Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa byo gushakisha indege ya gisirikare yaburiwe irengero yari irimo Visi Perezida w’Igihugu cya Malawi, Saulos Klaus Chilima n’abandi bantu icyenda birakomeje, ariko birakekwa ko yakoreye impanuka mu ishyamba nk’uko amakuru mashya abivuga.

Iyi ndege ya Gisirikare, yaburiwe irengero mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024 ubwo yari yahagurutse ku kibuga cy’indege cy’umurwa mukuru Lilongwe saa tatu n’iminota cumi n’irindwi, biteganyijwe ko igera ku kibuga cy’indege kiri mu mujyi wa Mzuzu, saa yine n’iminota ibiri.

Mu ijambo rye yanyujije kuri televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yavuze ko indege imaze kugera ku kibuga cy’indege cya Mzuzu, itabashije kururuka kuko uwari uyitwaye atabashaga kubona neza aho amanukira bitewe n’ikirere kitari kimeze neza.

Abashinzwe kumuyobora, bamugiriye inama yo gusubira mu kirere agasubira i Lilongwe aho yaturutse, ariko nyuma y’iminota micye itumanaho rivaho, ni ko kuburirwa irengero, kugeza kuri uyu wa Kabiri itaraboneka.

Perezida Chakwera, yavuze ko yitabaje ibihugu baturanye n’ibya kure birimo America, u Bwongereza, Norvege na Israel, ngo bimutabare muri uru rugamba rwo gushakisha iyi ndege yari irimo abarimo Visi Perezida w’Igihugu.

Kuri uyu wa Kabiri, Umugaba Mukuru w’Ingabo muri Malawi, Gen Paul Valentino Phiri; yabwiye Itangazamakuru ko iyi ndege ishobora kuba yakoreye impanuka mu ishyamba rya Chikangawa riherereye mu majyaruguru y’Igihugu.

Gen Paul Valentino wavuze ko hari ibihu byinshi bitwikiriye iri shyamba, ku buryo kubasha kubona muri iri shyamba bikekwa ko ryabereyemo iyi mpanuka, biri kugorana.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 7 =

Previous Post

Bamwe mu babariwe ko bazimurwa ahazubakwa Sitade ya Nyanza bamaze umwaka mu gihirahiro

Next Post

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.