Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya akayabo k’amamiliyari u Rwanda ruri kwishyuza u Bwongereza n’impamvu

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kumenyesha iy’u Bwongereza ko igomba kuyishyura miliyoni 50 z’Ama-Pounds (akabakaba miliyari 90Frw) muri gahunda yo zari zagiranye yo kurengera ubuzima bw’abimukira n’iy’Iterambere ry’Ubukungu.

Amakuru dukesha The Telegraph, avuga ko u Rwanda rwishyuza u Bwongereza izi miliyoni £50 kubera guhagarika gahunda Ibihugu byombi byari bifitanye yo kuhereza abimukira n’abashaka ubuhungiro ndetse n’umwuka utari mwiza uri hagati yabyo.

U Rwanda ruvuga ko rwahisemo kumenyesha u Bwongereza ko burugomba aya mafaranga kuko Guverinoma y’iki Gihugu yafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano bitanyuze mu nzira zasabwaga, nyuma yuko ishyaka rya Labour rigiye ku butegetsi.

Mu cyumweru gishize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David Lammy yatangaje ko iki Gihugu gihagaritse inkunga cyahaga u Rwanda gishingiye ku birego by’ibinyoma ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yatangaje ko u Bwongereza bwarenze “ku cyizere n’ubwumvikane” byari hagati y’Ibihugu byombi, “rufata ingamba z’ibihano bidafite ishingiro byafatiwe u Rwanda, bigamije gutesha agaciro umutekano w’Igihugu cyacu.”

U Bwongereza bwashinje u Rwanda kuvogera ubusugire bwa DRC, mu gihe u Rwanda rutahwemye kuvuga ko ntaho ruhuriye n’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ahubwo ko rwashyizeho ingamba zo kwirindira umutekano kubera impungenge z’ibishaka kuwuhungabanya biturutse muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo kandi yagarutse ku biherutse gutangazwa na Minisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Collins washatse guhuza u Rwanda n’igitero cy’umutwe wa ADF giherutse kwivugana abakristu 70 Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Makolo yavuze ko ibyatangajwe n’uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Bwongereza ari ubutumwa “buyobya benshi, kandi bwenyegeza propaganda mbi ya DRC igamije kudindiza inzira zo gushaka amahoro ziri gukoreshwa na Afurika.”

Yolande Makolo ati “Rero ubu twatangiye gukurikirana iby’ariya mafaranga, u Bwongereza butegekwa n’amategeko.”

Bivugwa ko muri aya masezerano y’Ibihugu byombi, kugeza muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024, u Bwongereza bwari bumaze kwishyura u Rwanda miliyoni £220 hakiyongeraho andi miliyoni £50 yagombaga kujya yishyurwa muri Mata mu mwaka wa 2024, n’andi nk’aya yari kwishyura muri Mata 2025 ndetse n’andi yari kwishyurwa muri Mata 2026.

Izi miliyoni £50 zishyuzwa n’u Rwanda, ni agomba kwishyurwa muri Mata 2025. Makolo yagize ati “U Rwanda rwamaze koherereza ubutumwa Guverinoma ya UK ko twishyuza miliyoni £50 yo muri gahunda zijyanye n’abimukira n’Iterambere ry’ubukungu.”

Makolo yakomeje avuga ko “UK yari yasabye u Rwanda kwituriza ntirwishyuze ayo mafaranga igihe nta bimukira bakoherereza mu Rwanda nk’uko n’ubundi icyo cyemezo cyari kigiye gufatwa. Iki cyifuzo cyari gishingiye ku cyizere n’imibanire myiza byari hagati y’Ibihugu byacu byombi. Ariko u Bwongereza bwananiwe guhagarika ayo masezerano binyuze mu nzira zemewe nk’uko byari byumvikanyweho.”

Mu cyumweru gishize kandi, Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe yatumijwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kugira ngo asobanure ibyari byatangajwe na Minisitiri mu Bwongereza ushinzwe Afurika, byari bihabanye n’ukuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twenty =

Previous Post

UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.