Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya amahirwe atazwi na benshi ya ‘Camera’ zo muhanda ziha abashoferi

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Menya amahirwe atazwi na benshi ya ‘Camera’ zo muhanda ziha abashoferi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ihakana ibivugwa ko Camera zigenzura umuvuduko w’ibinyabiziga, zashyiriweho gukuramo abantu amafaranga, inatangaza ko ziha n’amahirwe utarengereye cyane mu kurenza umuvuduko ugenwa n’icyaha, kuko zitanga amahirwe y’10% by’uwo muvuduko.

Ku mihanda inyuranye mu mujyi wa Kigali ndetse no mu mihanda minini ihuza uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda n’Intara, hagaragara camera zigenzura umuvuduko w’ibinyabiziga, zikandikira uwarengeje umuvuduka wagenewe aho ibinyabiziga bigeze.

Polisi y’u Rwanda kandi iherutse kugenda ishyira ibyapa biranga ahaherereye izi camera, mu gihe mbere hari abisangaga bandikiwe na zo kubera kutamenya aho ziherereye.

Bamwe mu batwara ibinyabiziga, bagiye bumvikana bavuga ko izi camera zashyizweho kugira ngo Polisi y’u Rwanda ikure amafaranga mu bantu, mu gihe uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rubihakana.

ACP Boniface Rutikanga, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko ibi bivugwa n’abantu atari ukuri, kuko izi camera zinatanga amahirwe ku bantu barengeje umuvuduko ntibakabye, kuko zitangira kwandikira umuntu warengeje umuvuduko ugaragazwa n’icyapa, akanarenza 10% by’uwo muvuduko.

Ati “zitanga amahirwe y’umuvuduko w’inyongera ungana na 10% by’umuvuduko ntarengwa ugaragazwa n’icyapa, mu rwego rwo gufasha abatwara ibinyabiziga kugenzura neza umuvuduko bategetswe gukoresha.”

Yakomeje atanga ingero, ati “Niba umuvuduko ntarengwa wateganyijwe ugaragazwa n’icyapa ari Km 40/h, umuvuduko camera izahaniraho ari Km 44/h, ku cyapa cya Km 60/h cyangwa Km 80/h camera igeze kuri Km 66/h na Km 88/h gutyo gutyo.”

Uretse izi camera zigenzura umuvuduko, hari n’izindi ziri mu bice binyuranye mu Mujyi wa Kigali, zishobora guhana abarenze ku bimenyetso byo mu muhanda, nka Feux Rouge ndetse no kutemerera abanyamaguru gutambuka aho bagenewe (Zebra Crossing).

ACP Rutikanga avuga ko abantu bakwiye gushyira imbere ubuzima bwabo, kuko izi camera zashyiriweho kugabanya umuvuduko mwinshi w’ibinyabiziga wakunze kuba intandaro y’impanuka zagiye zihitana ubuzima bwa benshi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. H says:
    1 year ago

    Police ntabwo ariyo ishyiraho ibyapa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

APR FC yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup (AMAFOTO)

Next Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro

Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y'u Rwanda n'iya Congo zongeye guhurira ku meza y'ibiganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.