Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenateri bagize Sena y’u Rwanda ya manda ya kane, batoye abagize Biro yayo, barimo umwe mushya, mu gihe ku Perezida wayo yakomeje kuba Dr Kalinda Francois Xavier wari usanzwe kuri uyu mwanya.

Uko igikorwa cy’amatora ya biro ya Sena yagenze:

Umwanya wa Perezida wa Sena

Hon. Marie Rose Mureshyankwano yabanje gushimira Perezida wa Repubulika, kuko amatora y’Abasenateri yaboroheye, kuko basanze abaturage bakiri mu mwuka w’amatora, dore ko nta mezi abiri yari ashize habaye amatora ya Perezida wa Repubulika, yasize hatowe Perezida Paul Kagame wabanje kujya mu bice byose by’Igihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Ati “Mwari mwaradueguriye inzira, twageze za Rusizi bati ‘enyanya’ […] kwimayamaza kwacu byatubereye umugisha, rero turabibashimira.”

Hon. Mureshyankwano watse ijambo adashaka kwiyamamaza ahubwo ari ukwamamaza mugenzi we Hon. Kalinda Francois Xavier wari usanzwe ari Perezida wa Sena, wongeye kugaruka muri Sena muri iyi manda ya kane, ari umwe mu Basenateri bashyizweho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Mureshyankwano yavuze ko impamvu yamamaje Kalinda, ari nyinshi, kandi zose ziganisha ku kuzuza inshingano za Perezida wa Sena.

Ati “Ni umugabo w’intwari, umugabo w’umuhanga, umugabo w’umukozi, umugabo wicisha bugufi, impamvu mwamamaza twarakoranye, yaje ansanga muri Sena, ariko Nyakubahwa Perezida nabonye ari umugabo ushoboye.”

Hon. Kalinda Francois Xavier wanamamajwe kuri uyu mwanya wenyine, yahise yemera iyi kandidatire, ndetse anatorwa ku majwi 25, mu gihe habonetse impabusa imwe.

Dr Francois Kalinda yongeye gutorerwa kuyobora Sena y’u Rwanda

Visi Perezida ushinzwe Amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma

Hon. Evode Uwizeyimana na we watse ijambo adashaka kwiyamamaza ahubwo ashaka kwamamaza Hon Solina Nyirahabimana, avuga ko amuzi kuva mu myaka irenga 30.

Ati “Ni umugore umutegarugori nzi kuva mu myaka 90, kwamamaza umuntu maze imyaka 35 nzi ntabwo bigiye, ni umuntu wize amategeko.”

Yavuze ko inshingano zose yakoze zose yazuzaga neza zirimo izo yakoze ari muri Guverinoma y’u Rwanda, ndetse no mu miryango inyuranye, akaba yarahagarariye n’u Rwanda mu Bihugu binyuranye. Ati “Solina ni Inkotanyi cyane, ni cyo muziho.”

Amb. Nyirahabimana Soline, ari na we wamamajwe wenyine kuri uyu mwanya wa Visi Perezida ushinzwe Amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, ni we watorewe uyu mwanya ku majwi 22 n’impfabusa enye (4).

Visi Perezida w’Abakozi n’Imari

Hon Cyitatire Sosthene watorewe mu Ntara y’Amajyepfo, wamamaje Hon. Alvera Mukabaramba, yavuze ko bakora mu gihe cy’imyaka itanu muri Sena y’u Rwanda, kandi ko asanzwe kuri uyu mwanya, akaba arangwa no gukora neza.

Ati “Ikintu twabonye yanatugaragarije cyane, yatugaragarije ko ari umuntu ufite ubushake, akagira ubumenyi n’ubushobozi byo gukora neza inshingano ze.”

Dr Alvera Mukabaramba yemeye iyi kandidatire yatangiwe na mugenzi we, akaba ari na we wenyine wamamajwe kuri uyu mwanya, ndetse atsinda amatora ku majwi 24 n’impfabusa ebyiri.

Uretse Amb. Soline Nyirahabimana, abandi bombi uko batowe muri iyi biro nyobozi ya Sena, ari Perezida wayo, Dr Francois Xavier Kalinda ndetse na Visi Perezida w’Abakozi n’Umurimo, Dr Alvera Mukabaramba.

Ba Visi Perezida ba Sena na bo barahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 1 =

Previous Post

Benin: Hasobanuwe uko abarimo uwari Minisitiri n’Umujepe batahuweho umugambi ukomeye bakurikiranyweho

Next Post

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

IZIHERUKA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye
MU RWANDA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.