Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Imiryango ya EAC na SADC ihurije hamwe ibiganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagiye kubaho impinduka mu biganiro, zatumye Angola nk’Igihugu cyari kimaze igihe ari Umuhuza mu by’u Rwanda na DRC, kitazakomeza izi nshingano.

Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025, hateganyijwe Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yiga ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama igiye guterana nyuma yuko habaye indi nk’iyi yabaye tariki 24 Gashyantare 2025 yashyizeho abahuza muri ibi bibazo, ari bo Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, Uhuru Kenyatta wayohoye Kenya, ndetse na Hailemariam Desalegn Boshe wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwereranw w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko aba bahuza batatu bashobora kuzongerwaho undi umwe wa kane.

Yavuze ko aba ari bo bagiye kuyobora ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, nyuma yuko bihujwe aho kugira ngo habeho ibitatanye.

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko aya mahirwe mashya azatuma uyu mwaka wa 2025 utanga icyerekezo mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo.

Ati “Cyane cyane ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo na M23 ndetse no gukomeza ibiganiro byari bihari hagati y’u Rwanda na Guverinoma ya Congo bishingiye cyane cyane ku mutekano wacu w’u Rwanda.”

 

Angola ntikiri umuhuza w’u Rwanda na DRC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko ibiganiro by’i Luanda muri Angola byahuzaga u Rwanda na DRC, bitakiriho nyuma yuko habayeho kubihuza.

Ati “Nk’uko byagaragaye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu yabereye i Dar es Salaam ku itariki ya 08 z’ukwa kabiri, ibiganiro bya Luanda n’ibiganiro bya Nairobi byarahujwe bigirwa ikiganiro kimwe. Ubu nta biganiro bya Luanda bigihari, nta biganiro bya Nairobi bigihari.”

Ibiganiro bya Luanda, byari iby’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byahuzaga u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, naho iby’i Nairobi bikaba byari iby’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byahuzaga Guverinoma ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Bariya bahuza batatu bashyizweho ndetse n’undi umwe ushobora kuzashyirwaho, bazakora ku mabwiriza bazahabwa n’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe, ari na we Perezida wa Angola, João Lourenço.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, byashyize hanze itangazo rivuga ko iki Gihugu cyahagaritse inshingano zo kuba umuhuza.

Iri tangazo rivuga ko kuva Angola yahabwa izi nshingano zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo, hari intambwe yatewe, nko kuba mu kwezi k’Ukuboza 2024 Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yarageze ku myanzuro irimo gusenya umutwe wa FDLR ubangamiye umutekano w’u Rwanda, ndetse no kuba u Rwanda na rwo rwakuraho ingamba rwashyizeho z’ubwirinzi.

Angola yavuze ko yakoresheje imbaraga zose zishoboka ndetse n’ubushobozi bushoboka mu kubahiriza izi nshingano, yavuze ko nubwo hari hagezwe kuri biriya byemezo birimo gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi ku ruhande rw’u Rwanda, hatabashije kuba inama yagombaga guhuza Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC yari kuba tariki 15 Ukuboza.

Perezidansi ya Angola ivuga ko nyuma yuko Perezida João Lourenço ahawe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ashyize imbere kubahiriza inshingano z’uyu Mugabane, ku buryo inshingano yari afite z’ubuhuza mu bibazo bya RDC, zizakomeza gukurikiranwa n’abahuza bashyizweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 10 =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Next Post

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.