Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Ibihugu bikomokamo impunzi 130 u Rwanda rwakiriye

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA
0
Menya Ibihugu bikomokamo impunzi 130 u Rwanda rwakiriye
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwakiriye abantu 137 barimo abashaka ubuhungiro n’abimukira bavuye muri Libya bagize icyiciro cya 21 cy’abaturutse muri iki Gihugu bari baragezemo bahunze Ibihugu byabo, barimo umubare munini w’abakomoka muri Sudan.

Aba bantu 137 bakiriwe n’u Rwanda mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025 mu gikorwa cyakozwe ku bufatanye bwa Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNHCR).

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, ivuga ko “U Rwanda rwakiriye itsinda ry’icyiciro cya 21 ry’abantu 137, bashaka ubuhungiro bakuwe muri Libya.”

Aba bantu barimo abenshi bakomoka muri Sudan, aho abafite inkomoko muri iki Gihugu ari 81, hakaba 21 bakomoka muri Ethiopia, abandi 21 na bo bakaba bakomoka muri Sudan y’Epfo, n’abandi 14 bo muri Eritrea.

Ibihugu bikomokamo aba bantu bakiriwe n’u Rwanda bakuwe muri Libya aho bari baraheze nyuma yo guhunga Ibihugu byabo, byose bisanzwe birimo ibibazo birimo intambara, nka Sudan ikomeje kugarizwa n’intambara ikomeje guhitana abatari bacye ikanatera benshi kuva mu byabo.

Aba bantu bakiriwe n’u Rwanda, bazahita boherezwa mu kigo bazacumbikirwamo, mu gihe hagishakishwa Ibihugu bizabakira, bakajya kubibamo.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, ivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda, UNHCR n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bashyizeho uburyo bwo kubanyuza mu kigo by’agateganyo mu rwego rwo gutabara ubuzima bwabo, kubafasha kubona ibisubizo birambye ku mpunzi ziri mu kaga ziri mu bibazo muri Libya binyuze kubanyuza mu Rwanda by’igihe gito.”

Benshi mu bantu bagiye bakurwa muri Libya muri ubu buryo bakazanwa mu Rwanda mu rwego rwo gutaba ubuzima bwabo bwabaga buri mu kaga, bagiye babona Ibihugu bibakira.

Kuva muri 2019, u Rwanda rumaze kwakira abantu 2 760 baturutse muri Libya, aho abagera mu 2 100 bamaze kubona Ibihugu bibakira.

U Rwanda rwakiriye impunzi 137

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 5 =

Previous Post

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Next Post

Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Related Posts

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

by radiotv10
15/05/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 14 bakekwaho ubujura bwa telefone, zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, runasubiza telefone 332 ba...

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

by radiotv10
15/05/2025
0

Mu rubanza ruregwamo umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kumuhamya ibyaha akurikiranyweho birimo ivangura, rukamukatira gufungwa...

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

by radiotv10
15/05/2025
0

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye...

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

IZIHERUKA

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo
FOOTBALL

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

by radiotv10
15/05/2025
0

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

15/05/2025
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

15/05/2025
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

15/05/2025
Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

15/05/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

15/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.