Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya icyemezo cyafashwe n’u Rwanda nyuma y’amagambo ‘rutwitsi’ ya Minisitiri wo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yongeye kwamagana amagambo gashozantambara yatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ibi byatumye ubwirinzi bwakajijwe n’u Rwanda bugomba kugumaho.

Ni nyuma y’amagambo rutwitsi yatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba yavuze ubwo yabwiraga imfungwa zo muri Gereza ya Manzenze iri Goma hafi y’umupaka w’u Rwanda.

Uyu munyapolitiki yumvikanye ahamagarira imfungwa guhaguruka zikagirira nabi abo yise abanzi b’Igihugu cyabo cya Congo, ari bo Banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu uri mu bagize Guverinoma ya Congo Kinshasa, kandi yageze n’aho arengera, avuga ko uretse kugirira nabi abo banzi b’Igihugu, ngo bagomba no kubikorera Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame.

Uyu mugabo wumvikanaga mu mvugo z’ubwishongozi bwinshi, yavuze ko ngo ubutegetsi bw’Igihugu cyabo butakwemera ko gifatwa n’Abanyarwanda, ndetse ko ngo “bazafata uwo ari we wese, ndetse na Perezida Kagame tuzamufata.”

Mu butumwa bw’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo wongeye kwamagana izi mvugo gashozantambara, yavuze ko aya magambo ya Constant Mutamba agaragaza intege nke n’iburabushishozi byakomeje kumunga ubutegetsi bwa Congo.

Yagize ati “Mbega ukuntu urwego rw’Ubutabera bwa DR Congo burwaye? Burarembye cyane kubona Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, Constant Mutamba yambara agapfukamunwa yikinga umwuka mubi wo muri Gereza ya Manzenze muri Goma, agakora ibisa nko gutera ibuye ku mupaka w’u Rwanda.”

Yolande Makolo yakomeje agaruka ku mvugo z’urwango za Constant Mutamba yavuze mu rurimi rw’Ikiswahili, “ahamagarira imfungwa guhiga, kwamagana no kwica ‘Banyarwanda’ ndetse na Perezida w’u Rwanda, kugira ngo zirekurwe.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yarangije ubutumwa bwe agira ati “Ibi ni byo u Rwanda rwakomeje guhangana na byo umunsi ku wundi. Ni na yo mpamvu ingamba z’ubwirinzi bw’u Rwanda zagumyeho.”

Aya magambo ya Minisitiri w’Ubutabera wa DRC, yavuzwe habura umunsi umwe ngo habe inama ya gatandatu yo ku rwego rw’Abaminisitiri ihuje Guverinoma y’u Rwanda iya DRC ndetse na Angola nk’umuhuza.

Iyi nama yabaye ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, yari iyo gusubukura ibiganiro bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Congo, aho Ibihugu byombi byemeranyijweho ingingo zirimo gusenya umutwe wa FDLR ndetse no kuba u Rwanda rwakuraho ingamba z’ubwirinzi zakajijwe.

Iyi nama yabaye mu ntangiro z’iki cyumweru, yahumuje impande zombi zishyize umukono mu cyemezo cyo gusenya umutwe wa FDLR, nyuma yuko bisuzumwe n’impuguke mu by’iperereza n’umutekano.

U Rwanda rwakunze kuvuga ko rudashobora gukuraho ingamba rwakajije mu gihe hataratangizwa ibikorwa byo gusenya umutwe wa FDLR usanzwe uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + seven =

Previous Post

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Next Post

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Gisagara: Umubyeyi ubuzima buri gucika abureba aratabaza abagiraneza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.