Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya niba hari ingaruka ibyemezo bya DRC n’u Burundi byagize ku bukungu bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya niba hari ingaruka ibyemezo bya DRC n’u Burundi byagize ku bukungu bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ibibazo iki Gihugu gifitanye n’Ibihugu bibiri by’ibituranyi, byanatumye bifata ibyemezo birimo ibishobora kugira ingaruka ku bukungu bwacyo, ntazo byabugizeho nubwo icyuho mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga gikomeje kwiyongera.

Imibare y’amezi atatu asoza umwaka wa 2023; igaragaza ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereza mu mahanga byagabanutse ku rugero rwa 8,7%, ariko ibyo batumijeyo muri icyo gihe byagabanutse ku rugero rwa 0,2%.

Ibi byatumye icyuho mu bucuruzi u Rwanda rwagiranye n’amahanga muri icyo gihembwe kizamuka ku rugero rwa 5,4% ndetse umwaka wa 2023 wose wasize iki cyuho ku izamuka rya 10%, bituma ifaranga ry’u Rwanda ritakaza agaciro ku isoko mpuzamahanga ku rugero rwa 18%.

Iyo mibare ije ikurikira ibyemezo by’abaturanyi b’u Rwanda, bamwe bafashe ibyemezo ku bucuruzi bakoranaga n’u Rwanda. Tariki 15 Kamena 2022, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaseshe amasezerano y’ubucuruzi bagiranye n’u Rwanda mu mwaka wari wabanje.

Tariki 11 Mutarama 2024 na yo yasize u Burundi bufashe umwanzuro wo gufunga imipaka yose yo ku butaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda. Icyo cyemezo cyahise gihagarika urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa hagati y’Ibihugu byombi.

Ku munsi w’iki cyemezo, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Mukuralinda Alain Bernard yavuze ko bishobora kugira ingaruka zirimo n’iz’ubucuruzi.

Icyo gihe aganira na RADIOTV10 yagize ati “Gufunga umupaka uko byaba bimeze kose; abawuturiye aragenderana baragahirana. Hari abambuka bakajya guhaha, hari abambuka bakajya kwivuza, hari abambuka bakajya kwiga.”

Nubwo ibi Bihugu byafashe izo ngamba; Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ingaruka zabyo zitagaragara mu mibare y’ubucuruzi iki Gihugu cyagiranye n’amahanga.

Guverineri w’iyi Banki, John Rwangomba yagize ati “Uretse nk’u Burundi bwafunze burundu; ariko iyo turebye ubwinshi bw’ibyajyagayo ni bicye cyane. Kuri Congo [kishansa] ntacyo turabona kigaragara ko cyagize ingaruka ku bukungu. Kugeza ubu mu mibare dufite ntakibazo tubona kidasanzwe.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko umuti w’iki cyuho cy’ubucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga kigomba kurangizwa n’ingamba zongera umusaruro w’ibicuruzwa byohereza mu mahanga, ndetse no kwihaza ku musaruro w’ibicuruzwa bimwe bigurwa mu mahanga kandi bishobora gukorerwa mu Rwanda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Next Post

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.