Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru zirimo iz’abayobozi batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru zirimo iz’abayobozi batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo Nelly Mukazayire wagizwe Minisitiri wa Siporo wasimbuye Nyirishema Richard wari umazeho amezi ane, ndetse Maj Gen Joseph Nzabamwita wasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya.

Ni impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru z’Igihugu kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, nk’uko bikubiye mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Muri Guverinoma hinjiyemo abayobozi batatu bashya, barimo Nelly Mukazayire wari usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, akaba yagizwe Minisitiri wa Siporo.

Muri iyi Minisiteri ya Siporo kandi, Rwego Ngarambe yagizwe Umunyamabanga wa Leta, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Ushinzwe Iterambere rya Siporo.

Nanone muri Guverinoma, hinjiyemo Godfrey Kabera, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta.

Godfrey Kabera wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ishami Rishinzwe igenamigambi n’ubushakashatsi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, yasimbuye Richard Tusabe.

Abandi bayobozi bashyizwe mu myanya, barimo Maj Gen Joseph Nzabamwita wari umaze amezi atandatu agizwe Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano mu Biro bya Perezida wa Repubulika (OTP) akaba yaranigeze kuba Umuvugizi wa RDF, ubu wasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya.

Parfait Busabizwa wari usanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo.

Lambert Dushimimana wari uherutse gukurwa ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bw’u Buholandi.

Amb. Vincent Karega wigeze guhagararira u Rwanda muri Afurika y’Epfo no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaherukaga, yagizwe Ambasaderi wihariye ushinzwe akarere k’Ibiyaga Bigari. Naho Festus Bizima, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal.

Ni mu gihe kandi Francis Gatare wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), yagizwe Umujyanama Wihariye muri Perezidansi ya Repubulika.

Eng. Richard Nyirishema wari umaze amezi ane ari Minisitiri wa Siporo, yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa mu Kigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi.

Naho Jean Claude Musabyimana wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, we yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, asimbura Charles Munyaneza wari umaze igihe kinini kuri uyu mwanya.

Hari kandi Francois Regis wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, akaba yari aherutse no gutandukana n’Ikibe ya Simba FC yo muri Tanzania ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru (CEO), we wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, aho yasimbuye Nelly Mukazayire wabaye Minisitiri.

Brave Ngabo wari umaze amezi ane agizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, aho yasimbuye Parfait Busabizwa wagizwe Ambasaderi muri Congo Brazzaville.

Naho Ariane Zingiro, akaba yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Igenamigambi muri MINECOFIN, inshingano yasimbuyeho Godfrey Kabera, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta.

Nelly Mukazayire yagizwe Minisitiri wa Siporo
Rwego Ngarambe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS
Godfrey Kabera yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta
Maj Gen Joseph Nzabamwita yasabiwe kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Next Post

Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.