Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya agaciro k’ibyo RDF na RNP bakoreye abaturage mu rwego rwo kwizihiza Kwibohora30

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya agaciro k’ibyo RDF na RNP bakoreye abaturage mu rwego rwo kwizihiza Kwibohora30
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda na Polisi bashyikirije abaturage ibikorwa byakozwe mu gihe cy’amezi atatu bigamije kuzamura imibereho myiza yabo no kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 yo Kwibohora, bifite agaciro ka Miliyari zirenga 2 Frw.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kamena, aho Ingabo na Polisi z’u Rwanda ndetse n’izindi nzego basoje ku mugaragaro ibikorwa byari bimaze amezi atatu bigamije gufasha abaturage kugira imibereho myiza, muri gahunda yiswe CORwanda24.

Ibi bikorwa birimo imishinga ndetse n’inkunga bigamije kuzamura iterambere ry’abaturage, byakozwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30 yo Kwibohora: Ubufatanye bw’Ingabo z’Igihugu, Inzego z’Umutekano n’Abaturage mu Iterambere ry’u Rwanda.”

Ni gahunda yakozwemo ibikorwa binyuranye, birimo ubuvuzi, kubungabunga ibidukikije, kubaka ibikorwa remezo, ubworozi, kubakira inzu imiryango itishoboye, kubaka ingo mbonezamikurire (ECD) no gutera inkunga amakoperative y’Imboni z’Impinduka.

Muri iki gihe cy’amezi atatu, hubatswe ingo mbonezamikurire zigera kuri 15 zishyirwamo n’ibikoresho, inzu zigera kuri 31 zubakiwe imiryango itishoboye, hubatswe ibiraro 13 mu rwego rwo kunoza imigenderanire n’ubuhahirane hagati y’abaturage, hatangwa amatungo agera kuri 800.

Muri icyo gihe cy’amezi atatu, abaturage ibihumbi 72 baravuwe ku buntu, barimo abarenga ibihumbi 12 babazwe, hanatangwa inkunga y’arenga miliyoni 96 Frw ku makoperative y’Imboni z’Impinduka.

Hatanzwe kandi imodoka eshanu (5) n’amapikipiki 25 ku Mirenge n’Utugari byahize ahandi mu bikorwa by’indashyikirwa mu mutekano, isuku no kurwanya imirire mibi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga avuga ko umutekano w’abaturage utagarukira ku kuwubacungira gusa, ahubwo ko inzego ziwushinzwe zinagira uruhare mu gutuma babaho mu buzima bwiza kuko bwuzuzanya n’umutekano.

Ati “Umutekano nyamutekano uhera mu mibereho, iyo umuntu abayeho neza, yiga neza, akarya neza, akabona urumuri, akabona amazi yo kunywa, akorora, akarya; uwo ni wo umutekano w’ibanze ukomeye.”

ACP Rutikanga avuga ko abaturage bariho mu mibereho myiza banafatanya n’inzego kwicungira wa mutekano, bikaba akarusho iyo inzego z’umutekano zagize uruhare muri iyo mibereho myiza bafite.

Ati “Kuko n’ubundi turi Ingabo z’Igihugu na Polisi y’Igihugu ziva muri ba Banyarwanda bafite imibereho myiza. Birumvikana rero nta mutekano uhamye hatari iterambere n’imibereho myiza, ndetse nta n’iterambere n’imibereho myiza byabaho hatari umutekano.”

Ibi bikorwa byatangiye kuva tariki 01 Werurwe 2024, bisize hari imiryango ihinduriwe imibereho, bifite agaciro k’arenga miliyari 2 Frw, bikaba bije mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Ku rwego rw’Igihugu, iki gikorwa cyayobowe na Minisiyiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda
Abayobozi bakuru ba RDF na RNP bashyikirije abaturage ibyo bakorewe

Byari ibyishimo ku baturage
Umugaba Mukuru wa RDF yari yitabiriye igikorwa cyabere mu Karere ka Ngoma

Abaturage bashyikirijwe amazi meza begerejwe
Hanubatswe ingo mbonezamikurire y’abana bato
General Mubarakh Muganga yavuze ko uyu muco ukomoka ku Mugaba w’Ikirenga Paul Kagame

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda we yari mu Karere ka Musanze
Abaturage benshi kandi barorojwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Hagaragajwe ikigiye gukoreshwa miliyari 16Frw u Rwanda rwahawe na Luxembourg

Next Post

Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.