Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya amahirwe atazwi na benshi ya ‘Camera’ zo muhanda ziha abashoferi

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Menya amahirwe atazwi na benshi ya ‘Camera’ zo muhanda ziha abashoferi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ihakana ibivugwa ko Camera zigenzura umuvuduko w’ibinyabiziga, zashyiriweho gukuramo abantu amafaranga, inatangaza ko ziha n’amahirwe utarengereye cyane mu kurenza umuvuduko ugenwa n’icyaha, kuko zitanga amahirwe y’10% by’uwo muvuduko.

Ku mihanda inyuranye mu mujyi wa Kigali ndetse no mu mihanda minini ihuza uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda n’Intara, hagaragara camera zigenzura umuvuduko w’ibinyabiziga, zikandikira uwarengeje umuvuduka wagenewe aho ibinyabiziga bigeze.

Polisi y’u Rwanda kandi iherutse kugenda ishyira ibyapa biranga ahaherereye izi camera, mu gihe mbere hari abisangaga bandikiwe na zo kubera kutamenya aho ziherereye.

Bamwe mu batwara ibinyabiziga, bagiye bumvikana bavuga ko izi camera zashyizweho kugira ngo Polisi y’u Rwanda ikure amafaranga mu bantu, mu gihe uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rubihakana.

ACP Boniface Rutikanga, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yavuze ko ibi bivugwa n’abantu atari ukuri, kuko izi camera zinatanga amahirwe ku bantu barengeje umuvuduko ntibakabye, kuko zitangira kwandikira umuntu warengeje umuvuduko ugaragazwa n’icyapa, akanarenza 10% by’uwo muvuduko.

Ati “zitanga amahirwe y’umuvuduko w’inyongera ungana na 10% by’umuvuduko ntarengwa ugaragazwa n’icyapa, mu rwego rwo gufasha abatwara ibinyabiziga kugenzura neza umuvuduko bategetswe gukoresha.”

Yakomeje atanga ingero, ati “Niba umuvuduko ntarengwa wateganyijwe ugaragazwa n’icyapa ari Km 40/h, umuvuduko camera izahaniraho ari Km 44/h, ku cyapa cya Km 60/h cyangwa Km 80/h camera igeze kuri Km 66/h na Km 88/h gutyo gutyo.”

Uretse izi camera zigenzura umuvuduko, hari n’izindi ziri mu bice binyuranye mu Mujyi wa Kigali, zishobora guhana abarenze ku bimenyetso byo mu muhanda, nka Feux Rouge ndetse no kutemerera abanyamaguru gutambuka aho bagenewe (Zebra Crossing).

ACP Rutikanga avuga ko abantu bakwiye gushyira imbere ubuzima bwabo, kuko izi camera zashyiriweho kugabanya umuvuduko mwinshi w’ibinyabiziga wakunze kuba intandaro y’impanuka zagiye zihitana ubuzima bwa benshi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. H says:
    2 years ago

    Police ntabwo ariyo ishyiraho ibyapa

    Reply

Leave a Reply to H Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

APR FC yerecyeje muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup (AMAFOTO)

Next Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro

Related Posts

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

by radiotv10
11/03/2026
0

I Kigali mu Rwanda hari kubera inama y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba...

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuhanda Nyamasheke- Nyamagabe (hagati y’Intara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo) nturi nyabagendwa nyuma yuko imodoka y’ikamyi igiriye ikibazo ahaziwa nka Gisakura, ikabuza ibindi...

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

Perezida Kagame ari i Paris mu Bufaransa

by radiotv10
10/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa, yatangaje ko Perezida Paul Kagame n’abayobozi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda,...

IZIHERUKA

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga
AMAHANGA

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

by radiotv10
11/03/2026
0

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

11/03/2026
U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

11/03/2026
Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

11/03/2026
Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

11/03/2026
BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

11/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro

Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y'u Rwanda n'iya Congo zongeye guhurira ku meza y'ibiganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.