Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, wongerewe nyuma y’uko Perezida w’iki Gihugu Filipe Nyusi, abivuzeho ko abasirikare b’u Rwanda bagiye kongerwa kugira ngo bahangane n’ibitero by’ibyihebe byo mu mutwe ushamikiye ku wiyise Leta ya Kisilamu.

Mu cyumweru gishize, tariki 20 Gicurasi 2024, Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi yari yavugiye kuri Radio y’Igihugu ko, u Rwanda rugiye kohereza abandi basirikare mu rwego rwo guhangana n’ibitero bigabwa n’ibyihebe mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yemeje ko u Rwanda ruherutse kongera imbaraga mu bikorwa by’ingabo zarwo ziri mu butumwa mu Turere twa Palma, Mocimboa da Praia na Ancuabe, aho hoherejwe abandi basirikare b’inyongera 2 000.

Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko kongera umubare w’abasirikare b’u Rwanda muri ibi bikorwa bigamije “koroshya ibikorwa byo kwirukana ibyihebe bigisigaye byihishe mu mashyamba yo mu Karere ka Mocamia.”

Nyuma y’uko ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique, zirukanye ibyihebe mu Mijyi imwe n’imwe ndetse n’ibice by’icyaro muri Cabo Delgado, zikomeje kubyirukana mu bice bihana imbibi n’iyi Ntara, mu Ntara ya Nampula.

Ni mu gihe kandi ingabo za SADC ziri mu butumwa bwiswe SAMIM, zo ziteganya kurangiza ubutumwa bwazo mu mpera z’uyu mwaka.

Abasesenguzi bakavuga ko nyuma y’uko izi ngabo za SADC zizaba zivuye mu bice zarimo, iz’u Rwanda n’iza Mozambique zizahura n’akazi gakomeye ko kurwana urundi rugamba rw’ibi byihebe kuko bizaba bibonye icyuho, bityo ko hakenewe kongera imbaraga nk’uko RDF yabigenje.

Kuva tariki 26 Mata kugeza ku ya 04 Gicurasi 2024, RDF ifatanyije n’igisirikare cya Mozambique, bakoze ibitero byo kwirukana ibyihebe bikihishe mu bice by’amashyamba bya Odinepa, Nasua, Mitaka na Manika, mu Karere ka Eráti District mu Ntara ya Nampula, aho “bacye muri bo babashije gucika banyuze mu mugezi wa Lurio.”

Brig Gen Rwivanga avuga ko ibyo byihebe byakomeje kwihisha mu bice by’amashyamba kuva byakwamururwa n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique.

Kongera umubare w’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa muri Mozambique, bibaye mu gihe muri uku kwezi, Perezida w’iki Gihugu, Filipe Nyusi yari mu Rwanda yitabiriye Inama y’Ihuriro rya Africa CEO Forum, aho yanabonanye na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro birimo ibyo gukomeza kongerera ingufu umubano uri hagati y’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − six =

Previous Post

Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Next Post

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.