Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya agaciro k’ibyo RDF na RNP bakoreye abaturage mu rwego rwo kwizihiza Kwibohora30

radiotv10by radiotv10
20/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya agaciro k’ibyo RDF na RNP bakoreye abaturage mu rwego rwo kwizihiza Kwibohora30
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda na Polisi bashyikirije abaturage ibikorwa byakozwe mu gihe cy’amezi atatu bigamije kuzamura imibereho myiza yabo no kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 yo Kwibohora, bifite agaciro ka Miliyari zirenga 2 Frw.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kamena, aho Ingabo na Polisi z’u Rwanda ndetse n’izindi nzego basoje ku mugaragaro ibikorwa byari bimaze amezi atatu bigamije gufasha abaturage kugira imibereho myiza, muri gahunda yiswe CORwanda24.

Ibi bikorwa birimo imishinga ndetse n’inkunga bigamije kuzamura iterambere ry’abaturage, byakozwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30 yo Kwibohora: Ubufatanye bw’Ingabo z’Igihugu, Inzego z’Umutekano n’Abaturage mu Iterambere ry’u Rwanda.”

Ni gahunda yakozwemo ibikorwa binyuranye, birimo ubuvuzi, kubungabunga ibidukikije, kubaka ibikorwa remezo, ubworozi, kubakira inzu imiryango itishoboye, kubaka ingo mbonezamikurire (ECD) no gutera inkunga amakoperative y’Imboni z’Impinduka.

Muri iki gihe cy’amezi atatu, hubatswe ingo mbonezamikurire zigera kuri 15 zishyirwamo n’ibikoresho, inzu zigera kuri 31 zubakiwe imiryango itishoboye, hubatswe ibiraro 13 mu rwego rwo kunoza imigenderanire n’ubuhahirane hagati y’abaturage, hatangwa amatungo agera kuri 800.

Muri icyo gihe cy’amezi atatu, abaturage ibihumbi 72 baravuwe ku buntu, barimo abarenga ibihumbi 12 babazwe, hanatangwa inkunga y’arenga miliyoni 96 Frw ku makoperative y’Imboni z’Impinduka.

Hatanzwe kandi imodoka eshanu (5) n’amapikipiki 25 ku Mirenge n’Utugari byahize ahandi mu bikorwa by’indashyikirwa mu mutekano, isuku no kurwanya imirire mibi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga avuga ko umutekano w’abaturage utagarukira ku kuwubacungira gusa, ahubwo ko inzego ziwushinzwe zinagira uruhare mu gutuma babaho mu buzima bwiza kuko bwuzuzanya n’umutekano.

Ati “Umutekano nyamutekano uhera mu mibereho, iyo umuntu abayeho neza, yiga neza, akarya neza, akabona urumuri, akabona amazi yo kunywa, akorora, akarya; uwo ni wo umutekano w’ibanze ukomeye.”

ACP Rutikanga avuga ko abaturage bariho mu mibereho myiza banafatanya n’inzego kwicungira wa mutekano, bikaba akarusho iyo inzego z’umutekano zagize uruhare muri iyo mibereho myiza bafite.

Ati “Kuko n’ubundi turi Ingabo z’Igihugu na Polisi y’Igihugu ziva muri ba Banyarwanda bafite imibereho myiza. Birumvikana rero nta mutekano uhamye hatari iterambere n’imibereho myiza, ndetse nta n’iterambere n’imibereho myiza byabaho hatari umutekano.”

Ibi bikorwa byatangiye kuva tariki 01 Werurwe 2024, bisize hari imiryango ihinduriwe imibereho, bifite agaciro k’arenga miliyari 2 Frw, bikaba bije mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

Ku rwego rw’Igihugu, iki gikorwa cyayobowe na Minisiyiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda
Abayobozi bakuru ba RDF na RNP bashyikirije abaturage ibyo bakorewe

Byari ibyishimo ku baturage
Umugaba Mukuru wa RDF yari yitabiriye igikorwa cyabere mu Karere ka Ngoma

Abaturage bashyikirijwe amazi meza begerejwe
Hanubatswe ingo mbonezamikurire y’abana bato
General Mubarakh Muganga yavuze ko uyu muco ukomoka ku Mugaba w’Ikirenga Paul Kagame

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda we yari mu Karere ka Musanze
Abaturage benshi kandi barorojwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 7 =

Previous Post

Hagaragajwe ikigiye gukoreshwa miliyari 16Frw u Rwanda rwahawe na Luxembourg

Next Post

Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

Perezida Kagame mu Bufaransa yagaragaje imwe mu ntambwe ishimije igezweho mu buvuzi bwa Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.