Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wamaze kugera mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, yakiriye Inama y’Amadini n’Amatorero.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025 nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Ihuriro AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.

Mu butumwa bwa Lawrence Kanyuka yashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, yagize ati “Perezida w’icyubahiro Joseph Kabira muri aka kanya yakiriye Inama y’Amatorere muri Kinyogote.”

Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse muri iki Gihugu mu Mujyi wa Goma mu minsi micye ishize, aho amakuru y’igaruka rye yemejwe na AFC/M23 mu rukerera rwo ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Uyu munyapolitiki wari umaze igihe ari mu buhungiro, yagarutse muri DRC nyuma yo kugeza ku Banyekongo ijambo risubiza Leta y’iki Gihugu yamaze gufata icyemezo cyo kumwambura ubudahangarwa nk’uwabaye Umukuru w’Igihugu imushinja ibyaha bikomeye birimo ubugambanyi, iby’intambara n’ibyasiye inyokomuntu, bishingiye ku kuba ashinjwa gufasha umutwe wa M23.

Joseph Kabila utarakunze gutangaza byinshi, yanenze ubutegetsi bwamusimbuye buyobowe na Felix Tshisekedi, aho yasabye Abanyekongo bose guhaguruka kugira ngo bagire ubutegetsi bushikamye.

Mu bikorwa byamujyanye i Goma, biteganyijwe ko Joseph Kabila azakira amatsinda atandukanye arimo abanyamadini n’amatorero yakiriye uyu munsi ndetse na Sosiyete Sivile kimwe n’amatsinda y’urubyiruko, kugira ngo akusanye ibitekerezo.

Umuwe mu bayobozi bari hafi ya Kabila, yagize ati “Agomba kumva ibitekerezo byabo, ari mu rugendo rugamije gushaka umuti urambye, rero ni ngombwa ko yumva buri wese, abantu bakavuga ikibari ku mutima.”

Joseph Kabila yatangiye kwakira abo bagomba kuganira

Hari n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Next Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zongeye gusasa inzobe mu nama y’iminsi itatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.