Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya niba hari ingaruka ibyemezo bya DRC n’u Burundi byagize ku bukungu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya niba hari ingaruka ibyemezo bya DRC n’u Burundi byagize ku bukungu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibibazo iki Gihugu gifitanye n’Ibihugu bibiri by’ibituranyi, byanatumye bifata ibyemezo birimo ibishobora kugira ingaruka ku bukungu bwacyo, ntazo byabugizeho nubwo icyuho mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga gikomeje kwiyongera.

Imibare y’amezi atatu asoza umwaka wa 2023; igaragaza ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereza mu mahanga byagabanutse ku rugero rwa 8,7%, ariko ibyo batumijeyo muri icyo gihe byagabanutse ku rugero rwa 0,2%.

Ibi byatumye icyuho mu bucuruzi u Rwanda rwagiranye n’amahanga muri icyo gihembwe kizamuka ku rugero rwa 5,4% ndetse umwaka wa 2023 wose wasize iki cyuho ku izamuka rya 10%, bituma ifaranga ry’u Rwanda ritakaza agaciro ku isoko mpuzamahanga ku rugero rwa 18%.

Iyo mibare ije ikurikira ibyemezo by’abaturanyi b’u Rwanda, bamwe bafashe ibyemezo ku bucuruzi bakoranaga n’u Rwanda. Tariki 15 Kamena 2022, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaseshe amasezerano y’ubucuruzi bagiranye n’u Rwanda mu mwaka wari wabanje.

Tariki 11 Mutarama 2024 na yo yasize u Burundi bufashe umwanzuro wo gufunga imipaka yose yo ku butaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda. Icyo cyemezo cyahise gihagarika urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa hagati y’Ibihugu byombi.

Ku munsi w’iki cyemezo, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Mukuralinda Alain Bernard yavuze ko bishobora kugira ingaruka zirimo n’iz’ubucuruzi.

Icyo gihe aganira na RADIOTV10 yagize ati “Gufunga umupaka uko byaba bimeze kose; abawuturiye aragenderana baragahirana. Hari abambuka bakajya guhaha, hari abambuka bakajya kwivuza, hari abambuka bakajya kwiga.”

Nubwo ibi Bihugu byafashe izo ngamba; Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ingaruka zabyo zitagaragara mu mibare y’ubucuruzi iki Gihugu cyagiranye n’amahanga.

Guverineri w’iyi Banki, John Rwangomba yagize ati “Uretse nk’u Burundi bwafunze burundu; ariko iyo turebye ubwinshi bw’ibyajyagayo ni bicye cyane. Kuri Congo [kishansa] ntacyo turabona kigaragara ko cyagize ingaruka ku bukungu. Kugeza ubu mu mibare dufite ntakibazo tubona kidasanzwe.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko umuti w’iki cyuho cy’ubucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga kigomba kurangizwa n’ingamba zongera umusaruro w’ibicuruzwa byohereza mu mahanga, ndetse no kwihaza ku musaruro w’ibicuruzwa bimwe bigurwa mu mahanga kandi bishobora gukorerwa mu Rwanda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Next Post

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Related Posts

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano
AMAHANGA

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.