Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Menya Perezida na ba Visi Perezida ba Sena nshya y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenateri bagize Sena y’u Rwanda ya manda ya kane, batoye abagize Biro yayo, barimo umwe mushya, mu gihe ku Perezida wayo yakomeje kuba Dr Kalinda Francois Xavier wari usanzwe kuri uyu mwanya.

Uko igikorwa cy’amatora ya biro ya Sena yagenze:

Umwanya wa Perezida wa Sena

Hon. Marie Rose Mureshyankwano yabanje gushimira Perezida wa Repubulika, kuko amatora y’Abasenateri yaboroheye, kuko basanze abaturage bakiri mu mwuka w’amatora, dore ko nta mezi abiri yari ashize habaye amatora ya Perezida wa Repubulika, yasize hatowe Perezida Paul Kagame wabanje kujya mu bice byose by’Igihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Ati “Mwari mwaradueguriye inzira, twageze za Rusizi bati ‘enyanya’ […] kwimayamaza kwacu byatubereye umugisha, rero turabibashimira.”

Hon. Mureshyankwano watse ijambo adashaka kwiyamamaza ahubwo ari ukwamamaza mugenzi we Hon. Kalinda Francois Xavier wari usanzwe ari Perezida wa Sena, wongeye kugaruka muri Sena muri iyi manda ya kane, ari umwe mu Basenateri bashyizweho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Mureshyankwano yavuze ko impamvu yamamaje Kalinda, ari nyinshi, kandi zose ziganisha ku kuzuza inshingano za Perezida wa Sena.

Ati “Ni umugabo w’intwari, umugabo w’umuhanga, umugabo w’umukozi, umugabo wicisha bugufi, impamvu mwamamaza twarakoranye, yaje ansanga muri Sena, ariko Nyakubahwa Perezida nabonye ari umugabo ushoboye.”

Hon. Kalinda Francois Xavier wanamamajwe kuri uyu mwanya wenyine, yahise yemera iyi kandidatire, ndetse anatorwa ku majwi 25, mu gihe habonetse impabusa imwe.

Dr Francois Kalinda yongeye gutorerwa kuyobora Sena y’u Rwanda

Visi Perezida ushinzwe Amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma

Hon. Evode Uwizeyimana na we watse ijambo adashaka kwiyamamaza ahubwo ashaka kwamamaza Hon Solina Nyirahabimana, avuga ko amuzi kuva mu myaka irenga 30.

Ati “Ni umugore umutegarugori nzi kuva mu myaka 90, kwamamaza umuntu maze imyaka 35 nzi ntabwo bigiye, ni umuntu wize amategeko.”

Yavuze ko inshingano zose yakoze zose yazuzaga neza zirimo izo yakoze ari muri Guverinoma y’u Rwanda, ndetse no mu miryango inyuranye, akaba yarahagarariye n’u Rwanda mu Bihugu binyuranye. Ati “Solina ni Inkotanyi cyane, ni cyo muziho.”

Amb. Nyirahabimana Soline, ari na we wamamajwe wenyine kuri uyu mwanya wa Visi Perezida ushinzwe Amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, ni we watorewe uyu mwanya ku majwi 22 n’impfabusa enye (4).

Visi Perezida w’Abakozi n’Imari

Hon Cyitatire Sosthene watorewe mu Ntara y’Amajyepfo, wamamaje Hon. Alvera Mukabaramba, yavuze ko bakora mu gihe cy’imyaka itanu muri Sena y’u Rwanda, kandi ko asanzwe kuri uyu mwanya, akaba arangwa no gukora neza.

Ati “Ikintu twabonye yanatugaragarije cyane, yatugaragarije ko ari umuntu ufite ubushake, akagira ubumenyi n’ubushobozi byo gukora neza inshingano ze.”

Dr Alvera Mukabaramba yemeye iyi kandidatire yatangiwe na mugenzi we, akaba ari na we wenyine wamamajwe kuri uyu mwanya, ndetse atsinda amatora ku majwi 24 n’impfabusa ebyiri.

Uretse Amb. Soline Nyirahabimana, abandi bombi uko batowe muri iyi biro nyobozi ya Sena, ari Perezida wayo, Dr Francois Xavier Kalinda ndetse na Visi Perezida w’Abakozi n’Umurimo, Dr Alvera Mukabaramba.

Ba Visi Perezida ba Sena na bo barahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 11 =

Previous Post

Benin: Hasobanuwe uko abarimo uwari Minisitiri n’Umujepe batahuweho umugambi ukomeye bakurikiranyweho

Next Post

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Ntibikwiye kugera aho- Perezida yasabye Abayobozi kudategereza ko abaturage batabaza ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.