Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yashyize hanze gahunda y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, igaragaza ingengabihe y’ibikorwa byose nk’igihe gutanga Kandidatire bizatangirira ndetse n’igihe hazatangarizwa ibyavuye mu matora.

Ni gahunda igaragara mu itangazo ryashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024.

Iyi gahunda iteganyijwemo ibikorwa 22, bibanzirizwa no gushaka ibikoresho by’amatora bigomba gukorwa kuva muri Mutarama kugeza muri Gicurasi 2024.

Hazakurikiraho igikorwa cyo gutumira no kwakira Indorerezi z’Amatora, byo bizaba hagati ya 15 Werurwe na 14 Nyakanga 2024.

Hari kandi kuvugurura Lisiti y’Itora mu Rwanda no mu mahanga, bizaba hagati ya Werurwe na Kamena 2024, hakaba igihe abakandida bigenga bazasinyishiriza abantu babashyigikira kandidatire zabo, bizakorwa kuva tariki 18 Mata kugeza ku ya 20 Gicurasi 2024.

Kwakira Kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika n’Abadepite, bizakorwa kuva tariki 17 kugeza ku ya 30 Gicurasi, naho gutangaza by’agateganyo Abakandida bemejwe, bikorwe tariki 06 Kamena 2024.

Tariki 14 Kamena 2024 hazatangazwa urutonde ntakuka rw’Abakandida bemejwe, ubundi kwiyamamaza yaba ari ku mitwe ya Polotiki n’Abakandida baziyamamaza ku giti cyabo, bizabe kuva tariki 22 Kamenda kugeza ku ya 13 Nyakanga 2024.

Amatora ya Perezida wa Repubulika ku Banyarwanda baba mu mahanga, ndetse n’ay’Abadepite 53 baturuka mu mitwe ya Politiki n’Abakandida baziyamama ku giti cyabo ku Banyarwanda baba mu mahanga, azaba tariki 14 Nyakanga 2024, mu gihe ku baba mu mu Rwanda bwo azaba tariki 15 Nyakanga 2024.

Ni mu gihe itora ry’Abadepite babiri batorwa n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’Itora ry’Umudepite umwe utorwa n’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga, ryo rizaba tariki 16 Nyakanga 2024.

Gutangaza by’agateganyo ibyavuye mu matora, bizaba bitarenze tariki 20 Nyakanga, mu gihe ibya burundu byo bizatangazwa bitarenze tariki 27 Nyakanga 2024.

SOMA ITANGAZO RYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + five =

Previous Post

TdRwanda2024: Umubiligi yegukanye Etape4, Abanyarwanda basezeranya ko ntarirarenga

Next Post

Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.