Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yashyize hanze gahunda y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, igaragaza ingengabihe y’ibikorwa byose nk’igihe gutanga Kandidatire bizatangirira ndetse n’igihe hazatangarizwa ibyavuye mu matora.

Ni gahunda igaragara mu itangazo ryashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024.

Iyi gahunda iteganyijwemo ibikorwa 22, bibanzirizwa no gushaka ibikoresho by’amatora bigomba gukorwa kuva muri Mutarama kugeza muri Gicurasi 2024.

Hazakurikiraho igikorwa cyo gutumira no kwakira Indorerezi z’Amatora, byo bizaba hagati ya 15 Werurwe na 14 Nyakanga 2024.

Hari kandi kuvugurura Lisiti y’Itora mu Rwanda no mu mahanga, bizaba hagati ya Werurwe na Kamena 2024, hakaba igihe abakandida bigenga bazasinyishiriza abantu babashyigikira kandidatire zabo, bizakorwa kuva tariki 18 Mata kugeza ku ya 20 Gicurasi 2024.

Kwakira Kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika n’Abadepite, bizakorwa kuva tariki 17 kugeza ku ya 30 Gicurasi, naho gutangaza by’agateganyo Abakandida bemejwe, bikorwe tariki 06 Kamena 2024.

Tariki 14 Kamena 2024 hazatangazwa urutonde ntakuka rw’Abakandida bemejwe, ubundi kwiyamamaza yaba ari ku mitwe ya Polotiki n’Abakandida baziyamamaza ku giti cyabo, bizabe kuva tariki 22 Kamenda kugeza ku ya 13 Nyakanga 2024.

Amatora ya Perezida wa Repubulika ku Banyarwanda baba mu mahanga, ndetse n’ay’Abadepite 53 baturuka mu mitwe ya Politiki n’Abakandida baziyamama ku giti cyabo ku Banyarwanda baba mu mahanga, azaba tariki 14 Nyakanga 2024, mu gihe ku baba mu mu Rwanda bwo azaba tariki 15 Nyakanga 2024.

Ni mu gihe itora ry’Abadepite babiri batorwa n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’Itora ry’Umudepite umwe utorwa n’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga, ryo rizaba tariki 16 Nyakanga 2024.

Gutangaza by’agateganyo ibyavuye mu matora, bizaba bitarenze tariki 20 Nyakanga, mu gihe ibya burundu byo bizatangazwa bitarenze tariki 27 Nyakanga 2024.

SOMA ITANGAZO RYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 11 =

Previous Post

TdRwanda2024: Umubiligi yegukanye Etape4, Abanyarwanda basezeranya ko ntarirarenga

Next Post

Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.