Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Kampala muri Uganda, aho azahagararira Perezida Paul Kagame mu ibirori by’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Minisitiri Nsengiyumva yageze i Kampala muri Uganda kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026 nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu Rwanda.
Ibiro bya Minisitiri bivuga ko “Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yageze i Kampala aho ahagarariye Nyakubahwa Perezida Kagame mu muhango w’irahira rya Yoweri Kaguta Museveni, Perezida watowe wa Repubulika ya Uganda, uteganyijwe kuba ku munsi w’ejo.”
Perezida Yoweri Kaguta Museveni azarahirira manda ya karindwi yo kuyobora Uganda, mu birori bizaba ejo ku wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026.
Museveni agiye kurahirira gukomeza kuyobora Abanya-Uganda, nyuma yo kubona intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, yabaye muri Mutarama uyu mwaka.
Perezida Museveni yatsinze amatora atowe ku majwi 71.65%, mu gihe Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine bari bahanganye we yagize amajwi 24.72%.


RADIOTV10








