Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

radiotv10by radiotv10
04/10/2021
in SIPORO
0
Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo ikipe ya Manchester United yanganyaga na Everton mu mukino w’umunsi wakarindwi wa shampiyona y’Abongereza, agashya kabaye muri uyu mukino n’uko kizigenza Cristiano Ronaldo atari mu bakinnyi 11 ba Manchester United, Ole Gunnar Solskajaer umutoza w’iyi kipe ntiyicuza kuri iki cyemezo.

Manchester United niyo yafunguye amazamu ku munota wa 43’ biciye mu gitego cya Anthony Martial, igitego cyaje kwishyurwa na Andros Townsend ku munota wa 65’.

Sky Sports inafite uburenganzira bwo kwerekana shampiyona y’Abongereza ivuga ko ubwo umukino wari urangiye, Cristiano Ronaldo atatinze mu kibuga asuhuzanya na bagenzi be ahubwo ko yahise yikubita n’umujinya mwinshi agana mu rwambariro.

Cristiano Ronaldo always scores, even when team's playing bad: Nemanja  Matic | Sports News,The Indian Express

Cristiano Ronaldo yereka bagenzi be aho bakabaye banyuza umupira

Nyuma nibwo abanyamakuru baje kubaza Ole Gunnar Solskjaer niba ntacyo yicuza ku kuba yarafashe umwanzuro wo kumubanza hanze bikarangira ikipe ibuza amanota atatu y’umunsi.

Asubiza kuri iyi ngingo, Ole Gunnar Solskjaer yateruye agira ati” Oya! Ntabwo mbyicuza na gato kuko buriya ufata ibyemezo by’igihe kirekire binajyanye n’igihe umwaka w’imikino umara. Uba ugomba kumenya uko utwara abakinnyi, ukamenya gucunga imibiri yabo. Haracyari imikino myinshi idutegereje. Ndumva rero umwanzuro nafashe wari ngombwa.”

Press Conference: Ole Gunnar Solskjaer on Maguire, Cavani, Liverpool clash  and more

Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

Agaruka ku ngingo yo kuba yarafashe umwanzuro wo kubanzamo Edinson Cavani na Anthony Martial nk’abakinnyi bataha izamu, Ole yagize ati “Anthony Martial yabyitwayemo neza, yatsinze igitego cyiza. Edinson (Cavani) nawe mu by’ukuri akeneye iminota myinshi yo gukina kandi byanashobokaga ko yabona igitego. Tugomba gufata iyo myanzuro yose mu gihe nyacyo”

Chelsea's Thomas Tuchel Speaks On Cristiano Ronaldo Ahead of Juventus -  Sports Illustrated Chelsea FC News, Analysis and More

Cristiano Ronaldo yinjiye mu kibuga ku munota wa 55′ nyuma y’iminota 10 Manchester United yishyurwa igitego

Ole Gunnar Solskjaer avuga ko uyu mukino wabagoye mu minota ya nyuma kuko ngo abona ko hari uburyo bwinshi Manchester United yagombaga kubonamo ibitego ariko amahirwe abakinnyi barimo Fred na Ronaldo bitababareye amahire mu kuboneza mu izamu.

Ntabwo akazi gakomeye karangiye kuri Manchester United kuko nyuma y’imikino y’ibihugu, Manchester United izahita isura Leicester, yakire Liverpool, isure Tottenham inakire Manchester City. Manchester United kandi izakina na Atalanta mu mikino y’amatsinda ya UEFA Champions League.

Kugeza ubu, Manchester United iri ku mwanya wa kane n’amanota 14mu gihe ikipe ya Chelsea ari iya mbere n’amanota 16 mu mikino irindwi amakipe amaze gukina.

Liverpool yanganyije na Manchester City kuri ubu ni iya kabiri n’amanota 15 mu gihe Manchester City ari iya gatatu n’amanota 14.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Next Post

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.