Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Ibihugu bikomokamo impunzi 130 u Rwanda rwakiriye

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA
0
Menya Ibihugu bikomokamo impunzi 130 u Rwanda rwakiriye
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwakiriye abantu 137 barimo abashaka ubuhungiro n’abimukira bavuye muri Libya bagize icyiciro cya 21 cy’abaturutse muri iki Gihugu bari baragezemo bahunze Ibihugu byabo, barimo umubare munini w’abakomoka muri Sudan.

Aba bantu 137 bakiriwe n’u Rwanda mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025 mu gikorwa cyakozwe ku bufatanye bwa Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNHCR).

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, ivuga ko “U Rwanda rwakiriye itsinda ry’icyiciro cya 21 ry’abantu 137, bashaka ubuhungiro bakuwe muri Libya.”

Aba bantu barimo abenshi bakomoka muri Sudan, aho abafite inkomoko muri iki Gihugu ari 81, hakaba 21 bakomoka muri Ethiopia, abandi 21 na bo bakaba bakomoka muri Sudan y’Epfo, n’abandi 14 bo muri Eritrea.

Ibihugu bikomokamo aba bantu bakiriwe n’u Rwanda bakuwe muri Libya aho bari baraheze nyuma yo guhunga Ibihugu byabo, byose bisanzwe birimo ibibazo birimo intambara, nka Sudan ikomeje kugarizwa n’intambara ikomeje guhitana abatari bacye ikanatera benshi kuva mu byabo.

Aba bantu bakiriwe n’u Rwanda, bazahita boherezwa mu kigo bazacumbikirwamo, mu gihe hagishakishwa Ibihugu bizabakira, bakajya kubibamo.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, ivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda, UNHCR n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bashyizeho uburyo bwo kubanyuza mu kigo by’agateganyo mu rwego rwo gutabara ubuzima bwabo, kubafasha kubona ibisubizo birambye ku mpunzi ziri mu kaga ziri mu bibazo muri Libya binyuze kubanyuza mu Rwanda by’igihe gito.”

Benshi mu bantu bagiye bakurwa muri Libya muri ubu buryo bakazanwa mu Rwanda mu rwego rwo gutaba ubuzima bwabo bwabaga buri mu kaga, bagiye babona Ibihugu bibakira.

Kuva muri 2019, u Rwanda rumaze kwakira abantu 2 760 baturutse muri Libya, aho abagera mu 2 100 bamaze kubona Ibihugu bibakira.

U Rwanda rwakiriye impunzi 137

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Next Post

Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Rutahizamu Byiringiro Lague ari mu byishimo byo kwakira umuryango we uvuye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.