Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uko Abanyarwanda baherutse gukomereketswa n’imbogo zari zatorotse Pariki bamerewe

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA
0
Menya uko Abanyarwanda baherutse gukomereketswa n’imbogo zari zatorotse Pariki bamerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Icyumweru kigiye kuzura imbogo zirindwi zitorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, zigakomeretsa abantu umunani mu Karere ka Burera, barimo umwe ukirembye ari na we wakomeretse cyane, mu gihe abandi bose basezerewe n’Ibitaro bari bajyanywemo.

Izi nyamaswa zatorotse Pariki y’Ibirunga mu mpera z’icyumweru gishize, mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Gicurasi 2024, zagiye zisagarira abo zasangaga mu nzira bose, bamwe zirabakomeretsa.

Izi mbogo zasagariye abantu biganjemo abo mu Murenge wa Gahunda na Rugarama mu Karere ka Burera, ndetse bamwe bajyanwa mu Bitaro bya Ruhengeri nyuma y’uko zibakomerekeje.

Ebyiri muzi izi mbogo, na zo zishwe n’abaturage mu gihe indi imwe yarashwe igapfa, izindi zikaza gusubizwa muri Pariki nyuma yo kuzishakisha.

Umuyobozi Wungirije w’Ibitaro bya Ruhengeri, Dr. Aimé Dieudonné Hirwa, yavuze ko mu bantu umunani bakomerekejwe n’izi mbogo, umwe ari we ukiri mu Bitaro, ari na we wari wakomeretse cyane, mu gihe abandi bari bakomeretse byoroheje.

Avuga ko hari abakomeretse kubera guhutazwa n’izi nyamaswa bakikubita hasi, n’abandi bikubitaga hasi bazihunga, ku buryo batari bafite ikibazo gikomeye.

Yagize ati “Abo bose uko bagera kuri barindwi twarabavuye bagenda boroherwa ndetse baranasezererwa uretse umwe dusigaranye ari na we wakomerekejwe n’ihembe ry’imbogo yamujombye mu nda no mu itako.”

Uwayisenga yarabazwe

Uwakomeretse cyane ni Uwayisenga David w’imyaka 17 wakubiswe ihembe n’imbogo ubwo yasohokaga mu gitondo agiye ku bwiherero.

Dr. Aimé avuga ko uyu musore ukiri mu Bitaro, yanakorewe ubuvuzi bwihariye kuko yari yakomeretse ahantu habi.

Ati “Byabaye ngombwa ko abagwa, ubu arimo gukurikiranirwa muri serivisi z’abarwayi b’indembe, gusa hari icyizere ko mu minsi nk’ibiri cyangwa itatu azaba yahavanywe kuko bigaragara ko agenda yoroherwa akaba yazanataha nyuma yahoo.”

Nsekanabo Ernest, umubyeyi w’uyu musore ukiri mu Bitaro; avuga ko ubwo bamujyanaga kwa muganga bari bazi ko yashizemo umwuka, ariko ko uko amerewe ubu bitanga icyizere.

Ati “Nari narize amarira yankamyemo, kuko natekerezaga ko yapfuye. Kumuzana aha nibwiraga ko ari nko kurangiza umuhango w’ibyo tumenyereye by’uko umurambo w’umuntu wese upfuye babanza kuwuzana ku Bitaro ngo ukorerwe isuzuma. Sinatekerezaga ko nakongera kumubona ahumeka umwuka w’abazima.”

Nsekanabo avuga ko umuhungu we yatewe ihembe n’imbogo, ubwo yirukaga ajya kureba ibibaye nyuma yo kumva abaturage bavuza induru bakibona iyi nyamaswa, na we akiruka agana aho bayivugirizaga, akaza gukubitana na yo ari bwo yamukubitaga ihembe mu nda no ku itako.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Hagiye kuba gitaramo kizasandereza ibyishimo mu Bakristu bo mu Rwanda kitazagira uwo giheeza

Next Post

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Editorial: The New World Economic Order
MU RWANDA

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Editorial: The New World Economic Order

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.