Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

radiotv10by radiotv10
04/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ivuga nyuma y’uko umwaka ushize ibiza byaturutse ku mvura nyinshi bihitanye Abanyarwanda 131, hakozwe igenzura ry’abatuye ahashobora gushyira ubuzima mu kaga, rikagaragaza imiryango 8 000 yo mu Turere 18 ishobora kugirwaho ingaruka n’ibiza, ndetse imyinshi muri yo ikaba yaramaze kuhimurwa.

Umwaka ushize Ibiza byibasiye Intara y’Iburengerazuba n’igice cy’Intara y’Amajyepfo, byahitanye abaturage 131 mu ijoro rimwe.

Muri iki gihe kandi, amakuru atangwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, agaragaza ko hazakomeza kugwa imvura nyinshi, ndetse Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ikaba ikomeje kuburira abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, kuhimuka.

Nyiransabimana Fernande ushinzwe ubukangurambaga n’amahugurwa muri MINEMA yabwiye RADIOTV10 ko bafatanyije n’izindi nzego zirimo n’iz’ibanze, guhera muri Werurwe uyu mwaka batangiye igikorwa cyo kubarura abashobora kwibasirwa n’ibiza kurusha abandi cyane cyane mu bice by’Igihugu bikunze kubamo ibiza biturutse ku miterere yabyo.

Yasobanuye ko basanze mu Turere 18 two mu Ntara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’igice cy’Amajyepfo, hari uduce 318 turimo imiryango 8 013 ituye ahashobora gushyira ubuzima bwayo mu kaga biturutse ku miterere yaho, cyangwa n’imiterere y’inzu batuyemo.

Ati”Muri iyo miryango ibihumbi umunani, kugeza ubu imiryango 5000 yamaze gukurwa aho hantu ubu irimo irakodesherezwa na Leta, kugeza igihe ibi bihe by’imvura bizarangirira, noneho tukongera tugasuzuma abazimurwa aho bari batuye kuko hashobora kuba ari mu manegeka bagafashwa kubaka, abandi bakagirwa inama tukabereka uko bakubaka inzu zabo zishobora kwihanganira ibi bihe kuko hari ubwo usanga umuntu adatuye mu manegeka, ariko inzu abamo ikaba yo ubwayo ari amanegeka.”

Ashingiye ku byabaye mu ijoro rya tariki 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023 ubwo Ibiza byahitanaga abarenga 131, Nyiransabimana Fernande yashimangiye ko Guverinoma y’u Rwanda yabikuyemo isomo ryayifashije guhora yiteguye ibihe nk’ibi bishobora kuza bitunguranye.

Ati “Nyuma y’uko biriya bibaye, twaricaye turavuga tuti ‘ni iki twakora ngo ibintu nk’ibi bitazongera kuba ngo twisange bimeze nk’ibidutunguye?’ nk’ubu haramutse habaye ibindi biza, twagira ibibazo by’abantu nibura bangana iki kugira ngo nibura tubone icyo duheraho twitegura kuba twatabara mu gihe bibaye ngombwa. Ibyo byaduhaye umukoro w’uko tugomba kujya duhura buri munsi n’izindi nzego zifite aho zihuriye nabyo ndetse n’imiryango itari iya Leta, mu rwego rwo guhanahana amakuru. Ibi rero biradufasha kwitegura cyane kandi si ukwitegura gusa mu buryo bw’amagambo, no mu buryo bw’ubushobozi.”

Fernande avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yiteguye igihe icyo ari icyo cyose, ku buryo mu bice bikunze kwibasirwa n’ibiza hamaze gushyirwa ububiko bw’ibikoresho kandi nabwo bwongerewe ubushobozi.

Ashingiye ku makuru yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe Meteo Rwanda, Fernande yavuze ko kugeza ubu yaba abakozi ba MINEMA, aba MINALOC, n’abandi batandukanye nk’ab’Ikigo gishinzwe imiturire, bari mu turere twose tw’igihugu bategereje ahashobora kuba Ibiza biturutse kuri iyi mvura.

Ku itariki 30 Mata 2024, nibwo Meteo Rwanda yatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Gicurasi 2024 (kuva taliki 01 kugeza ku ya 10), ingano y’imvura iteganyijwe iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’imvura isanzwe igwa mu Gihugu hose, kuko iyari isanzwe igwa mu gice cya mbere cy’uku kwezi yabaga iri hagati ya milimetero 30 na 100), mu gihe muri iki gice izaba iri hagati ya milimetero 40 na 200.

Birasa n’aho iy’uyu mwaka izaba iruta iyaguye mu gihe nk’icyo umwaka ushize, kuko iyanaguye ku itariki 02 z’ukwezi kwa Gatanu yasize ihitanye abasaga 131, umubare MINEMA ivuga ko ari wo munini wabayeho mu mateka y’u Rwanda, w’abantu bahitanywe n’ibiza umunsi umwe.

Aha niho Fernande ahera asaba Abaturarwanda kwirinda icyashyira ubuzima bwabo mu kaga, bakimuka mu manegeka, bakazirika ibisenge by’inzu batuyemo, kandi bakirinda icyo ari cyo cyose cyatuma bakubitwa n’inkuba muri ibi bihe by’imvura.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Next Post

Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400
AMAHANGA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Hatangajwe icyatumye Umuvinyo ushushanya amaraso ya Yezu uba imbonekarimwe muri Kiliziya ya Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.