Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ibiri kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Menya ibiri kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’ubw’iza Uganda; buri mu nama y’iminsi itatu iri kubera i Mbarara muri Uganda, igamije gusuzumira hamwe uko umutakano wifashe n’uburyo bwo gukemura imbogamizi zaba zihari.

Iyi nama y’iminsi itatu yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 20 ikazarangira ku ya 22 Werurwe 2025, iri kubera mu Mujyi wa Mbarara muri Uganda, izanasuzumirwamo ibikibangamira abaturiye imipaka y’Ibihugu byombi kugira ngo bishakirwe umuti.

Iyi nama yitabiriwe n’Abakuriye Ingabo mu bice biri ku Mipaka y’ibi Bihugu byombi, aho intumwa z’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Umuyobozi w’Ingabo wa Diviziyo ya 5, Brig Gen Pascal Muhizi, mu gihe ku ruhande rwa UPDF, ziyobowe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya 2, Maj Gen Paul Muhanguzi.

Iyi nama kandi yanitabiriwe n’Uhagarariye Inyungu z’Ingabo z’u Rwanda (Defence Attaché) muri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, Col Emmanuel Ruzindana.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga ko muri iyi nama, impande zombi zarebeye hamwe intambwe yatewe nyuma y’ibyemezo byafatiwe mu nama nk’iyi iheruka, birimo gucyemura ibibazo by’abambukiranya imipaka mu buryo butemewe ndetse n’ibindi bibazo bishobora kuba imbogamizi ku mutekano.

Nanone kandi baganiriye ku buryo bwakwifashisha mu kurushaho gutuma habaho imigenderanire myiza hagati y’abatuye ibi Bihugu bisanzwe ari ibivandimwe.

Maj Gen Paul Muhanguzi yashimiye Abakuru b’Ibihugu byombi ndetse n’ubuyobozi bw’Ingabo zabyo, ku murongo mwiza ndetse n’umuhate bashyize mu gukomeza imibanire n’imikoranire.

Yagize ati “Uyu munsi turi gusuzuma ibyagezweho byashobotse kubera gushyiraho umurongo n’umwuka byiza byazaniye ituze abaturage bo ku mipaka ku mpande zombi. Twishimiye iyi ntambwe yatewe kuva hajyaho uyu murongo.”

Yavuze ko Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byombi, bavugana mu buryo buhoraho byumwihariko ku bibazo by’umutekano bishobora kugaragara.

Ibi biganiro biri kuba mu gihe kandi Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba ari mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri uyu wa Kane tariki 20 Werurwe 2025, aho yakiriwe na mugenzi we wa RDF, General Mubarakh Muganga ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kigali.

Uhagarariye Ingabo za Uganda yashimiye umuhate w’Abakuru b’Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 9 =

Previous Post

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

Next Post

M23 yagize icyo ivuga ku wundi mujyi yafashe yongera guha ubutumwa FARC

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

M23 yagize icyo ivuga ku wundi mujyi yafashe yongera guha ubutumwa FARC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.