Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Menya umubare uri hejuru w’abatuye Isi bamaze kuva mu byabo kubera imvururu
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Rishinzwe Impunzi, UNHCR, rigaragaza ko abantu miliyoni 120 ku Isi bakuwe mu byabo n’ibibazo by’intambara n’umutekano mucye biri mu Bihugu byabo, aho iyi mibare yikubye kabiri mu myaka 10 ishize.

Byagaragajwe muri raporo y’iri Shami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi UNHCR, kuri uyu wa Kane yagaragaje.

Filipo Grandi uyobora iri Shami, yavuze ko by’umwihariko iyi mibare yiyongereye cyane mu mezi ane abanza muri uyu mwaka wa 2024 kuko ari bwo abantu benshi bakuwe mu byabo n’ibibazo bitandukanye birimo intambara.

Uyu muyobozi bwa UNHCR yavuze kandi ko byanakomeje ndetse ko niba ntagihindutse uyu mwaka uzaba wihariye imibare myinshi.

Iyi mibare yerekana ko ku Isi yose nibura umuntu umwe mu bantu 69 yisanga hari impamvu zituma ahinduka impunzi yaba imbere mu Gihugu cye cyangwa hanze yacyo.

Imibare igaragaza ko miliyoni 68.3 bahunze bari imbere mu Bihugu byabo. Muri Gaza nibo bafite imibare myinshi kuko 75% y’abahatuye iyi Ntara yo muri Palestine, bahindutse impunzi.

Naho umubare w’impunzi zambutse imipaka y’Ibihugu, wiyongereyeho 7% ugera kuri miliyoni 43,4. ubu bwiyongere bwaturutse ku ntambara yo muri Sudan ndetse n’iyo muri Ukraine.

Iyi raporo igaragaza ko abasaba ubuhungiro bitewe no kugira ubwoba bwo kugirirwa nabi mu Bihugu byabo yiyongereye ku kigero cya 26% ugereranyije n’umwaka ushize, bakaba ari miliyoni 6,9. Ku isi yose ibihugu bicumbikiye impunzi nyinshi ni Iran, Turukiya, Colombia, u Budage na Pakistan

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye impunzi 113 bituma umubare w’izimaze kuhagera zigera mu 2.300

Next Post

Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi

Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.