• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MALI: Perezida w’igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
21/07/2021
in MU RWANDA
0
MALI: Perezida w’igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

AFP, ibiro ntaramakuru by’abafaransa bivuga ko  Perezida Assimi Goita wafashe ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Mali ku munsi w’irayidi ubwo abasiramu basengaga  mu musigiti munini uri mu murwa i Bamako, umugizi wa nabi witwaje icyuma yashatse kumwica ariko abamurinda bahita batabara.

Perezidansi ya Mali yavuze ko uwaje aje kwica Perezida yarafite uburinzi ,kuri ubu iperereza rikaba rigikomeje.

Bivugwa ko aho Perezida yarari hagaragaye amaraso ariko ngo ntihamenyekanye uwakomeretse,icyakora ibiro bya perezida byavuze ko Goita ameze neza ntakibazo afite.

Perezida Assimi Goïta w’imyaka 37 yarahiriye kwicara ku ntebe ya Perezida muri Mali mu kwezi gushize ariko ubutegetsi bwe ntibwavuzweho rumwe kubera uburyo yabufashe.

Muri Kanama 2020, ni bwo Colonel Goïta yayoboye Coup d’etat yasize ikuye ku butegetsi Ibrahim Boubacar Keita nyuma y’igihe igihugu kirimo imyigaragambyo yo kwijujutira ruswa no kunanirwa gukemura ibibazo by’umutekano byibasiriye iki gihugu kuva mu 2012.

Goïta yahise agirwa Visi Perezida wa Mali muri Guverinoma y’inzibacyuho yashyizweho mu gutegura igihugu kuzasubiza ubutegetsi mu maboko y’abasivili bitarenze Gashyantare 2022.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ruhango: Ibyiciro by’ubudehe hari abo byabujije kujya kwiga Kaminuza kandi bafite amanota ahagije

Next Post

Byiringiro Lague uvuga ko yatsinzwe igeragezwa mu Busuwisi, aragera mu Rwanda kuri uyu wa kane

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Byiringiro Lague uvuga ko yatsinzwe igeragezwa mu Busuwisi, aragera mu Rwanda kuri uyu wa kane

Byiringiro Lague uvuga ko yatsinzwe igeragezwa mu Busuwisi, aragera mu Rwanda kuri uyu wa kane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.