Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
2
Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abakinnyi b’Amavubi bakina imbere mu Gihugu batangiye umwiherero, hamenyekanye na gahunda y’uko abakina hanze bazagenda bagera mu Rwanda, bamaze kubimburirwa na Rubanguka Steve ukina muri Arabia Saudite.

Umwiherero w’Ikipe y’Igihugu watangiye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, ubwo abakinnyi basanzwe bakina imbere mu Gihugu berecyezaga i Bugesera.

Ni umwiherero wo kwitegura imikino ibiri u Rwanda rufitanye na Benin na Lesotho mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ku ikubitiro, Rubanguka Steve usanzwe akina muri Arabia Saudite yabaye umukinnyi wa mbere ukina hanze wasanze bagenzi, aho yaraye ageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, ndetse akaba yanakoze imyitozo kuri uyu wa Kabiri.

Biteganyijwe kandi ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri Maes Dylan Georges, na we agera mu Rwanda na we yitabiriye ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu.

Abandi bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bategerejwe, ni Sibomana Patrick Papy ukina muri Gor Mahia muri Kenya uzagera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu, mu gihe kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha hategerejwe Djihad Bizimana ukina muri Ukraine akaba asanzwe ari na Kapiteni w’ikipe y’Igihugu.

Ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha kandi, hazagerera na Rwatubyaye Abdul ukinira FC Shkupi, Ntwari Fiacre ukina TS Galaxy, Hakim Sahabo ukinira Standard de Liege, Nshuti Innocent ukina muri USA Ndetse na Gitego Arthur ukinira AFC Leopard yo muri Kenya.

Biteganyijwe ko ikipe y’u Rwanda izahaguruka mu Rwanda tariki 02 Kamena 2024 yerecyeza muri Cote D’Ivoire aho izakinira umukino uzayihuza na Benin tariki 06 Kamena 2024, ndetse ikazanahita ijya muri Afurika y’Epfo aho izakinira na Lesotho tariki 11 Kamena 2024.

Rubanguka Steve yamaze kugera mu Rwanda ahita anatangira imyitozo

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Comments 2

  1. MAKANAKI says:
    1 year ago

    Good ,
    Iphoto yinkuru ndabonaho Nirisarike ? Ni Kuki Atagihamagarwa kd Yitwara neza? Cg yarasezeye kuri equipe National?!

    Murakoze

    Reply
    • Vierra says:
      1 year ago

      Yegowe uriyamuhungu
      nirisariki salom arazira iki?

      Reply

Leave a Reply to MAKANAKI Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Next Post

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo ‘Coup d’Etat’

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko
MU RWANDA

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo 'Coup d’Etat'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.