Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya niba hari ingaruka ibyemezo bya DRC n’u Burundi byagize ku bukungu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya niba hari ingaruka ibyemezo bya DRC n’u Burundi byagize ku bukungu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibibazo iki Gihugu gifitanye n’Ibihugu bibiri by’ibituranyi, byanatumye bifata ibyemezo birimo ibishobora kugira ingaruka ku bukungu bwacyo, ntazo byabugizeho nubwo icyuho mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga gikomeje kwiyongera.

Imibare y’amezi atatu asoza umwaka wa 2023; igaragaza ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereza mu mahanga byagabanutse ku rugero rwa 8,7%, ariko ibyo batumijeyo muri icyo gihe byagabanutse ku rugero rwa 0,2%.

Ibi byatumye icyuho mu bucuruzi u Rwanda rwagiranye n’amahanga muri icyo gihembwe kizamuka ku rugero rwa 5,4% ndetse umwaka wa 2023 wose wasize iki cyuho ku izamuka rya 10%, bituma ifaranga ry’u Rwanda ritakaza agaciro ku isoko mpuzamahanga ku rugero rwa 18%.

Iyo mibare ije ikurikira ibyemezo by’abaturanyi b’u Rwanda, bamwe bafashe ibyemezo ku bucuruzi bakoranaga n’u Rwanda. Tariki 15 Kamena 2022, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaseshe amasezerano y’ubucuruzi bagiranye n’u Rwanda mu mwaka wari wabanje.

Tariki 11 Mutarama 2024 na yo yasize u Burundi bufashe umwanzuro wo gufunga imipaka yose yo ku butaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda. Icyo cyemezo cyahise gihagarika urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa hagati y’Ibihugu byombi.

Ku munsi w’iki cyemezo, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Mukuralinda Alain Bernard yavuze ko bishobora kugira ingaruka zirimo n’iz’ubucuruzi.

Icyo gihe aganira na RADIOTV10 yagize ati “Gufunga umupaka uko byaba bimeze kose; abawuturiye aragenderana baragahirana. Hari abambuka bakajya guhaha, hari abambuka bakajya kwivuza, hari abambuka bakajya kwiga.”

Nubwo ibi Bihugu byafashe izo ngamba; Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ingaruka zabyo zitagaragara mu mibare y’ubucuruzi iki Gihugu cyagiranye n’amahanga.

Guverineri w’iyi Banki, John Rwangomba yagize ati “Uretse nk’u Burundi bwafunze burundu; ariko iyo turebye ubwinshi bw’ibyajyagayo ni bicye cyane. Kuri Congo [kishansa] ntacyo turabona kigaragara ko cyagize ingaruka ku bukungu. Kugeza ubu mu mibare dufite ntakibazo tubona kidasanzwe.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko umuti w’iki cyuho cy’ubucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga kigomba kurangizwa n’ingamba zongera umusaruro w’ibicuruzwa byohereza mu mahanga, ndetse no kwihaza ku musaruro w’ibicuruzwa bimwe bigurwa mu mahanga kandi bishobora gukorerwa mu Rwanda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Next Post

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.