Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in MU RWANDA
0
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoni Karidinali Kambanda ukubutse i Vatican kwa Papa mu mihango yo guherekeza Nyirubutungane Papa Francis uherutse kwitaba Imana no gutora uwamusimbuye, yagarutse ku bikorwa by’ingenzi biranga umuhango wo gutora Papa mushya, byose bishingiye ku kuvugana n’Imana n’isengesho ryo kwiyegereza Roho Mutagatifu ngo atange Umushumba ukwiye.

Antoni Karidinali Kambanda, ni umwe mu Bakaridinali bitabiriye umuhango wo gutora Papa Leo XIV uherutse gutorerwa kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Pacis TV cyatambutse kuri uyu wa Mbere, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yavuze ko ubusanzwe habaho Abakaridinali 252 bari mu byiciro bibiri, barimo icy’abarengeje imyaka 80, batemerewe gutora, mu gihe abo mu cyiciro cy’imyaka iri munsi ya 80 ari bo bemerewe gutora.

Gusa aba Bakaridinali bakuze bitabira inama za Conclave, kuko baba bafite ubunararibonye bushobora kuyobora barumuna babo muri iyi mihango yo gutora Papa.

Karidinali Kambanda avuga ko ahabera izi nama, habanza gukurwamo ikintu cyose cy’itumanaho nka Camera, televiziyo, radiyo n’ibindi byose, ku buryo ababa bari muri icyo cyumba, batamenya ibibera hanze.

Ati “Ntabwo twari tuzi ibibera mu Isi yo hanze, ni ugusenga kuvugana n’Imana no kuvugana hagati yacu, n’abakozi bari muri za serivisi na bo bararahiraga. Na muri ziriya nama twararahiraga ko ibikorwa byose ibivugirwamo ni amabanga kugira ngo hirindwe [mu mateka hagiye habo kuvangira, ibintu bimeze nko kwamamaza cyangwa se iterabwoba].”

Avuga ko mu gutora Papa hakorwa amasengesho, kugira ngo Roho Mutagatifu ari we ugena ugomba kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ku buryo ari igikorwa cy’imbaraga za Roho Mutagatifu kurusha uko kiba icy’Abakaridinali baba bakirimo.

Ati “Ni igikorwa Gitagatifu, ni isakaramentu ku buryo wumva ububasha bwa Roho Mutagatifu koko, kwa kundi umuntu yumva ahabwa Ubupadiri cyangwa ahabwa Ubwepisikopi.”

Ku bijyanye n’imihango ikorwa, irimo gufunga urugi iyo Abakaridinali binjiye muri iyi Nama, bikorwa n’Umukaridinali muto, ndetse n’igikorwa cyo gutwika impapuro zigaragaza umwotsi ugaragaza ikimenyetso cy’icyemezo, ariko ko abandi babimufashamo.

Avuga kandi ko ari ibyo kwishimira kuba Gutora Papa bisigaye bimara igihe gito, kuko kuri iyi nshuro byamaze iminsi ibiri gusa, ariko ko n’ubundi byose bikorwa n’isengesho.

Ati “Twese tuba dusenga ngo Imana itwereke Papa mushya, noneho mu gusenga, icyo gihe uwo wumva akujemo, kuko tugenda duhuriza ku muntu, noneho na we ni ibintu biremereye cyane, cyane cyane ko abantu baba bamaze kubona uko Kiliziya ihagaze n’ibibazo bihari, ibyo ategerejweho, ndetse haba hari no gutegura umuntu ngo rwose nyamuneka utowe ntazaduhakanire ko ashobora kugira ubwoba akavuga ati ‘ibi bintu si ibyanjye mumbabarire’ bikazatugora ko ari umusaraba we yemera akawakira kandi ko natwe tuzakomeza kumufasha ariko cyane cyane Imana iba yamutoye ikazakomeza kumufasha.”

Iyo Papa amaze gutorwa abazwa niba abyemeye ku buryo abakaridinali bagenzi be na bo baba bari mu masengesho yo kugira ngo utorwa abibemerere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + five =

Previous Post

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

Next Post

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.