Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umwanya Pasiporo Nyarwanda iriho mu zihagazeho ku Isi n’imyanya yazamutseho

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in MU RWANDA
0
Menya umwanya Pasiporo Nyarwanda iriho mu zihagazeho ku Isi n’imyanya yazamutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo igaragaza uko Pasiporo zikurikirana mu kugira agaciro ku Isi izwi nka ‘Global Passport Ranking’ cyangwa ‘Henley Passport Index’, yazamuye iy’u Rwanda ho imyanya 10 iza imbere, aho yahise iza muri 80 za mbere.

Uru rutonde nanone ruzwi nka Henley Passport Index, ishyira iy’u Rwanda ku mwanya 76 mu 103 ziri kuri uru rutonde, ikaba ifite amanota 63, aho yazamutseho imyanya icumi kuko muri raporo iheruka ya 2022, yari ku mwanya wa 86.

Uku kuzamuka mu myanya kwa Pasiporo y’u Rwanda, kwatewe no ibyerecyezo byaganwagamo n’abayifite byariyongereyeho Cuba, Kyrgyzstan, na Mozambique.

Uku kuzamuka kw’agaciro ka Pasiporo y’u Rwanda, nanone kandi bishingiye ku muhate w’Igihugu cyashyize mu masezerano gisinyana n’ibindi Bihugu ku bijyanye no guha Visa abayifite, binagamije kongera imikoranire y’u Rwanda n’ibindi Bihugu.

Ibi kandi byanatumye abafite Pasiporo y’u Rwanda bashobora kwerecyeza mu byerecyezo 63 batabanje gusaba Visa.

Iyi raporo ya Henley Passport Index, ikorwa n’impuguke z’i London mu Bwongereza, inashingira ku makuru atangwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ingendo zo mu kirere (International Air Transport Association/IATA).

Iyi myanya ishingira ku mubare w’ibyerekezo bishobora kwerecyezamo abafite Pasiporo y’Igihugu runaka batatswe Visa.

Buri cyerekezo umuntu ashobora kujyamo atatse Visa, bituma iyo pasiporo ibarirwa inota 1, nanone kandi inota rikabarwa iyo ufite pasiporo ashobora guhabwa Visa ageze aho agiye, ku ruhushya rw’umushyitsi ndetse no ku cyemezo cy’ikoranabuhanga kizw nka Electronic Travel Authority (ETA), gihabwa abayobozi binjiye mu Gihugu.

Uru rutonde ruyobowe na Pasiporo ya Singapore n’amanota 192, igakurikirwa n’Ibihugu nk’u Budage, u Butaliyani na Espagne, bifite amanota 190.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − sixteen =

Previous Post

Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Next Post

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.