Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Imiryango ya EAC na SADC ihurije hamwe ibiganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagiye kubaho impinduka mu biganiro, zatumye Angola nk’Igihugu cyari kimaze igihe ari Umuhuza mu by’u Rwanda na DRC, kitazakomeza izi nshingano.

Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025, hateganyijwe Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yiga ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama igiye guterana nyuma yuko habaye indi nk’iyi yabaye tariki 24 Gashyantare 2025 yashyizeho abahuza muri ibi bibazo, ari bo Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, Uhuru Kenyatta wayohoye Kenya, ndetse na Hailemariam Desalegn Boshe wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwereranw w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko aba bahuza batatu bashobora kuzongerwaho undi umwe wa kane.

Yavuze ko aba ari bo bagiye kuyobora ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, nyuma yuko bihujwe aho kugira ngo habeho ibitatanye.

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko aya mahirwe mashya azatuma uyu mwaka wa 2025 utanga icyerekezo mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo.

Ati “Cyane cyane ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo na M23 ndetse no gukomeza ibiganiro byari bihari hagati y’u Rwanda na Guverinoma ya Congo bishingiye cyane cyane ku mutekano wacu w’u Rwanda.”

 

Angola ntikiri umuhuza w’u Rwanda na DRC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko ibiganiro by’i Luanda muri Angola byahuzaga u Rwanda na DRC, bitakiriho nyuma yuko habayeho kubihuza.

Ati “Nk’uko byagaragaye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu yabereye i Dar es Salaam ku itariki ya 08 z’ukwa kabiri, ibiganiro bya Luanda n’ibiganiro bya Nairobi byarahujwe bigirwa ikiganiro kimwe. Ubu nta biganiro bya Luanda bigihari, nta biganiro bya Nairobi bigihari.”

Ibiganiro bya Luanda, byari iby’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byahuzaga u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, naho iby’i Nairobi bikaba byari iby’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byahuzaga Guverinoma ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Bariya bahuza batatu bashyizweho ndetse n’undi umwe ushobora kuzashyirwaho, bazakora ku mabwiriza bazahabwa n’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe, ari na we Perezida wa Angola, João Lourenço.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, byashyize hanze itangazo rivuga ko iki Gihugu cyahagaritse inshingano zo kuba umuhuza.

Iri tangazo rivuga ko kuva Angola yahabwa izi nshingano zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo, hari intambwe yatewe, nko kuba mu kwezi k’Ukuboza 2024 Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yarageze ku myanzuro irimo gusenya umutwe wa FDLR ubangamiye umutekano w’u Rwanda, ndetse no kuba u Rwanda na rwo rwakuraho ingamba rwashyizeho z’ubwirinzi.

Angola yavuze ko yakoresheje imbaraga zose zishoboka ndetse n’ubushobozi bushoboka mu kubahiriza izi nshingano, yavuze ko nubwo hari hagezwe kuri biriya byemezo birimo gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi ku ruhande rw’u Rwanda, hatabashije kuba inama yagombaga guhuza Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC yari kuba tariki 15 Ukuboza.

Perezidansi ya Angola ivuga ko nyuma yuko Perezida João Lourenço ahawe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ashyize imbere kubahiriza inshingano z’uyu Mugabane, ku buryo inshingano yari afite z’ubuhuza mu bibazo bya RDC, zizakomeza gukurikiranwa n’abahuza bashyizweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Next Post

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.