Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka ibiri mu Rwanda habereye Inama y’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma by’Umuryango Commonwealth (CHOGM), hagiye kuba indi izabera muri Samoa ku Mugabane wa Oceania.

Ibikorwa by’iyi Nama biteganyijwe gutangira kuri uyu wa Mbere tariki 21 kugeza ku ya 26 Ukwakira 2024.

Umwami w’u Bwonegerza, Charles III, n’umufasha we Camilla bazitabira iyi nama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, bihuriye mu Muryango w’Ibikoresha ururimi rw’icyongereza.

Umwamikazi Camilla azitabira inama izanagaruka ku guteza imbere ubuzima bw’umukobwa n’umugore, mu Bihugu bigize umuryango wa Commonwealth.

Biteganyijwe ko abantu barenga 3 000 baturutse mu Bihugu 56 by’ibinyamuryango bya Commonwealth, bahurira muri iyi nama ibera mu mujyi wa Apia, Umurwa Mukuru wa Samoa.

Iyi nama kanzi izabanzirizwa n’izindi nama nto zirimo n’igaragarizwemo umuco wa Samoa nk’Igihugu gifite umuco gishingiyeho, hanamurikwe imibereho y’abatuye iki kirwa uko babayeho.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma nyirizina izaba ku itariki 25 na 26 z’uku kwezi k’Ukwakira 2024.

Abazitabira iyi nama, bazungurana ibitekerezo, banaganire ku mishinga igamije guteza imbere urubyiruko, ishoramari n’igamije guteza imbere abagore.

Samoa ibaye ikirwa cya mbere gito kikiri mu nzira y’amajyambere cyakiriye iyi nama ya CHOGM yaherukaga kubera i Kigali mu Rwanda muri 2022.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Ibishobora gukurikira nyuma yuko M23 yigaruriye akandi gace n’uburyo yagafashe

Next Post

Hasobanuwe ibirambuye ku ifatwa ry’umunyamakuru ‘Fatakumavata’ n’ibyaribanjirije

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start
MU RWANDA

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe ibirambuye ku ifatwa ry’umunyamakuru ‘Fatakumavata’ n’ibyaribanjirije

Hasobanuwe ibirambuye ku ifatwa ry’umunyamakuru ‘Fatakumavata’ n’ibyaribanjirije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.