Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yashyize hanze gahunda y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, igaragaza ingengabihe y’ibikorwa byose nk’igihe gutanga Kandidatire bizatangirira ndetse n’igihe hazatangarizwa ibyavuye mu matora.

Ni gahunda igaragara mu itangazo ryashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024.

Iyi gahunda iteganyijwemo ibikorwa 22, bibanzirizwa no gushaka ibikoresho by’amatora bigomba gukorwa kuva muri Mutarama kugeza muri Gicurasi 2024.

Hazakurikiraho igikorwa cyo gutumira no kwakira Indorerezi z’Amatora, byo bizaba hagati ya 15 Werurwe na 14 Nyakanga 2024.

Hari kandi kuvugurura Lisiti y’Itora mu Rwanda no mu mahanga, bizaba hagati ya Werurwe na Kamena 2024, hakaba igihe abakandida bigenga bazasinyishiriza abantu babashyigikira kandidatire zabo, bizakorwa kuva tariki 18 Mata kugeza ku ya 20 Gicurasi 2024.

Kwakira Kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika n’Abadepite, bizakorwa kuva tariki 17 kugeza ku ya 30 Gicurasi, naho gutangaza by’agateganyo Abakandida bemejwe, bikorwe tariki 06 Kamena 2024.

Tariki 14 Kamena 2024 hazatangazwa urutonde ntakuka rw’Abakandida bemejwe, ubundi kwiyamamaza yaba ari ku mitwe ya Polotiki n’Abakandida baziyamamaza ku giti cyabo, bizabe kuva tariki 22 Kamenda kugeza ku ya 13 Nyakanga 2024.

Amatora ya Perezida wa Repubulika ku Banyarwanda baba mu mahanga, ndetse n’ay’Abadepite 53 baturuka mu mitwe ya Politiki n’Abakandida baziyamama ku giti cyabo ku Banyarwanda baba mu mahanga, azaba tariki 14 Nyakanga 2024, mu gihe ku baba mu mu Rwanda bwo azaba tariki 15 Nyakanga 2024.

Ni mu gihe itora ry’Abadepite babiri batorwa n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’Itora ry’Umudepite umwe utorwa n’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga, ryo rizaba tariki 16 Nyakanga 2024.

Gutangaza by’agateganyo ibyavuye mu matora, bizaba bitarenze tariki 20 Nyakanga, mu gihe ibya burundu byo bizatangazwa bitarenze tariki 27 Nyakanga 2024.

SOMA ITANGAZO RYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 1 =

Previous Post

TdRwanda2024: Umubiligi yegukanye Etape4, Abanyarwanda basezeranya ko ntarirarenga

Next Post

Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo
IBYAMAMARE

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.