Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Gen.Patrick Nyamvumba na Teta Gisa Rwigema

radiotv10by radiotv10
28/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Gen.Patrick Nyamvumba na Teta Gisa Rwigema
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo General Patrick Nyamvumba wigeze kuba Umugaba Mukuru wa RDF; wagizwe Ambasaderi muri Tanzania, na Teta Gisa Rwigema wagizwe Umuyobozi Mukuru muri MINAFFET ushinzwe Afurika.

Bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gashyantare iyobowe na Perezida wa Repubilika Paul Kagame.

General Patrick Nyamvumba wigeze no kuba Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, agiye guhagararira u Rwanda muri Tanzania, umwanya wanigeze kubamo Maj General Charles Karamba, ubu akaba aruhagarariye muri Ethiopia.

Mu bashyizwe mu myanya kandi, harimo Francis Kamanzi wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda, asimbura Francis Gatare uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere RDB.

Naho Fatou Harerimana wari umaze umwaka umwe agizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, aho yari yasimbuye Maj Gen Charkes Karamba, ubu yahawe guhagararira u Rwanda muri Pakistan.

Benedicto Nshimiyimana yagizwe Umujyanama wa Minisitiri muri Ambasade y’u Rwanda muri Hungary, naho Marie Grace Nyinawumuntu agirwa Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane ushinzwe Ububanyi Mpuzamahanga bw’u Burayi na America.

Muri iyi Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kandi, Teta Gisa Rwigema, umukobwa w’Intwari Gen Fred Gisa Rwigema, yagizwe Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Afurika.

Naho Virgile Rwanyagatre agirwa Umuyobozi Mukuru muri iyi Minisiteri, ushinzwe Asia, Pacific na Middle East, Olivier Rutaganira agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe Protocol.

UKO ABAYOBOZI BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eight =

Previous Post

America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

Next Post

Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja

Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.