Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa byo gushakisha indege ya gisirikare yaburiwe irengero yari irimo Visi Perezida w’Igihugu cya Malawi, Saulos Klaus Chilima n’abandi bantu icyenda birakomeje, ariko birakekwa ko yakoreye impanuka mu ishyamba nk’uko amakuru mashya abivuga.

Iyi ndege ya Gisirikare, yaburiwe irengero mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024 ubwo yari yahagurutse ku kibuga cy’indege cy’umurwa mukuru Lilongwe saa tatu n’iminota cumi n’irindwi, biteganyijwe ko igera ku kibuga cy’indege kiri mu mujyi wa Mzuzu, saa yine n’iminota ibiri.

Mu ijambo rye yanyujije kuri televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yavuze ko indege imaze kugera ku kibuga cy’indege cya Mzuzu, itabashije kururuka kuko uwari uyitwaye atabashaga kubona neza aho amanukira bitewe n’ikirere kitari kimeze neza.

Abashinzwe kumuyobora, bamugiriye inama yo gusubira mu kirere agasubira i Lilongwe aho yaturutse, ariko nyuma y’iminota micye itumanaho rivaho, ni ko kuburirwa irengero, kugeza kuri uyu wa Kabiri itaraboneka.

Perezida Chakwera, yavuze ko yitabaje ibihugu baturanye n’ibya kure birimo America, u Bwongereza, Norvege na Israel, ngo bimutabare muri uru rugamba rwo gushakisha iyi ndege yari irimo abarimo Visi Perezida w’Igihugu.

Kuri uyu wa Kabiri, Umugaba Mukuru w’Ingabo muri Malawi, Gen Paul Valentino Phiri; yabwiye Itangazamakuru ko iyi ndege ishobora kuba yakoreye impanuka mu ishyamba rya Chikangawa riherereye mu majyaruguru y’Igihugu.

Gen Paul Valentino wavuze ko hari ibihu byinshi bitwikiriye iri shyamba, ku buryo kubasha kubona muri iri shyamba bikekwa ko ryabereyemo iyi mpanuka, biri kugorana.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fifteen =

Previous Post

Bamwe mu babariwe ko bazimurwa ahazubakwa Sitade ya Nyanza bamaze umwaka mu gihirahiro

Next Post

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.