Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Evode Uwizeyima wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ubu akaba ari Umusenateri, yavuze ko hari igihe umuntu ashobora kugirwa Minisitiri agashaka kwigereranya n’abo asanze muri Guverinoma, agashaka kubaho nka bo, bigatuma yisanga mu nzira zo gushaka amafaranga mu buryo butanoze, bikarangira atangiye gusurwa na RIB iwe mu rugo.

Senateri Evode Uwizeyimana yabivuze mu biganiro by’ihuriro rya 15 rya Unit Club Intwararumuri, umuryango uhuriyemo abari muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abafasha babo, byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Me Evode Uwizeyimana yagarukaga ku myitwarire ikwiye kuranga abayobozi kugira ngo babere urugero abaturage bayobora, ku buryo umuyobozi aba akwiye kwitwararika akanyura mu nzira igororotse.

Yavuze ko abayobozi bakwiye kunyurwa “ntidukoreshe ubuyobozi nk’inzira yo gukira vuba kandi byihuse” kandi bakirinda gutakarizwa icyizere, ubundi bakarangwa n’imyitwarire myiza.

Avuga ko bamwe mu bayobozi bisanga baguye mu mutego wo gushaka kwigereranya na bagenzi babo, ku buryo bashaka kubaho mu buzima buhenze nk’ubwo babonanye abandi.

Ariko akavuga ko ntawubuza abayobozi gutera imbere cyangwa gukira ku buryo “bafata imyenda muri za banki ngo na bo bakora ubucuruzi […] nagira ngo byumvikane neza abantu batumva ko ari ukuzirika abantu cyane kuko kwiteza imbere ntabwo mbona ari ikibazo ahubwo ikibazo ni ikintu cyo kwifuza kiri mu bayobozi bamwe na bamwe.”

Avuga ko icya mbere ari uko umuyobozi anyurwa n’ibyo agenerwa na Leta “Noneho akareka gukoresha ubuyobozi nk’inzira yamugeza ku bukire byihuse.”

Yatanze urugero rw’uko umuyobozi ashobora kwigereranya n’abandi bikamuganisha mu gukora ibyaha.

Ati “Iyo umuntu abaye Minisitiri, hariya mu Urugwiro hari ahantu twajyaga duparika imodoka, inama y’Abaminisitiri ya mbere ikirangira, umuntu aritegereza akareba bagenzi be imodoka bari kujyamo ahita asoma ubwoko bwayo inyuma, akabona ahanditse V8, akabona ahanditse VXL, akabaza ababizi ati ‘ariko bitandukanira he?’, na we agahita ayigura, nta kwezi gushira atayizana rwose…

Ariko ikibazo ni ukumenya niba afite ubushobozi bwo kuyitunga, kuko impamvu mbivuga ni uko hari igihe twisanga icyo kintu cyo kwigereranya n’abandi ugasanga ukora akazi kamwe n’umuntu ariko mudafite ubushobozi bungana.”

Avuga ko hari igihe mwembi mushobora kuba muri ba Minisitiri ariko uwinjiyemo vuba agashaka kwigereranya n’umaze igihe kinini muri Guverinoma cyangwa umwe afite imitungo akomora mu muryango avukamo.

Ati “Bugacya mu gitondo bakakubwira ko n’abana be biga muri Amerika, wenda hari igihe umwana yiga muri America ariko aba kwa Nyirasenge, nawe ugakodesha apartment muri America bugacya ukoherezayo umwana.”

Akomeza avuga ko iyo bigeze kuri uru rwego, wa muntu atangira gusabwa ubushobozi burenze ubwo afite cyangwa ubwo akura mu murimo asanzwe afite.

Ati “Iyo bitangiye kukunanira noneho ugakoresha na cya cyubahiro cy’ubuyobozi. Iyo umuntu ari umuyobozi hari igihe ajya muri banki akarega agatuza ibyo bikaba ari guaranty [ingwate], banki ikamuha amafaranga. Noneho iyo utangiye kurya amafaranga utarinjiza, uba urimo uragenda ujya mu isayo y’imyenda, iyo umaze kwisanga mu isayo y’imyenda ni byo bikujyana muri ya migirire na bya byaha bishobora kuzatuma RIB ikora visite de courtoisie [kugeza ibyaha] iwawe.”

Evode avuga ko umuyobozi mwiza akwiye kubera urugero abaturage, agakoresha neza ubushobozi bw’amafaranga ahembwa ku buryo yirinda gukoresha amafaranga arenze ayo yinjiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 8 =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Next Post

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo
AMAHANGA

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.