Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uko Abanyarwanda baherutse gukomereketswa n’imbogo zari zatorotse Pariki bamerewe

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA
0
Menya uko Abanyarwanda baherutse gukomereketswa n’imbogo zari zatorotse Pariki bamerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Icyumweru kigiye kuzura imbogo zirindwi zitorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, zigakomeretsa abantu umunani mu Karere ka Burera, barimo umwe ukirembye ari na we wakomeretse cyane, mu gihe abandi bose basezerewe n’Ibitaro bari bajyanywemo.

Izi nyamaswa zatorotse Pariki y’Ibirunga mu mpera z’icyumweru gishize, mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Gicurasi 2024, zagiye zisagarira abo zasangaga mu nzira bose, bamwe zirabakomeretsa.

Izi mbogo zasagariye abantu biganjemo abo mu Murenge wa Gahunda na Rugarama mu Karere ka Burera, ndetse bamwe bajyanwa mu Bitaro bya Ruhengeri nyuma y’uko zibakomerekeje.

Ebyiri muzi izi mbogo, na zo zishwe n’abaturage mu gihe indi imwe yarashwe igapfa, izindi zikaza gusubizwa muri Pariki nyuma yo kuzishakisha.

Umuyobozi Wungirije w’Ibitaro bya Ruhengeri, Dr. Aimé Dieudonné Hirwa, yavuze ko mu bantu umunani bakomerekejwe n’izi mbogo, umwe ari we ukiri mu Bitaro, ari na we wari wakomeretse cyane, mu gihe abandi bari bakomeretse byoroheje.

Avuga ko hari abakomeretse kubera guhutazwa n’izi nyamaswa bakikubita hasi, n’abandi bikubitaga hasi bazihunga, ku buryo batari bafite ikibazo gikomeye.

Yagize ati “Abo bose uko bagera kuri barindwi twarabavuye bagenda boroherwa ndetse baranasezererwa uretse umwe dusigaranye ari na we wakomerekejwe n’ihembe ry’imbogo yamujombye mu nda no mu itako.”

Uwayisenga yarabazwe

Uwakomeretse cyane ni Uwayisenga David w’imyaka 17 wakubiswe ihembe n’imbogo ubwo yasohokaga mu gitondo agiye ku bwiherero.

Dr. Aimé avuga ko uyu musore ukiri mu Bitaro, yanakorewe ubuvuzi bwihariye kuko yari yakomeretse ahantu habi.

Ati “Byabaye ngombwa ko abagwa, ubu arimo gukurikiranirwa muri serivisi z’abarwayi b’indembe, gusa hari icyizere ko mu minsi nk’ibiri cyangwa itatu azaba yahavanywe kuko bigaragara ko agenda yoroherwa akaba yazanataha nyuma yahoo.”

Nsekanabo Ernest, umubyeyi w’uyu musore ukiri mu Bitaro; avuga ko ubwo bamujyanaga kwa muganga bari bazi ko yashizemo umwuka, ariko ko uko amerewe ubu bitanga icyizere.

Ati “Nari narize amarira yankamyemo, kuko natekerezaga ko yapfuye. Kumuzana aha nibwiraga ko ari nko kurangiza umuhango w’ibyo tumenyereye by’uko umurambo w’umuntu wese upfuye babanza kuwuzana ku Bitaro ngo ukorerwe isuzuma. Sinatekerezaga ko nakongera kumubona ahumeka umwuka w’abazima.”

Nsekanabo avuga ko umuhungu we yatewe ihembe n’imbogo, ubwo yirukaga ajya kureba ibibaye nyuma yo kumva abaturage bavuza induru bakibona iyi nyamaswa, na we akiruka agana aho bayivugirizaga, akaza gukubitana na yo ari bwo yamukubitaga ihembe mu nda no ku itako.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

Hagiye kuba gitaramo kizasandereza ibyishimo mu Bakristu bo mu Rwanda kitazagira uwo giheeza

Next Post

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Zambia: Uwari Perezida yahishuye umugambi ashinja uwamusimbuye ashaka kumukorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.