Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ibiri kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Menya ibiri kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’ubw’iza Uganda; buri mu nama y’iminsi itatu iri kubera i Mbarara muri Uganda, igamije gusuzumira hamwe uko umutakano wifashe n’uburyo bwo gukemura imbogamizi zaba zihari.

Iyi nama y’iminsi itatu yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 20 ikazarangira ku ya 22 Werurwe 2025, iri kubera mu Mujyi wa Mbarara muri Uganda, izanasuzumirwamo ibikibangamira abaturiye imipaka y’Ibihugu byombi kugira ngo bishakirwe umuti.

Iyi nama yitabiriwe n’Abakuriye Ingabo mu bice biri ku Mipaka y’ibi Bihugu byombi, aho intumwa z’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ziyobowe n’Umuyobozi w’Ingabo wa Diviziyo ya 5, Brig Gen Pascal Muhizi, mu gihe ku ruhande rwa UPDF, ziyobowe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya 2, Maj Gen Paul Muhanguzi.

Iyi nama kandi yanitabiriwe n’Uhagarariye Inyungu z’Ingabo z’u Rwanda (Defence Attaché) muri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, Col Emmanuel Ruzindana.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga ko muri iyi nama, impande zombi zarebeye hamwe intambwe yatewe nyuma y’ibyemezo byafatiwe mu nama nk’iyi iheruka, birimo gucyemura ibibazo by’abambukiranya imipaka mu buryo butemewe ndetse n’ibindi bibazo bishobora kuba imbogamizi ku mutekano.

Nanone kandi baganiriye ku buryo bwakwifashisha mu kurushaho gutuma habaho imigenderanire myiza hagati y’abatuye ibi Bihugu bisanzwe ari ibivandimwe.

Maj Gen Paul Muhanguzi yashimiye Abakuru b’Ibihugu byombi ndetse n’ubuyobozi bw’Ingabo zabyo, ku murongo mwiza ndetse n’umuhate bashyize mu gukomeza imibanire n’imikoranire.

Yagize ati “Uyu munsi turi gusuzuma ibyagezweho byashobotse kubera gushyiraho umurongo n’umwuka byiza byazaniye ituze abaturage bo ku mipaka ku mpande zombi. Twishimiye iyi ntambwe yatewe kuva hajyaho uyu murongo.”

Yavuze ko Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byombi, bavugana mu buryo buhoraho byumwihariko ku bibazo by’umutekano bishobora kugaragara.

Ibi biganiro biri kuba mu gihe kandi Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba ari mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri uyu wa Kane tariki 20 Werurwe 2025, aho yakiriwe na mugenzi we wa RDF, General Mubarakh Muganga ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kigali.

Uhagarariye Ingabo za Uganda yashimiye umuhate w’Abakuru b’Ibihugu byombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

Next Post

M23 yagize icyo ivuga ku wundi mujyi yafashe yongera guha ubutumwa FARC

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

M23 yagize icyo ivuga ku wundi mujyi yafashe yongera guha ubutumwa FARC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.