Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya ingano y’ibiryo bipfa ubusa ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya ingano y’ibiryo bipfa ubusa ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye y’igipimo cy’ibiribwa bipfa ubusa, igaragaza ko ikigereranyo cy’ibiribwa buri muntu utuye Isi apfusha ubusa buri mwaka, ari ibilo 79, mu gihe ibipfa ubusa byose ari toni miliyari 1, naho mu Rwanda bikaba toni miliyoni 1,9; mu gihe ho buri muntu apfusha ubusa ibilo 141.

Ni raporo yiswe ‘Food Waste Index Report’ y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije, aho yatangiye gushyirwa hanze mu mwaka wa 2021, ikaba ifite intego yo kugabanya nibura kugeza kuri 1/2 cy’ibiribwa bipfa ubusa mu mwaka wa 2030.

Iyi raporo y’uyu mwaka wa 2024 igaragaza ko Toni miliyari 1,05 z’ibiribwa byapfuye ubusa bingana na 1/5 (19%) by’ibiribwa biba byamaze gutegurwa ngo biribwe, ariko bigapfa ubusa mu maguriro, ahacururizwa ibiribwa ndetse no mu ngo.

Iyi raporo igira iti “Ibyo byiyongera kuri 13% by’igihombo cy’ibiribwa ku Isi byangirikira mu rugendo rwo kubyongerera agaciro.”

Nanone kandi iyi Raporo igaragaza ko ibiribwa byinshi muri ibi bipfa ubusa, ari ibipfira ubusa mu ngo, aho buri mwaka nibura ibipfira ubusa mu ngo ari toni miliyoni 631 buri mwaka, bingana na 60% y’ibiryo bipfa ubusa byose.

Naho ibiribwa bipfira ubusa ahatangirwa serivisi zo kubicuruza, bingana na toni 290, mu gihe ibipfira mu bubiko ari toni 131.

Iyi raporo ikagira iti “Ibi biri kuba mu gihe abantu miliyoni 783 bafite ikibazo cy’inzara, kandi 1/3 cy’ikiremwamuntu kikaba gifite ikibazo cyo kutihaza mu biribwa, nanone kandi abana miliyoni 150 bari munsi y’imyaka itanu bakaba bafite ikibazo cy’igwingira kubera kubura imirire yuzuye.”

Uru rwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe Ibidukikije, rukomeza rugira ruti “Igihomba cy’ibiribwa bitanga hagati ya 8% na 10% by’ibyuka bihumanya ikirere, bikaba bikubye hafi inshuro eshanu z’ibyuka biva mu by’indege.”

 

Mu Rwanda byifashe gute?

Raporo igaragaza kandi ko mu Rwanda buri muntu apfusha ubusa ibiryo bingana n’ibilo 141 buri mwaka, aho habarwa toni 1 937 761 z’ibiryo bipfa ubusa mu Gihugu hose.

Gusa iyi mibare yagiye igabanuka, kuko mu mwaka wa 2021, habarwaga ibiryo bingana na toni 2 075 405 byapfuye ubusa muri uwo mwaka, aho nibura buri muntu yabarirwaga ibilo 164 by’ibiryo apfusha ubusa ku mwaka.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, muri 2022 cyatangaje ko hejuru ya 40% y’ibiribwa byatunganyijwe bipfa ubusa mu Rwanda.

Ingano y’ibi biribwa bipfa ubusa, ingana na 21% by’ingano y’umusaruro ushobora kuva ku butaka buhingwa mu Rwanda hose.

Nanone kandi byagaragaye ko ibiribwa bipfa ubusa bigira uruhare rwa 16% by’ibyuka bihumanya ikirere mu Rwanda.

Nubwo hagaragara igipimo nk’iki cy’ibiryo bipfa ubusa mu Rwanda, habarwa abantu 18% bafite ikibazo cyo kutihaza mu biribwa nk’uko bigaragazwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − two =

Previous Post

Iburasirazuba: Abatwara ibinyabiziga bahishuye icyo babona gisa nk’ikibagiranye

Next Post

Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.