Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenateri bagize Sena y’u Rwanda ya manda ya kane, batoye abagize Biro yayo, barimo umwe mushya, mu gihe ku Perezida wayo yakomeje kuba Dr Kalinda Francois Xavier wari usanzwe kuri uyu mwanya.

Uko igikorwa cy’amatora ya biro ya Sena yagenze:

Umwanya wa Perezida wa Sena

Hon. Marie Rose Mureshyankwano yabanje gushimira Perezida wa Repubulika, kuko amatora y’Abasenateri yaboroheye, kuko basanze abaturage bakiri mu mwuka w’amatora, dore ko nta mezi abiri yari ashize habaye amatora ya Perezida wa Repubulika, yasize hatowe Perezida Paul Kagame wabanje kujya mu bice byose by’Igihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Ati “Mwari mwaradueguriye inzira, twageze za Rusizi bati ‘enyanya’ […] kwimayamaza kwacu byatubereye umugisha, rero turabibashimira.”

Hon. Mureshyankwano watse ijambo adashaka kwiyamamaza ahubwo ari ukwamamaza mugenzi we Hon. Kalinda Francois Xavier wari usanzwe ari Perezida wa Sena, wongeye kugaruka muri Sena muri iyi manda ya kane, ari umwe mu Basenateri bashyizweho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Mureshyankwano yavuze ko impamvu yamamaje Kalinda, ari nyinshi, kandi zose ziganisha ku kuzuza inshingano za Perezida wa Sena.

Ati “Ni umugabo w’intwari, umugabo w’umuhanga, umugabo w’umukozi, umugabo wicisha bugufi, impamvu mwamamaza twarakoranye, yaje ansanga muri Sena, ariko Nyakubahwa Perezida nabonye ari umugabo ushoboye.”

Hon. Kalinda Francois Xavier wanamamajwe kuri uyu mwanya wenyine, yahise yemera iyi kandidatire, ndetse anatorwa ku majwi 25, mu gihe habonetse impabusa imwe.

Dr Francois Kalinda yongeye gutorerwa kuyobora Sena y’u Rwanda

Visi Perezida ushinzwe Amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma

Hon. Evode Uwizeyimana na we watse ijambo adashaka kwiyamamaza ahubwo ashaka kwamamaza Hon Solina Nyirahabimana, avuga ko amuzi kuva mu myaka irenga 30.

Ati “Ni umugore umutegarugori nzi kuva mu myaka 90, kwamamaza umuntu maze imyaka 35 nzi ntabwo bigiye, ni umuntu wize amategeko.”

Yavuze ko inshingano zose yakoze zose yazuzaga neza zirimo izo yakoze ari muri Guverinoma y’u Rwanda, ndetse no mu miryango inyuranye, akaba yarahagarariye n’u Rwanda mu Bihugu binyuranye. Ati “Solina ni Inkotanyi cyane, ni cyo muziho.”

Amb. Nyirahabimana Soline, ari na we wamamajwe wenyine kuri uyu mwanya wa Visi Perezida ushinzwe Amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, ni we watorewe uyu mwanya ku majwi 22 n’impfabusa enye (4).

Visi Perezida w’Abakozi n’Imari

Hon Cyitatire Sosthene watorewe mu Ntara y’Amajyepfo, wamamaje Hon. Alvera Mukabaramba, yavuze ko bakora mu gihe cy’imyaka itanu muri Sena y’u Rwanda, kandi ko asanzwe kuri uyu mwanya, akaba arangwa no gukora neza.

Ati “Ikintu twabonye yanatugaragarije cyane, yatugaragarije ko ari umuntu ufite ubushake, akagira ubumenyi n’ubushobozi byo gukora neza inshingano ze.”

Dr Alvera Mukabaramba yemeye iyi kandidatire yatangiwe na mugenzi we, akaba ari na we wenyine wamamajwe kuri uyu mwanya, ndetse atsinda amatora ku majwi 24 n’impfabusa ebyiri.

Uretse Amb. Soline Nyirahabimana, abandi bombi uko batowe muri iyi biro nyobozi ya Sena, ari Perezida wayo, Dr Francois Xavier Kalinda ndetse na Visi Perezida w’Abakozi n’Umurimo, Dr Alvera Mukabaramba.

Ba Visi Perezida ba Sena na bo barahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =

Previous Post

Benin: Hasobanuwe uko abarimo uwari Minisitiri n’Umujepe batahuweho umugambi ukomeye bakurikiranyweho

Next Post

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.