Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in MU RWANDA
0
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze
Share on FacebookShare on Twitter

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoni Karidinali Kambanda ukubutse i Vatican kwa Papa mu mihango yo guherekeza Nyirubutungane Papa Francis uherutse kwitaba Imana no gutora uwamusimbuye, yagarutse ku bikorwa by’ingenzi biranga umuhango wo gutora Papa mushya, byose bishingiye ku kuvugana n’Imana n’isengesho ryo kwiyegereza Roho Mutagatifu ngo atange Umushumba ukwiye.

Antoni Karidinali Kambanda, ni umwe mu Bakaridinali bitabiriye umuhango wo gutora Papa Leo XIV uherutse gutorerwa kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Pacis TV cyatambutse kuri uyu wa Mbere, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yavuze ko ubusanzwe habaho Abakaridinali 252 bari mu byiciro bibiri, barimo icy’abarengeje imyaka 80, batemerewe gutora, mu gihe abo mu cyiciro cy’imyaka iri munsi ya 80 ari bo bemerewe gutora.

Gusa aba Bakaridinali bakuze bitabira inama za Conclave, kuko baba bafite ubunararibonye bushobora kuyobora barumuna babo muri iyi mihango yo gutora Papa.

Karidinali Kambanda avuga ko ahabera izi nama, habanza gukurwamo ikintu cyose cy’itumanaho nka Camera, televiziyo, radiyo n’ibindi byose, ku buryo ababa bari muri icyo cyumba, batamenya ibibera hanze.

Ati “Ntabwo twari tuzi ibibera mu Isi yo hanze, ni ugusenga kuvugana n’Imana no kuvugana hagati yacu, n’abakozi bari muri za serivisi na bo bararahiraga. Na muri ziriya nama twararahiraga ko ibikorwa byose ibivugirwamo ni amabanga kugira ngo hirindwe [mu mateka hagiye habo kuvangira, ibintu bimeze nko kwamamaza cyangwa se iterabwoba].”

Avuga ko mu gutora Papa hakorwa amasengesho, kugira ngo Roho Mutagatifu ari we ugena ugomba kuba Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ku buryo ari igikorwa cy’imbaraga za Roho Mutagatifu kurusha uko kiba icy’Abakaridinali baba bakirimo.

Ati “Ni igikorwa Gitagatifu, ni isakaramentu ku buryo wumva ububasha bwa Roho Mutagatifu koko, kwa kundi umuntu yumva ahabwa Ubupadiri cyangwa ahabwa Ubwepisikopi.”

Ku bijyanye n’imihango ikorwa, irimo gufunga urugi iyo Abakaridinali binjiye muri iyi Nama, bikorwa n’Umukaridinali muto, ndetse n’igikorwa cyo gutwika impapuro zigaragaza umwotsi ugaragaza ikimenyetso cy’icyemezo, ariko ko abandi babimufashamo.

Avuga kandi ko ari ibyo kwishimira kuba Gutora Papa bisigaye bimara igihe gito, kuko kuri iyi nshuro byamaze iminsi ibiri gusa, ariko ko n’ubundi byose bikorwa n’isengesho.

Ati “Twese tuba dusenga ngo Imana itwereke Papa mushya, noneho mu gusenga, icyo gihe uwo wumva akujemo, kuko tugenda duhuriza ku muntu, noneho na we ni ibintu biremereye cyane, cyane cyane ko abantu baba bamaze kubona uko Kiliziya ihagaze n’ibibazo bihari, ibyo ategerejweho, ndetse haba hari no gutegura umuntu ngo rwose nyamuneka utowe ntazaduhakanire ko ashobora kugira ubwoba akavuga ati ‘ibi bintu si ibyanjye mumbabarire’ bikazatugora ko ari umusaraba we yemera akawakira kandi ko natwe tuzakomeza kumufasha ariko cyane cyane Imana iba yamutoye ikazakomeza kumufasha.”

Iyo Papa amaze gutorwa abazwa niba abyemeye ku buryo abakaridinali bagenzi be na bo baba bari mu masengesho yo kugira ngo utorwa abibemerere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 5 =

Previous Post

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

Next Post

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.