• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uko Abanyarwanda baherutse gukomereketswa n’imbogo zari zatorotse Pariki bamerewe

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA
0
Menya uko Abanyarwanda baherutse gukomereketswa n’imbogo zari zatorotse Pariki bamerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Icyumweru kigiye kuzura imbogo zirindwi zitorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, zigakomeretsa abantu umunani mu Karere ka Burera, barimo umwe ukirembye ari na we wakomeretse cyane, mu gihe abandi bose basezerewe n’Ibitaro bari bajyanywemo.

Izi nyamaswa zatorotse Pariki y’Ibirunga mu mpera z’icyumweru gishize, mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Gicurasi 2024, zagiye zisagarira abo zasangaga mu nzira bose, bamwe zirabakomeretsa.

Izi mbogo zasagariye abantu biganjemo abo mu Murenge wa Gahunda na Rugarama mu Karere ka Burera, ndetse bamwe bajyanwa mu Bitaro bya Ruhengeri nyuma y’uko zibakomerekeje.

Ebyiri muzi izi mbogo, na zo zishwe n’abaturage mu gihe indi imwe yarashwe igapfa, izindi zikaza gusubizwa muri Pariki nyuma yo kuzishakisha.

Umuyobozi Wungirije w’Ibitaro bya Ruhengeri, Dr. Aimé Dieudonné Hirwa, yavuze ko mu bantu umunani bakomerekejwe n’izi mbogo, umwe ari we ukiri mu Bitaro, ari na we wari wakomeretse cyane, mu gihe abandi bari bakomeretse byoroheje.

Avuga ko hari abakomeretse kubera guhutazwa n’izi nyamaswa bakikubita hasi, n’abandi bikubitaga hasi bazihunga, ku buryo batari bafite ikibazo gikomeye.

Yagize ati “Abo bose uko bagera kuri barindwi twarabavuye bagenda boroherwa ndetse baranasezererwa uretse umwe dusigaranye ari na we wakomerekejwe n’ihembe ry’imbogo yamujombye mu nda no mu itako.”

Uwayisenga yarabazwe

Uwakomeretse cyane ni Uwayisenga David w’imyaka 17 wakubiswe ihembe n’imbogo ubwo yasohokaga mu gitondo agiye ku bwiherero.

Dr. Aimé avuga ko uyu musore ukiri mu Bitaro, yanakorewe ubuvuzi bwihariye kuko yari yakomeretse ahantu habi.

Ati “Byabaye ngombwa ko abagwa, ubu arimo gukurikiranirwa muri serivisi z’abarwayi b’indembe, gusa hari icyizere ko mu minsi nk’ibiri cyangwa itatu azaba yahavanywe kuko bigaragara ko agenda yoroherwa akaba yazanataha nyuma yahoo.”

Nsekanabo Ernest, umubyeyi w’uyu musore ukiri mu Bitaro; avuga ko ubwo bamujyanaga kwa muganga bari bazi ko yashizemo umwuka, ariko ko uko amerewe ubu bitanga icyizere.

Ati “Nari narize amarira yankamyemo, kuko natekerezaga ko yapfuye. Kumuzana aha nibwiraga ko ari nko kurangiza umuhango w’ibyo tumenyereye by’uko umurambo w’umuntu wese upfuye babanza kuwuzana ku Bitaro ngo ukorerwe isuzuma. Sinatekerezaga ko nakongera kumubona ahumeka umwuka w’abazima.”

Nsekanabo avuga ko umuhungu we yatewe ihembe n’imbogo, ubwo yirukaga ajya kureba ibibaye nyuma yo kumva abaturage bavuza induru bakibona iyi nyamaswa, na we akiruka agana aho bayivugirizaga, akaza gukubitana na yo ari bwo yamukubitaga ihembe mu nda no ku itako.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + fourteen =

Previous Post

Hagiye kuba gitaramo kizasandereza ibyishimo mu Bakristu bo mu Rwanda kitazagira uwo giheeza

Next Post

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.