyari bimenyerewe ko hari umufana uva muri Rayon ngo ajye muri APR kuko aya makipe yombi azwiho ubukeba bukomeye ndetse bikanagaragarira mu bakunzi bayo aho uyu Malaika wiyemeje gufana APR yakundaga kugaragara ahanganye cyane n’uwitwa Nyiragasazi na we usanzwe yarihebeye APR FC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Perezida Kagame yavuye muri Barbados anyura muri Senegal aganira na Macky Sall

Next Post

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.