Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya ingano y’ibiryo bipfa ubusa ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya ingano y’ibiryo bipfa ubusa ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye y’igipimo cy’ibiribwa bipfa ubusa, igaragaza ko ikigereranyo cy’ibiribwa buri muntu utuye Isi apfusha ubusa buri mwaka, ari ibilo 79, mu gihe ibipfa ubusa byose ari toni miliyari 1, naho mu Rwanda bikaba toni miliyoni 1,9; mu gihe ho buri muntu apfusha ubusa ibilo 141.

Ni raporo yiswe ‘Food Waste Index Report’ y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije, aho yatangiye gushyirwa hanze mu mwaka wa 2021, ikaba ifite intego yo kugabanya nibura kugeza kuri 1/2 cy’ibiribwa bipfa ubusa mu mwaka wa 2030.

Iyi raporo y’uyu mwaka wa 2024 igaragaza ko Toni miliyari 1,05 z’ibiribwa byapfuye ubusa bingana na 1/5 (19%) by’ibiribwa biba byamaze gutegurwa ngo biribwe, ariko bigapfa ubusa mu maguriro, ahacururizwa ibiribwa ndetse no mu ngo.

Iyi raporo igira iti “Ibyo byiyongera kuri 13% by’igihombo cy’ibiribwa ku Isi byangirikira mu rugendo rwo kubyongerera agaciro.”

Nanone kandi iyi Raporo igaragaza ko ibiribwa byinshi muri ibi bipfa ubusa, ari ibipfira ubusa mu ngo, aho buri mwaka nibura ibipfira ubusa mu ngo ari toni miliyoni 631 buri mwaka, bingana na 60% y’ibiryo bipfa ubusa byose.

Naho ibiribwa bipfira ubusa ahatangirwa serivisi zo kubicuruza, bingana na toni 290, mu gihe ibipfira mu bubiko ari toni 131.

Iyi raporo ikagira iti “Ibi biri kuba mu gihe abantu miliyoni 783 bafite ikibazo cy’inzara, kandi 1/3 cy’ikiremwamuntu kikaba gifite ikibazo cyo kutihaza mu biribwa, nanone kandi abana miliyoni 150 bari munsi y’imyaka itanu bakaba bafite ikibazo cy’igwingira kubera kubura imirire yuzuye.”

Uru rwego rw’Umuryango w’Abibumbye rushinzwe Ibidukikije, rukomeza rugira ruti “Igihomba cy’ibiribwa bitanga hagati ya 8% na 10% by’ibyuka bihumanya ikirere, bikaba bikubye hafi inshuro eshanu z’ibyuka biva mu by’indege.”

 

Mu Rwanda byifashe gute?

Raporo igaragaza kandi ko mu Rwanda buri muntu apfusha ubusa ibiryo bingana n’ibilo 141 buri mwaka, aho habarwa toni 1 937 761 z’ibiryo bipfa ubusa mu Gihugu hose.

Gusa iyi mibare yagiye igabanuka, kuko mu mwaka wa 2021, habarwaga ibiryo bingana na toni 2 075 405 byapfuye ubusa muri uwo mwaka, aho nibura buri muntu yabarirwaga ibilo 164 by’ibiryo apfusha ubusa ku mwaka.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, muri 2022 cyatangaje ko hejuru ya 40% y’ibiribwa byatunganyijwe bipfa ubusa mu Rwanda.

Ingano y’ibi biribwa bipfa ubusa, ingana na 21% by’ingano y’umusaruro ushobora kuva ku butaka buhingwa mu Rwanda hose.

Nanone kandi byagaragaye ko ibiribwa bipfa ubusa bigira uruhare rwa 16% by’ibyuka bihumanya ikirere mu Rwanda.

Nubwo hagaragara igipimo nk’iki cy’ibiryo bipfa ubusa mu Rwanda, habarwa abantu 18% bafite ikibazo cyo kutihaza mu biribwa nk’uko bigaragazwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 17 =

Previous Post

Iburasirazuba: Abatwara ibinyabiziga bahishuye icyo babona gisa nk’ikibagiranye

Next Post

Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.