Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Imiryango ya EAC na SADC ihurije hamwe ibiganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagiye kubaho impinduka mu biganiro, zatumye Angola nk’Igihugu cyari kimaze igihe ari Umuhuza mu by’u Rwanda na DRC, kitazakomeza izi nshingano.

Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025, hateganyijwe Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yiga ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama igiye guterana nyuma yuko habaye indi nk’iyi yabaye tariki 24 Gashyantare 2025 yashyizeho abahuza muri ibi bibazo, ari bo Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, Uhuru Kenyatta wayohoye Kenya, ndetse na Hailemariam Desalegn Boshe wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwereranw w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko aba bahuza batatu bashobora kuzongerwaho undi umwe wa kane.

Yavuze ko aba ari bo bagiye kuyobora ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, nyuma yuko bihujwe aho kugira ngo habeho ibitatanye.

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko aya mahirwe mashya azatuma uyu mwaka wa 2025 utanga icyerekezo mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo.

Ati “Cyane cyane ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo na M23 ndetse no gukomeza ibiganiro byari bihari hagati y’u Rwanda na Guverinoma ya Congo bishingiye cyane cyane ku mutekano wacu w’u Rwanda.”

 

Angola ntikiri umuhuza w’u Rwanda na DRC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko ibiganiro by’i Luanda muri Angola byahuzaga u Rwanda na DRC, bitakiriho nyuma yuko habayeho kubihuza.

Ati “Nk’uko byagaragaye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu yabereye i Dar es Salaam ku itariki ya 08 z’ukwa kabiri, ibiganiro bya Luanda n’ibiganiro bya Nairobi byarahujwe bigirwa ikiganiro kimwe. Ubu nta biganiro bya Luanda bigihari, nta biganiro bya Nairobi bigihari.”

Ibiganiro bya Luanda, byari iby’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byahuzaga u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, naho iby’i Nairobi bikaba byari iby’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byahuzaga Guverinoma ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Bariya bahuza batatu bashyizweho ndetse n’undi umwe ushobora kuzashyirwaho, bazakora ku mabwiriza bazahabwa n’Umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe, ari na we Perezida wa Angola, João Lourenço.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, byashyize hanze itangazo rivuga ko iki Gihugu cyahagaritse inshingano zo kuba umuhuza.

Iri tangazo rivuga ko kuva Angola yahabwa izi nshingano zo kuba umuhuza hagati y’u Rwanda na Congo, hari intambwe yatewe, nko kuba mu kwezi k’Ukuboza 2024 Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yarageze ku myanzuro irimo gusenya umutwe wa FDLR ubangamiye umutekano w’u Rwanda, ndetse no kuba u Rwanda na rwo rwakuraho ingamba rwashyizeho z’ubwirinzi.

Angola yavuze ko yakoresheje imbaraga zose zishoboka ndetse n’ubushobozi bushoboka mu kubahiriza izi nshingano, yavuze ko nubwo hari hagezwe kuri biriya byemezo birimo gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi ku ruhande rw’u Rwanda, hatabashije kuba inama yagombaga guhuza Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC yari kuba tariki 15 Ukuboza.

Perezidansi ya Angola ivuga ko nyuma yuko Perezida João Lourenço ahawe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ashyize imbere kubahiriza inshingano z’uyu Mugabane, ku buryo inshingano yari afite z’ubuhuza mu bibazo bya RDC, zizakomeza gukurikiranwa n’abahuza bashyizweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + five =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

Next Post

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.