Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yongeye kwamagana amagambo gashozantambara yatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ibi byatumye ubwirinzi bwakajijwe n’u Rwanda bugomba kugumaho.

Ni nyuma y’amagambo rutwitsi yatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba yavuze ubwo yabwiraga imfungwa zo muri Gereza ya Manzenze iri Goma hafi y’umupaka w’u Rwanda.

Uyu munyapolitiki yumvikanye ahamagarira imfungwa guhaguruka zikagirira nabi abo yise abanzi b’Igihugu cyabo cya Congo, ari bo Banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu uri mu bagize Guverinoma ya Congo Kinshasa, kandi yageze n’aho arengera, avuga ko uretse kugirira nabi abo banzi b’Igihugu, ngo bagomba no kubikorera Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.

Uyu mugabo wumvikanaga mu mvugo z’ubwishongozi bwinshi, yavuze ko ngo ubutegetsi bw’Igihugu cyabo butakwemera ko gifatwa n’Abanyarwanda, ndetse ko ngo “bazafata uwo ari we wese, ndetse na Perezida Kagame tuzamufata.”

Mu butumwa bw’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo wongeye kwamagana izi mvugo gashozantambara, yavuze ko aya magambo ya Constant Mutamba agaragaza intege nke n’iburabushishozi byakomeje kumunga ubutegetsi bwa Congo.

Yagize ati “Mbega ukuntu urwego rw’Ubutabera bwa DR Congo burwaye? Burarembye cyane kubona Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, Constant Mutamba yambara agapfukamunwa yikinga umwuka mubi wo muri Gereza ya Manzenze muri Goma, agakora ibisa nko gutera ibuye ku mupaka w’u Rwanda.”

Yolande Makolo yakomeje agaruka ku mvugo z’urwango za Constant Mutamba yavuze mu rurimi rw’Ikiswahili, “ahamagarira imfungwa guhiga, kwamagana no kwica ‘Banyarwanda’ ndetse na Perezida w’u Rwanda, kugira ngo zirekurwe.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yarangije ubutumwa bwe agira ati “Ibi ni byo u Rwanda rwakomeje guhangana na byo umunsi ku wundi. Ni na yo mpamvu ingamba z’ubwirinzi bw’u Rwanda zagumyeho.”

Aya magambo ya Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, yavuzwe habura umunsi umwe ngo habe inama ya gatandatu yo ku rwego rw’Abaminisitiri ihuje Guverinoma y’u Rwanda iya DRC ndetse na Angola nk’umuhuza.

Iyi nama yabaye ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, yari iyo gusubukura ibiganiro bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Congo, aho Ibihugu byombi byemeranyijweho ingingo zirimo gusenya umutwe wa FDLR ndetse no kuba u Rwanda rwakuraho ingamba z’ubwirinzi zakajijwe.

Iyi nama yabaye mu ntangiro z’iki cyumweru, yahumuje impande zombi zishyize umukono mu cyemezo cyo gusenya umutwe wa FDLR, nyuma yuko bisuzumwe n’impuguke mu by’iperereza n’umutekano.

U Rwanda rwakunze kuvuga ko rudashobora gukuraho ingamba rwakajije mu gihe hataratangizwa ibikorwa byo gusenya umutwe wa FDLR usanzwe uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Next Post

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.