Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

radiotv10by radiotv10
04/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ivuga nyuma y’uko umwaka ushize ibiza byaturutse ku mvura nyinshi bihitanye Abanyarwanda 131, hakozwe igenzura ry’abatuye ahashobora gushyira ubuzima mu kaga, rikagaragaza imiryango 8 000 yo mu Turere 18 ishobora kugirwaho ingaruka n’ibiza, ndetse imyinshi muri yo ikaba yaramaze kuhimurwa.

Umwaka ushize Ibiza byibasiye Intara y’Iburengerazuba n’igice cy’Intara y’Amajyepfo, byahitanye abaturage 131 mu ijoro rimwe.

Muri iki gihe kandi, amakuru atangwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, agaragaza ko hazakomeza kugwa imvura nyinshi, ndetse Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ikaba ikomeje kuburira abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, kuhimuka.

Nyiransabimana Fernande ushinzwe ubukangurambaga n’amahugurwa muri MINEMA yabwiye RADIOTV10 ko bafatanyije n’izindi nzego zirimo n’iz’ibanze, guhera muri Werurwe uyu mwaka batangiye igikorwa cyo kubarura abashobora kwibasirwa n’ibiza kurusha abandi cyane cyane mu bice by’Igihugu bikunze kubamo ibiza biturutse ku miterere yabyo.

Yasobanuye ko basanze mu Turere 18 two mu Ntara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’igice cy’Amajyepfo, hari uduce 318 turimo imiryango 8 013 ituye ahashobora gushyira ubuzima bwayo mu kaga biturutse ku miterere yaho, cyangwa n’imiterere y’inzu batuyemo.

Ati”Muri iyo miryango ibihumbi umunani, kugeza ubu imiryango 5000 yamaze gukurwa aho hantu ubu irimo irakodesherezwa na Leta, kugeza igihe ibi bihe by’imvura bizarangirira, noneho tukongera tugasuzuma abazimurwa aho bari batuye kuko hashobora kuba ari mu manegeka bagafashwa kubaka, abandi bakagirwa inama tukabereka uko bakubaka inzu zabo zishobora kwihanganira ibi bihe kuko hari ubwo usanga umuntu adatuye mu manegeka, ariko inzu abamo ikaba yo ubwayo ari amanegeka.”

Ashingiye ku byabaye mu ijoro rya tariki 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023 ubwo Ibiza byahitanaga abarenga 131, Nyiransabimana Fernande yashimangiye ko Guverinoma y’u Rwanda yabikuyemo isomo ryayifashije guhora yiteguye ibihe nk’ibi bishobora kuza bitunguranye.

Ati “Nyuma y’uko biriya bibaye, twaricaye turavuga tuti ‘ni iki twakora ngo ibintu nk’ibi bitazongera kuba ngo twisange bimeze nk’ibidutunguye?’ nk’ubu haramutse habaye ibindi biza, twagira ibibazo by’abantu nibura bangana iki kugira ngo nibura tubone icyo duheraho twitegura kuba twatabara mu gihe bibaye ngombwa. Ibyo byaduhaye umukoro w’uko tugomba kujya duhura buri munsi n’izindi nzego zifite aho zihuriye nabyo ndetse n’imiryango itari iya Leta, mu rwego rwo guhanahana amakuru. Ibi rero biradufasha kwitegura cyane kandi si ukwitegura gusa mu buryo bw’amagambo, no mu buryo bw’ubushobozi.”

Fernande avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yiteguye igihe icyo ari icyo cyose, ku buryo mu bice bikunze kwibasirwa n’ibiza hamaze gushyirwa ububiko bw’ibikoresho kandi nabwo bwongerewe ubushobozi.

Ashingiye ku makuru yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe Meteo Rwanda, Fernande yavuze ko kugeza ubu yaba abakozi ba MINEMA, aba MINALOC, n’abandi batandukanye nk’ab’Ikigo gishinzwe imiturire, bari mu turere twose tw’igihugu bategereje ahashobora kuba Ibiza biturutse kuri iyi mvura.

Ku itariki 30 Mata 2024, nibwo Meteo Rwanda yatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Gicurasi 2024 (kuva taliki 01 kugeza ku ya 10), ingano y’imvura iteganyijwe iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu Gihugu hose, kuko iyari isanzwe igwa mu gice cya mbere cy’uku kwezi yabaga iri hagati ya milimetero 30 na 100), mu gihe muri iki gice izaba iri hagati ya milimetero 40 na 200.

Birasa n’aho iy’uyu mwaka izaba iruta iyaguye mu gihe nk’icyo umwaka ushize, kuko iyanaguye ku itariki 02 z’ukwezi kwa Gatanu yasize ihitanye abasaga 131, umubare MINEMA ivuga ko ari wo munini wabayeho mu mateka y’u Rwanda, w’abantu bahitanywe n’ibiza umunsi umwe.

Aha niho Fernande ahera asaba Abaturarwanda kwirinda icyashyira ubuzima bwabo mu kaga, bakimuka mu manegeka, bakazirika ibisenge by’inzu batuyemo, kandi bakirinda icyo ari cyo cyose cyatuma bakubitwa n’inkuba muri ibi bihe by’imvura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 6 =

Previous Post

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Next Post

Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.