Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

radiotv10by radiotv10
14/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Evode Uwizeyima wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ubu akaba ari Umusenateri, yavuze ko hari igihe umuntu ashobora kugirwa Minisitiri agashaka kwigereranya n’abo asanze muri Guverinoma, agashaka kubaho nka bo, bigatuma yisanga mu nzira zo gushaka amafaranga mu buryo butanoze, bikarangira atangiye gusurwa na RIB iwe mu rugo.

Senateri Evode Uwizeyimana yabivuze mu biganiro by’ihuriro rya 15 rya Unit Club Intwararumuri, umuryango uhuriyemo abari muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abafasha babo, byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Me Evode Uwizeyimana yagarukaga ku myitwarire ikwiye kuranga abayobozi kugira ngo babere urugero abaturage bayobora, ku buryo umuyobozi aba akwiye kwitwararika akanyura mu nzira igororotse.

Yavuze ko abayobozi bakwiye kunyurwa “ntidukoreshe ubuyobozi nk’inzira yo gukira vuba kandi byihuse” kandi bakirinda gutakarizwa icyizere, ubundi bakarangwa n’imyitwarire myiza.

Avuga ko bamwe mu bayobozi bisanga baguye mu mutego wo gushaka kwigereranya na bagenzi babo, ku buryo bashaka kubaho mu buzima buhenze nk’ubwo babonanye abandi.

Ariko akavuga ko ntawubuza abayobozi gutera imbere cyangwa gukira ku buryo “bafata imyenda muri za banki ngo na bo bakora ubucuruzi […] nagira ngo byumvikane neza abantu batumva ko ari ukuzirika abantu cyane kuko kwiteza imbere ntabwo mbona ari ikibazo ahubwo ikibazo ni ikintu cyo kwifuza kiri mu bayobozi bamwe na bamwe.”

Avuga ko icya mbere ari uko umuyobozi anyurwa n’ibyo agenerwa na Leta “Noneho akareka gukoresha ubuyobozi nk’inzira yamugeza ku bukire byihuse.”

Yatanze urugero rw’uko umuyobozi ashobora kwigereranya n’abandi bikamuganisha mu gukora ibyaha.

Ati “Iyo umuntu abaye Minisitiri, hariya mu Urugwiro hari ahantu twajyaga duparika imodoka, inama y’Abaminisitiri ya mbere ikirangira, umuntu aritegereza akareba bagenzi be imodoka bari kujyamo ahita asoma ubwoko bwayo inyuma, akabona ahanditse V8, akabona ahanditse VXL, akabaza ababizi ati ‘ariko bitandukanira he?’, na we agahita ayigura, nta kwezi gushira atayizana rwose…

Ariko ikibazo ni ukumenya niba afite ubushobozi bwo kuyitunga, kuko impamvu mbivuga ni uko hari igihe twisanga icyo kintu cyo kwigereranya n’abandi ugasanga ukora akazi kamwe n’umuntu ariko mudafite ubushobozi bungana.”

Avuga ko hari igihe mwembi mushobora kuba muri ba Minisitiri ariko uwinjiyemo vuba agashaka kwigereranya n’umaze igihe kinini muri Guverinoma cyangwa umwe afite imitungo akomora mu muryango avukamo.

Ati “Bugacya mu gitondo bakakubwira ko n’abana be biga muri Amerika, wenda hari igihe umwana yiga muri America ariko aba kwa Nyirasenge, nawe ugakodesha apartment muri America bugacya ukoherezayo umwana.”

Akomeza avuga ko iyo bigeze kuri uru rwego, wa muntu atangira gusabwa ubushobozi burenze ubwo afite cyangwa ubwo akura mu murimo asanzwe afite.

Ati “Iyo bitangiye kukunanira noneho ugakoresha na cya cyubahiro cy’ubuyobozi. Iyo umuntu ari umuyobozi hari igihe ajya muri banki akarega agatuza ibyo bikaba ari guaranty [ingwate], banki ikamuha amafaranga. Noneho iyo utangiye kurya amafaranga utarinjiza, uba urimo uragenda ujya mu isayo y’imyenda, iyo umaze kwisanga mu isayo y’imyenda ni byo bikujyana muri ya migirire na bya byaha bishobora kuzatuma RIB ikora visite de courtoisie [kugeza ibyaha] iwawe.”

Evode avuga ko umuyobozi mwiza akwiye kubera urugero abaturage, agakoresha neza ubushobozi bw’amafaranga ahembwa ku buryo yirinda gukoresha amafaranga arenze ayo yinjiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda kubera imirwano ya FARDC na M23

Next Post

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Umudepite yeguye nyuma yuko Perezida Kagame avuze ko hari umaze igihe afatwa yasinze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.