Wednesday, May 21, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya inama igirwa Leta mu guca intege igipimo cyo kunywa inzoga mu Rwanda gikomeje kuzamuka

radiotv10by radiotv10
01/07/2024
in MU RWANDA
0
Menya inama igirwa Leta mu guca intege igipimo cyo kunywa inzoga mu Rwanda gikomeje kuzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hakomeje ubukanguramaba bugamije gukangurira abanywa inzoga, kutarengera, inzobere zigira inama Guverinoma gushyiraho politiki yo kongera imisoro ku binyobwa bisembuye n’itabi, ndetse no kurushaho gushora imari mu bikorwa byo kwirinda ubusinzi no kwita ku babaswe n’ibiyobyabwenge.

Ikibazo cy’ibiyobyabwenge, ni kimwe mu bihangayikishije mu Rwanda by’umwihariko bigaragara mu bakiri bato, aho ubushakashatsi bwa RBC bwakorewe ku bantu 3 301 bari hagati y’imyaka 13 na 24, bwagaragaje ko 28,5% banyoye ku biyobabwenge birimo; Urumogi, itabi ry’isigara na Cocaine.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya Ibiyobyabwenge n’ibyaha (UNODC- United Nations Office on Drugs and Crime) ryagaragaje ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ari kimwe mu bibazo bihangayikishije umuryango mugari.

Ni mu gihe tariki 26 Kamena ari umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ubucuruzi butemewe, aho kuri iyi nshuro wari ufite insanganyamatsiko igira iti “The evidence is clear: invest in prevention.” Cyangwa se “Birigaragaza: Mushore imari mu gukumira.”

Ubu bukanguramaba bugamije guhangana n’ingaruka ziterwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, zirimo n’urugomo, ndetse n’ibibazo byibasira ubuzima bwo mu mutwe, aho inzego zose zasabwe guhuza imbaraga mu guhangana n’iki kibazo.

Aline Flora Nakuzwe; Umuyobozi w’Ikigo Icyizere Psychotherapeutic Center cyo mu Ishuri ry’Ibitaro bya Ndera bivura ibibazo byo mu Mutwe, yavuze ko ubusinzi n’ikibazo cy’ibiyobyabwenge, bikomeje kugira ingaruka cyane mu rubyiruko.

Ati “Benshi batangira kunywa ibisindisha kuko ari ibintu byemewe mu muryango mugari kandi bidashyirwaho imbibi. Ariko uko umuntu akomeza kunywa, bigenda bimugira imbata, bikarangira bimuzaniye ibibazo byo mu mutwe.”

Yakomeje agira ati “Kubatwa n’ibiyobyabwenge bigaragazwa no kunywa byinshi. Urugero nk’igihe umuntu yamaraga isaha imwe anywa inzoga, atangira kumara nk’amasaha atanu cyangwa arenga […] iyi myitwarire igaragaza uko umuntu yabaye imbata y’inzoga cyangwa ibiyobyabwenge.”

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Nyarwanda ushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ADOR- Anti-Drug Organization Rwanda), Bagambambake Mudashishwa; yabwiye ikinyamakuru The New Times ko kunywa ibisindisha n’ibiyobyabwenge bitera ibibazo byo mu mutwe nk’ihungabana ndetse n’agahinda gakabije.

Ati “Kubatwa n’ibiyobyabwenge bitera ibibazo byo mu mutwe, kandi iyo atavuriwe ku gihe, bikarangira bimuteye ihungabana. Twiyemeje gutanga amahugurwa ndetse n’ubukangurambaga ku ngamba zatanga umusaruro mu kuvura ibyo bibazo.”

Yakomeje agira ati “Intego yacu ni ukuzamura ubumenyi ku baganga b’ibibazo byo mu mutwe n’abatanga ubujyanama kuri byo, ku buryo bafasha abantu bafite ibibazo byo kubatwa n’ibiyobyabwenge.”

 

Leta iragirwa inama yo kongera imisoro

Emmanuel Nshimiyimana, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango  utanga ubujyanama ku rubyiruko (YOMADO- Youth Mentoring Agents for Development Organisation), yavuze ko zimwe mu ngaruka z’ibiyobyabwenge n’ubusinzi, zirimo ubushobozi bw’amafaranga menshi atangwa mu kugarura ku murongo ababaswe nabyo, ndetse n’izamuka ry’imibare y’inda zitateganyijwe ziterwa abangavu.

Ati “Ibiyobyabwenge by’umwihariko ibisindisha, bikomeje kwiyongera mu rubyiruko, bigatuma umuntu agira ibibazo ndetse n’ubushomeri. Ibi ntabwo bigira ingaruka ku muntu ku giti cye, ahubwo no ku muryango mugari kuko byongera ibigo byita ku bafite ibibazo byo mu mutwe ndetse bikazamura n’inda ziterwa abangavu.”

Arongera ati “Gukemura amakimbirane mu miryango ni ingenzi cyane mu guhangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Kugira umuryango utekanye, ndetse no kongera ibiganiro, byagabanya ingaruka mu rubyiruko.”

Nshimiyimana yagiriye inama Guverinoma y’u Rwanda gufata ingamba zikomeye zirimo kongera imisoro ku binyobwa bisembuye ndetse n’itabi, kugira ngo hagabanywe igipimo cy’ibinyobwa, ubundi hakabaho no kongera imbaraga muri gahunda zo kugarura ku murongo ababaswe n’ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Guverinoma igomba gukaza ingamba zayo mu guhangana n’ibiyobyabwenge, yongera imisoro ku binyobwa bisembuye nk’inzoga n’itabi. Ubu buryo ntabwo ari bwo bwonyine bwaca intege iki kibazo, ahubwo hakwiye no kongerwa gushorwa imari muri gahunda zo gukumira no mu nyigisho zihabwa ababaswe n’ibiyobyabwenge.”

Yanagiriye inama Leta kandi gukomeza kongera imbaraga mu guhanga imirimo n’amahirwe y’urubyiruko kugira ngo rubona imirimo rukora, kuko iyo rufite ibyo rukora rutabona umwanya wo kujya mu biyobyabwenge n’ubusinzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Expo y’Abanya-Egypt izanye udushya turimo akazasigira ‘couples’ ebyiri kuzajya kugirira ibihe byiza mu Misiri

Next Post

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umwami wa Maroc wapfushije umubyeyi

Related Posts

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
21/05/2025
0

Umuyobozi Ushinzwe Afurika mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu cyifuza...

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

by radiotv10
21/05/2025
0

Ishuri ‘Sainte Trinite Nyanza TSS’ ryigisha imyuga n’Ubumenyi-ngiro ryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, ryigeze guhagarika abanyeshuri...

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

by radiotv10
21/05/2025
0

Nzabahayo Silas uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ usanzwe ari umuririmbyi w’indirimbo z’Imana ukunze kugaragara aririmba mu nsengero no...

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

by radiotv10
20/05/2025
0

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Gambia, Hassan Bubacar Jallow wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda (TPIR/ICTR)...

Uwagaragaye mu ‘buhanuzi’ bwumvikanamo ibisa nko guca igikuba yatawe muri yombi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

by radiotv10
20/05/2025
0

Nibishaka Theogene wiyita umuhanuzi wigeze gutabwa muri yombi nyuma yo gutangaza amagambo yumvikanamo guca igikuba, yongeye gutabwa muri yombi ku...

IZIHERUKA

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo
MU RWANDA

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
21/05/2025
0

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

21/05/2025
Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

21/05/2025
Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

21/05/2025
Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

21/05/2025
Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

21/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umwami wa Maroc wapfushije umubyeyi

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umwami wa Maroc wapfushije umubyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.