Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Evode Uwizeyima wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ubu akaba ari Umusenateri, yavuze ko hari igihe umuntu ashobora kugirwa Minisitiri agashaka kwigereranya n’abo asanze muri Guverinoma, agashaka kubaho nka bo, bigatuma yisanga mu nzira zo gushaka amafaranga mu buryo butanoze, bikarangira atangiye gusurwa na RIB iwe mu rugo.

Senateri Evode Uwizeyimana yabivuze mu biganiro by’ihuriro rya 15 rya Unit Club Intwararumuri, umuryango uhuriyemo abari muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abafasha babo, byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Me Evode Uwizeyimana yagarukaga ku myitwarire ikwiye kuranga abayobozi kugira ngo babere urugero abaturage bayobora, ku buryo umuyobozi aba akwiye kwitwararika akanyura mu nzira igororotse.

Yavuze ko abayobozi bakwiye kunyurwa “ntidukoreshe ubuyobozi nk’inzira yo gukira vuba kandi byihuse” kandi bakirinda gutakarizwa icyizere, ubundi bakarangwa n’imyitwarire myiza.

Avuga ko bamwe mu bayobozi bisanga baguye mu mutego wo gushaka kwigereranya na bagenzi babo, ku buryo bashaka kubaho mu buzima buhenze nk’ubwo babonanye abandi.

Ariko akavuga ko ntawubuza abayobozi gutera imbere cyangwa gukira ku buryo “bafata imyenda muri za banki ngo na bo bakora ubucuruzi […] nagira ngo byumvikane neza abantu batumva ko ari ukuzirika abantu cyane kuko kwiteza imbere ntabwo mbona ari ikibazo ahubwo ikibazo ni ikintu cyo kwifuza kiri mu bayobozi bamwe na bamwe.”

Avuga ko icya mbere ari uko umuyobozi anyurwa n’ibyo agenerwa na Leta “Noneho akareka gukoresha ubuyobozi nk’inzira yamugeza ku bukire byihuse.”

Yatanze urugero rw’uko umuyobozi ashobora kwigereranya n’abandi bikamuganisha mu gukora ibyaha.

Ati “Iyo umuntu abaye Minisitiri, hariya mu Urugwiro hari ahantu twajyaga duparika imodoka, inama y’Abaminisitiri ya mbere ikirangira, umuntu aritegereza akareba bagenzi be imodoka bari kujyamo ahita asoma ubwoko bwayo inyuma, akabona ahanditse V8, akabona ahanditse VXL, akabaza ababizi ati ‘ariko bitandukanira he?’, na we agahita ayigura, nta kwezi gushira atayizana rwose…

Ariko ikibazo ni ukumenya niba afite ubushobozi bwo kuyitunga, kuko impamvu mbivuga ni uko hari igihe twisanga icyo kintu cyo kwigereranya n’abandi ugasanga ukora akazi kamwe n’umuntu ariko mudafite ubushobozi bungana.”

Avuga ko hari igihe mwembi mushobora kuba muri ba Minisitiri ariko uwinjiyemo vuba agashaka kwigereranya n’umaze igihe kinini muri Guverinoma cyangwa umwe afite imitungo akomora mu muryango avukamo.

Ati “Bugacya mu gitondo bakakubwira ko n’abana be biga muri Amerika, wenda hari igihe umwana yiga muri America ariko aba kwa Nyirasenge, nawe ugakodesha apartment muri America bugacya ukoherezayo umwana.”

Akomeza avuga ko iyo bigeze kuri uru rwego, wa muntu atangira gusabwa ubushobozi burenze ubwo afite cyangwa ubwo akura mu murimo asanzwe afite.

Ati “Iyo bitangiye kukunanira noneho ugakoresha na cya cyubahiro cy’ubuyobozi. Iyo umuntu ari umuyobozi hari igihe ajya muri banki akarega agatuza ibyo bikaba ari guaranty [ingwate], banki ikamuha amafaranga. Noneho iyo utangiye kurya amafaranga utarinjiza, uba urimo uragenda ujya mu isayo y’imyenda, iyo umaze kwisanga mu isayo y’imyenda ni byo bikujyana muri ya migirire na bya byaha bishobora kuzatuma RIB ikora visite de courtoisie [kugeza ibyaha] iwawe.”

Evode avuga ko umuyobozi mwiza akwiye kubera urugero abaturage, agakoresha neza ubushobozi bw’amafaranga ahembwa ku buryo yirinda gukoresha amafaranga arenze ayo yinjiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − four =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Next Post

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.