Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyatumye bwa mbere u Rwanda rwerura ko rufite ubwirinzi bwo mu kirere

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Menya icyatumye bwa mbere u Rwanda rwerura ko rufite ubwirinzi bwo mu kirere

Ifoto yakuwe kuri Interineti: Ni imwe mu ntwaro zifashishwa mu kuzimya ibisasu bituruka mu kirere

Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko kuba rwemeje ko rufite ubwirinzi bwo guhangana n’icyahungabanya umutekano giturutse mu kirere, ari uko hari abaherutse kuvuga ko bifuza kurasa mu Rwanda bakoresheje ibisasu bya kure, rukaba rufite na gihamya ko ababivuze bafite indege z’intambara.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, u Rwanda rwongeye kuvuga ko rwakajije ingamba zo kurinda umutekano w’Abaturarwanda, nyuma y’uko hagaragaye ibyototera kuwuhungabanya.

Igika cya karindwi cy’iri tangazo, kigaruka kuri izo ngamba, kigira kiti “Aha harimo, ingamba zo guteza imbere uburinzi bw’ikirere cy’u Rwanda, no gucungira hafi ibikorwa bya gisirikare byo mu kirere ku rundi ruhande, nyuma y’aho hagaragaye ko RDC yakoresheje drone zikorerwa mu Bushinwa zo mu bwoko bwa CH-4 mu bitero byabaye mu 2023, ndetse hakanabaho ibikorwa byo kuvogera ikirere cy’u Rwanda bikozwe n’indege z’intambara za Kongo.”

Ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rwasobanuye ko rufite ubu bwirinzi bwo guhangana n’ibitero byo mu kirere, byanatumye hari abibaza impamvu ari bwo rwabishyize ku mugaragaro.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko ibi bitangajwe nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atangaje we ubwe ko naramuka yongeye gutorerwa kuyobora iki Gihugu azarasa mu Rwanda yibereye mu Gihugu cye, bityo ko u Rwanda rutari guterera iyo.

Ati “Ijambo rivuzwe na Perezida w’Igihugu icyo ari cyo cyose, Perezida ni urwego ntabwo tugomba kurifata nk’imikino. Niba avuga ngo ‘njye mfite drone nshobora kurasira noneho i Goma nkarasa i Rubavu cyangwa se Muhanga cyangwa se i Kigali’, ntabwo tugomba kubifata nk’imikino.”

Mukuralinda yakomeje agira ati “Rimwe na rimwe hari igihe u Rwanda ruvuga ruti ‘reka dusubize mu buryo ubu n’ubu’ uyu munsi ni bwo rwahisemo kubivuga ruti ‘okay, drone zirahari mwaranabivuze, twarazibonye twaranazumvise zirasa, mwanavuze ko zizarasa i Kigali, indege zo twarazibonye hari n’izarashweho kugira ngo zitongera kurenga umupaka’, kuva zanaraswa ibyo byaragabanutse, ‘noneho mumenye ko n’ahandi [u Rwanda rukunda kuvuga ngo ruzafata cyangwa rufata ingamba zo kurinda umutekano] noneho si umutekano gusa wo ku butaka urinzwe, si umutekano gusa w’abaturage, urindiwe ku butaka, urindiwe mu mazi, urindiwe no mu kirere’.”

Mu bihe bitandukanye, Perezida Paul Kagame yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ntagishobora kuwuhungabanya, nk’uko yabivuze mu kiganiro yatanze ubwo habaga ibirori bisoza umwaka wa 2023, ndetse no mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yabasezeranyije ko bagoma kuryama bagasinzira kuko inzego z’umutekano zabo zibabereye maso, kandi ko ntagishobora kubona aho kimenera ngo kize kubahungabanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 2 =

Previous Post

Ruhango: Abataramenyekana bari bitwaje intwaro gakondo batemye abanyerongo bahita babura

Next Post

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.