Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi y’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli izwi nka Engen, yatangaje ko yafunze burundu sitasiyo zayo eshatu zirimo izo ku Giticyinyoni, ndetse irateganya gufunga izindi 19 mu gihe cya vuba. Ni nyuma y’isuzuma ryakozwe na RURA ryagaragaje Sitasiyo zitujuje ubuziranenge, zirimo izikorera aho bitagenewe.

Ifungwa ry’izi Sitasiyo ryatangajwe na Sosiyete ya Engen kuri uyu wa 13 Mutarama 2025 nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa The New Times.

Izi sitasiyo eshatu zafunzwe kuri uyu wa Mbere, zose ni izo mu Mujyi wa Kigali, ni iya Giticyinyoni 1, iya Giticyinyoni 2, ndetse n’iyo kuri Poids Lourds.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) ruherutse gukora ubugenzuzi bwagaragaje Sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri Peteroli zikora zitujuje ubuziranenge n’ibisabwa, zirimo izikorera ahantu bitagenewe, nk’izikorera mu bishanga.

Uru rwego kandi rwari ruherutse gutangaza ko izi Sitasiyo zikora muri ubu buryo zizafungwa, ndetse izi za Engen zafunze imiryango, zikaba ari zimwe muri izo, aho byose biri mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda wo gukomeza kubungabunga ibidukikije.

Mu rwego rwo kubahiriza icyemezo cya RURA, Sosiyete ya Engen kandi irateganya gufunga izindi Sitasiyo 19 bitarenze kuri uyu wa 15 Mutarama 2025.

Mu gihe hari impungenge ko iri fungwa ry’izi Sitasiyo rishobora gutera ikibazo cy’ibura ry’Ibikomoka kuri Peteroli, Umuyobozi mukuru wa RURA, Evariste Rugigana, yavuze ko iki kibazo kitazabaho.

Yabwiye The New Times ati “Turizeza abantu ko izi serivisi zikomeza gutangwa neza kuko hari izindi Sitasiyo z’ibikomoka kuri Peteroli mu bice bikikije ahari ziriya, zizakomeza gutanga serivisi, kandi ntabwo dutekereza ko bizazana icyuho kuko izisigaye zose zazamuriwe urwego, ndetse zikaba zishobora guha serivisi ku bazigana bose.”

Yavuze kandi ko izindi sitasiyo zizakomeza gukora, zahawe ubushobozi bwo kubasha guhangana n’ikibazo cy’ubwinshi bw’abashobora kuzigana, ndetse akizeza ko nta bibazo bizavuka mu itangwa ry’izi serivisi z’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 8 =

Previous Post

Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

Next Post

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.