Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya akayabo k’amamiliyari u Rwanda ruri kwishyuza u Bwongereza n’impamvu

radiotv10by radiotv10
04/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamaze kumenyesha iy’u Bwongereza ko igomba kuyishyura miliyoni 50 z’Ama-Pounds (akabakaba miliyari 90Frw) muri gahunda yo zari zagiranye yo kurengera ubuzima bw’abimukira n’iy’Iterambere ry’Ubukungu.

Amakuru dukesha The Telegraph, avuga ko u Rwanda rwishyuza u Bwongereza izi miliyoni £50 kubera guhagarika gahunda Ibihugu byombi byari bifitanye yo kuhereza abimukira n’abashaka ubuhungiro ndetse n’umwuka utari mwiza uri hagati yabyo.

U Rwanda ruvuga ko rwahisemo kumenyesha u Bwongereza ko burugomba aya mafaranga kuko Guverinoma y’iki Gihugu yafashe icyemezo cyo guhagarika amasezerano bitanyuze mu nzira zasabwaga, nyuma yuko ishyaka rya Labour rigiye ku butegetsi.

Mu cyumweru gishize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David Lammy yatangaje ko iki Gihugu gihagaritse inkunga cyahaga u Rwanda gishingiye ku birego by’ibinyoma ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yatangaje ko u Bwongereza bwarenze “ku cyizere n’ubwumvikane” byari hagati y’Ibihugu byombi, “rufata ingamba z’ibihano bidafite ishingiro byafatiwe u Rwanda, bigamije gutesha agaciro umutekano w’Igihugu cyacu.”

U Bwongereza bwashinje u Rwanda kuvogera ubusugire bwa DRC, mu gihe u Rwanda rutahwemye kuvuga ko ntaho ruhuriye n’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ahubwo ko rwashyizeho ingamba zo kwirindira umutekano kubera impungenge z’ibishaka kuwuhungabanya biturutse muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo kandi yagarutse ku biherutse gutangazwa na Minisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Collins washatse guhuza u Rwanda n’igitero cy’umutwe wa ADF giherutse kwivugana abakristu 70 Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Makolo yavuze ko ibyatangajwe n’uyu umwe mu bagize Guverinoma y’u Bwongereza ari ubutumwa “buyobya benshi, kandi bwenyegeza propaganda mbi ya DRC igamije kudindiza inzira zo gushaka amahoro ziri gukoreshwa na Afurika.”

Yolande Makolo ati “Rero ubu twatangiye gukurikirana iby’ariya mafaranga, u Bwongereza butegekwa n’amategeko.”

Bivugwa ko muri aya masezerano y’Ibihugu byombi, kugeza muri Gashyantare umwaka ushize wa 2024, u Bwongereza bwari bumaze kwishyura u Rwanda miliyoni £220 hakiyongeraho andi miliyoni £50 yagombaga kujya yishyurwa muri Mata mu mwaka wa 2024, n’andi nk’aya yari kwishyura muri Mata 2025 ndetse n’andi yari kwishyurwa muri Mata 2026.

Izi miliyoni £50 zishyuzwa n’u Rwanda, ni agomba kwishyurwa muri Mata 2025. Makolo yagize ati “U Rwanda rwamaze koherereza ubutumwa Guverinoma ya UK ko twishyuza miliyoni £50 yo muri gahunda zijyanye n’abimukira n’Iterambere ry’ubukungu.”

Makolo yakomeje avuga ko “UK yari yasabye u Rwanda kwituriza ntirwishyuze ayo mafaranga igihe nta bimukira bakoherereza mu Rwanda nk’uko n’ubundi icyo cyemezo cyari kigiye gufatwa. Iki cyifuzo cyari gishingiye ku cyizere n’imibanire myiza byari hagati y’Ibihugu byacu byombi. Ariko u Bwongereza bwananiwe guhagarika ayo masezerano binyuze mu nzira zemewe nk’uko byari byumvikanyweho.”

Mu cyumweru gishize kandi, Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe yatumijwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kugira ngo asobanure ibyari byatangajwe na Minisitiri mu Bwongereza ushinzwe Afurika, byari bihabanye n’ukuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 5 =

Previous Post

UKRAINE: ANOTHER “SHITHOLE COUNTRY?”

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.