Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in MU RWANDA
0
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoni Karidinali Kambanda ukubutse i Vatican kwa Papa mu mihango yo guherekeza Nyirubutungane Papa Francis uherutse kwitaba Imana no gutora uwamusimbuye, yagarutse ku bikorwa by’ingenzi biranga umuhango wo gutora Papa mushya, byose bishingiye ku kuvugana n’Imana n’isengesho ryo kwiyegereza Roho Mutagatifu ngo atange Umushumba ukwiye.

Antoni Karidinali Kambanda, ni umwe mu Bakaridinali bitabiriye umuhango wo gutora Papa Leo XIV uherutse gutorerwa kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Pacis TV cyatambutse kuri uyu wa Mbere, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yavuze ko ubusanzwe habaho Abakaridinali 252 bari mu byiciro bibiri, barimo icy’abarengeje imyaka 80, batemerewe gutora, mu gihe abo mu cyiciro cy’imyaka iri munsi ya 80 ari bo bemerewe gutora.

Gusa aba Bakaridinali bakuze bitabira inama za Conclave, kuko baba bafite ubunararibonye bushobora kuyobora barumuna babo muri iyi mihango yo gutora Papa.

Karidinali Kambanda avuga ko ahabera izi nama, habanza gukurwamo ikintu cyose cy’itumanaho nka Camera, televiziyo, radiyo n’ibindi byose, ku buryo ababa bari muri icyo cyumba, batamenya ibibera hanze.

Ati “Ntabwo twari tuzi ibibera mu Isi yo hanze, ni ugusenga kuvugana n’Imana no kuvugana hagati yacu, n’abakozi bari muri za serivisi na bo bararahiraga. Na muri ziriya nama twararahiraga ko ibikorwa byose ibivugirwamo ni amabanga kugira ngo hirindwe [mu mateka hagiye habo kuvangira, ibintu bimeze nko kwamamaza cyangwa se iterabwoba].”

Avuga ko mu gutora Papa hakorwa amasengesho, kugira ngo Roho Mutagatifu ari we ugena ugomba kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ku buryo ari igikorwa cy’imbaraga za Roho Mutagatifu kurusha uko kiba icy’Abakaridinali baba bakirimo.

Ati “Ni igikorwa Gitagatifu, ni isakaramentu ku buryo wumva ububasha bwa Roho Mutagatifu koko, kwa kundi umuntu yumva ahabwa Ubupadiri cyangwa ahabwa Ubwepisikopi.”

Ku bijyanye n’imihango ikorwa, irimo gufunga urugi iyo Abakaridinali binjiye muri iyi Nama, bikorwa n’Umukaridinali muto, ndetse n’igikorwa cyo gutwika impapuro zigaragaza umwotsi ugaragaza ikimenyetso cy’icyemezo, ariko ko abandi babimufashamo.

Avuga kandi ko ari ibyo kwishimira kuba Gutora Papa bisigaye bimara igihe gito, kuko kuri iyi nshuro byamaze iminsi ibiri gusa, ariko ko n’ubundi byose bikorwa n’isengesho.

Ati “Twese tuba dusenga ngo Imana itwereke Papa mushya, noneho mu gusenga, icyo gihe uwo wumva akujemo, kuko tugenda duhuriza ku muntu, noneho na we ni ibintu biremereye cyane, cyane cyane ko abantu baba bamaze kubona uko Kiliziya ihagaze n’ibibazo bihari, ibyo ategerejweho, ndetse haba hari no gutegura umuntu ngo rwose nyamuneka utowe ntazaduhakanire ko ashobora kugira ubwoba akavuga ati ‘ibi bintu si ibyanjye mumbabarire’ bikazatugora ko ari umusaraba we yemera akawakira kandi ko natwe tuzakomeza kumufasha ariko cyane cyane Imana iba yamutoye ikazakomeza kumufasha.”

Iyo Papa amaze gutorwa abazwa niba abyemeye ku buryo abakaridinali bagenzi be na bo baba bari mu masengesho yo kugira ngo utorwa abibemerere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − five =

Previous Post

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

Next Post

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.