Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique mu muhango wayobowe n’Abakuru b’Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique mu muhango wayobowe n’Abakuru b’Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida wa Mozambique Daniel Francisco Chapo, ari kugirira mu Rwanda, Guverinoma z’Ibihugu byombi zashyize umukono ku masezerano y’imikoranire arimo ayo kurwanya iterabwoba muri Mozambique.

Ni amasezerano yashyizweho umukono nyuma yuko Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, bakanagirana ibiganiro byo mu muhezo.

Amasezerano yasinywe hagati y’Ibihugu byombi, arimo ay’ubufatanye mu rwego rw’ubucuruzi bw’ibyoherezwa hanze ndetse n’ishoramari, yasinywe hagati y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB n’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere ishoramari n’ibyoherezwa hanze muri Mozambique.

Aya masezerano yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika na Ambasaderi wa Mozambique, Amade Miquidade.

Andi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique, ni ajyanye n’ubufatanye mu bya gisirikare mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique, yashyizweho umukono n’Abaminisitiri b’Ingabo ku mpande z’Ibihugu byombi, Juvenal Marizamunda na mugenzi we wa Mozambique, Maj Gen Cristóvão Artur Chume.

Perezida Paul Kagame, mu ijambo rye aha ikaze mugenzi we Daniel Francisco Chapo wa Mozambique, yavuze ko Ibihugu byombi bihuriye ku mubano mwiza n’imikoranire bihamye.

Ati “Ikirenze ibyo turi inshuti nziza, turi abavandimwe. Dusanzwe dufitanye umurongo w’imikoranire mu nzego zinyuranye, ubu ikihutirwa ni ugushyira mu bikorwa aya masezerano y’ubwumvikane, kandi ibi ni byo amatsinda yacu azibandaho.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko hamaze guterwa intambwe nziza mu mikoranire y’Ibihugu byombi byumwihariko mu bijyanye n’urwego rw’umutekano.

Ati “Nk’uko twabibonye, twavuguruye imikoranire yacu mu bijyanye n’amahoro n’umutekano ndetse n’ubucuruzi.”

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bibazo byugarije Abanyafurika barimo n’Abanya-Mozambique birimo ibikorwa by’ubuhezanguni n’ibidindiza iterambere ry’abaturage, bityo ko haba hakwiye ubufatanye bw’Ibihugu nk’ubu buri hagati y’u Rwanda na Mozambique.

Ati “Ibyo ni ryo shoramari rya mbere dukwiye kuba dukora ubwacu. Ubufasha bw’amahanga, ntabwo butanga umuti w’amahoro arambye ndetse no ku iterambere ryacu.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko u Rwanda na Mozambique, byombi bifite icyo buri Gihugu cyafasha ikindi mu rugendo rw’iterambere, bityo ko uru ruzinduko ruzanarangwa n’ibiganiro bizahuza abayobozi ku mpande zombi, ari imwe mu nzira nziza yo gukomeza guteza imbere imikoranire myiza isanzwe hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Mozambique
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Next Post

Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.