Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya akayabo k’amamiliyari u Rwanda ruri kwishyuza u Bwongereza n’impamvu

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kumenyesha iy’u Bwongereza ko igomba kuyishyura miliyoni 50 z’Ama-Pounds (akabakaba miliyari 90Frw) muri gahunda yo zari zagiranye yo kurengera ubuzima bw’abimukira n’iy’Iterambere ry’Ubukungu.

Amakuru dukesha The Telegraph, avuga ko u Rwanda rwishyuza u Bwongereza izi miliyoni £50 kubera guhagarika gahunda Ibihugu byombi byari bifitanye yo kuhereza abimukira n’abashaka ubuhungiro ndetse n’umwuka utari mwiza uri hagati yabyo.

U Rwanda ruvuga ko rwahisemo kumenyesha u Bwongereza ko burugomba aya mafaranga kuko Guverinoma y’iki Gihugu yafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano bitanyuze mu nzira zasabwaga, nyuma yuko ishyaka rya Labour rigiye ku butegetsi.

Mu cyumweru gishize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David Lammy yatangaje ko iki Gihugu gihagaritse inkunga cyahaga u Rwanda gishingiye ku birego by’ibinyoma ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yatangaje ko u Bwongereza bwarenze “ku cyizere n’ubwumvikane” byari hagati y’Ibihugu byombi, “rufata ingamba z’ibihano bidafite ishingiro byafatiwe u Rwanda, bigamije gutesha agaciro umutekano w’Igihugu cyacu.”

U Bwongereza bwashinje u Rwanda kuvogera ubusugire bwa DRC, mu gihe u Rwanda rutahwemye kuvuga ko ntaho ruhuriye n’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ahubwo ko rwashyizeho ingamba zo kwirindira umutekano kubera impungenge z’ibishaka kuwuhungabanya biturutse muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo kandi yagarutse ku biherutse gutangazwa na Minisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Collins washatse guhuza u Rwanda n’igitero cy’umutwe wa ADF giherutse kwivugana abakristu 70 Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Makolo yavuze ko ibyatangajwe n’uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Bwongereza ari ubutumwa “buyobya benshi, kandi bwenyegeza propaganda mbi ya DRC igamije kudindiza inzira zo gushaka amahoro ziri gukoreshwa na Afurika.”

Yolande Makolo ati “Rero ubu twatangiye gukurikirana iby’ariya mafaranga, u Bwongereza butegekwa n’amategeko.”

Bivugwa ko muri aya masezerano y’Ibihugu byombi, kugeza muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024, u Bwongereza bwari bumaze kwishyura u Rwanda miliyoni £220 hakiyongeraho andi miliyoni £50 yagombaga kujya yishyurwa muri Mata mu mwaka wa 2024, n’andi nk’aya yari kwishyura muri Mata 2025 ndetse n’andi yari kwishyurwa muri Mata 2026.

Izi miliyoni £50 zishyuzwa n’u Rwanda, ni agomba kwishyurwa muri Mata 2025. Makolo yagize ati “U Rwanda rwamaze koherereza ubutumwa Guverinoma ya UK ko twishyuza miliyoni £50 yo muri gahunda zijyanye n’abimukira n’Iterambere ry’ubukungu.”

Makolo yakomeje avuga ko “UK yari yasabye u Rwanda kwituriza ntirwishyuze ayo mafaranga igihe nta bimukira bakoherereza mu Rwanda nk’uko n’ubundi icyo cyemezo cyari kigiye gufatwa. Iki cyifuzo cyari gishingiye ku cyizere n’imibanire myiza byari hagati y’Ibihugu byacu byombi. Ariko u Bwongereza bwananiwe guhagarika ayo masezerano binyuze mu nzira zemewe nk’uko byari byumvikanyweho.”

Mu cyumweru gishize kandi, Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe yatumijwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kugira ngo asobanure ibyari byatangajwe na Minisitiri mu Bwongereza ushinzwe Afurika, byari bihabanye n’ukuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.