Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyatumye bwa mbere u Rwanda rwerura ko rufite ubwirinzi bwo mu kirere

radiotv10by radiotv10
20/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Menya icyatumye bwa mbere u Rwanda rwerura ko rufite ubwirinzi bwo mu kirere

Ifoto yakuwe kuri Interineti: Ni imwe mu ntwaro zifashishwa mu kuzimya ibisasu bituruka mu kirere

Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko kuba rwemeje ko rufite ubwirinzi bwo guhangana n’icyahungabanya umutekano giturutse mu kirere, ari uko hari abaherutse kuvuga ko bifuza kurasa mu Rwanda bakoresheje ibisasu bya kure, rukaba rufite na gihamya ko ababivuze bafite indege z’intambara.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, u Rwanda rwongeye kuvuga ko rwakajije ingamba zo kurinda umutekano w’Abaturarwanda, nyuma y’uko hagaragaye ibyototera kuwuhungabanya.

Igika cya karindwi cy’iri tangazo, kigaruka kuri izo ngamba, kigira kiti “Aha harimo, ingamba zo guteza imbere uburinzi bw’ikirere cy’u Rwanda, no gucungira hafi ibikorwa bya gisirikare byo mu kirere ku rundi ruhande, nyuma y’aho hagaragaye ko RDC yakoresheje drone zikorerwa mu Bushinwa zo mu bwoko bwa CH-4 mu bitero byabaye mu 2023, ndetse hakanabaho ibikorwa byo kuvogera ikirere cy’u Rwanda bikozwe n’indege z’intambara za Kongo.”

Ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rwasobanuye ko rufite ubu bwirinzi bwo guhangana n’ibitero byo mu kirere, byanatumye hari abibaza impamvu ari bwo rwabishyize ku mugaragaro.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko ibi bitangajwe nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atangaje we ubwe ko naramuka yongeye gutorerwa kuyobora iki Gihugu azarasa mu Rwanda yibereye mu Gihugu cye, bityo ko u Rwanda rutari guterera iyo.

Ati “Ijambo rivuzwe na Perezida w’Igihugu icyo ari cyo cyose, Perezida ni urwego ntabwo tugomba kurifata nk’imikino. Niba avuga ngo ‘njye mfite drone nshobora kurasira noneho i Goma nkarasa i Rubavu cyangwa se Muhanga cyangwa se i Kigali’, ntabwo tugomba kubifata nk’imikino.”

Mukuralinda yakomeje agira ati “Rimwe na rimwe hari igihe u Rwanda ruvuga ruti ‘reka dusubize mu buryo ubu n’ubu’ uyu munsi ni bwo rwahisemo kubivuga ruti ‘okay, drone zirahari mwaranabivuze, twarazibonye twaranazumvise zirasa, mwanavuze ko zizarasa i Kigali, indege zo twarazibonye hari n’izarashweho kugira ngo zitongera kurenga umupaka’, kuva zanaraswa ibyo byaragabanutse, ‘noneho mumenye ko n’ahandi [u Rwanda rukunda kuvuga ngo ruzafata cyangwa rufata ingamba zo kurinda umutekano] noneho si umutekano gusa wo ku butaka urinzwe, si umutekano gusa w’abaturage, urindiwe ku butaka, urindiwe mu mazi, urindiwe no mu kirere’.”

Mu bihe bitandukanye, Perezida Paul Kagame yizeje Abanyarwanda ko umutekano wabo ntagishobora kuwuhungabanya, nk’uko yabivuze mu kiganiro yatanze ubwo habaga ibirori bisoza umwaka wa 2023, ndetse no mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yabasezeranyije ko bagoma kuryama bagasinzira kuko inzego z’umutekano zabo zibabereye maso, kandi ko ntagishobora kubona aho kimenera ngo kize kubahungabanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 14 =

Previous Post

Ruhango: Abataramenyekana bari bitwaje intwaro gakondo batemye abanyerongo bahita babura

Next Post

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

TdRwanda2024: Umunya-Colombia yegukanye Etape3 ahita anashyiraho agahigo yihariyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.