Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umwanya Pasiporo Nyarwanda iriho mu zihagazeho ku Isi n’imyanya yazamutseho

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in MU RWANDA
0
Menya umwanya Pasiporo Nyarwanda iriho mu zihagazeho ku Isi n’imyanya yazamutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo igaragaza uko Pasiporo zikurikirana mu kugira agaciro ku Isi izwi nka ‘Global Passport Ranking’ cyangwa ‘Henley Passport Index’, yazamuye iy’u Rwanda ho imyanya 10 iza imbere, aho yahise iza muri 80 za mbere.

Uru rutonde nanone ruzwi nka Henley Passport Index, ishyira iy’u Rwanda ku mwanya 76 mu 103 ziri kuri uru rutonde, ikaba ifite amanota 63, aho yazamutseho imyanya icumi kuko muri raporo iheruka ya 2022, yari ku mwanya wa 86.

Uku kuzamuka mu myanya kwa Pasiporo y’u Rwanda, kwatewe no ibyerecyezo byaganwagamo n’abayifite byariyongereyeho Cuba, Kyrgyzstan, na Mozambique.

Uku kuzamuka kw’agaciro ka Pasiporo y’u Rwanda, nanone kandi bishingiye ku muhate w’Igihugu cyashyize mu masezerano gisinyana n’ibindi Bihugu ku bijyanye no guha Visa abayifite, binagamije kongera imikoranire y’u Rwanda n’ibindi Bihugu.

Ibi kandi byanatumye abafite Pasiporo y’u Rwanda bashobora kwerecyeza mu byerecyezo 63 batabanje gusaba Visa.

Iyi raporo ya Henley Passport Index, ikorwa n’impuguke z’i London mu Bwongereza, inashingira ku makuru atangwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ingendo zo mu kirere (International Air Transport Association/IATA).

Iyi myanya ishingira ku mubare w’ibyerekezo bishobora kwerecyezamo abafite Pasiporo y’Igihugu runaka batatswe Visa.

Buri cyerekezo umuntu ashobora kujyamo atatse Visa, bituma iyo pasiporo ibarirwa inota 1, nanone kandi inota rikabarwa iyo ufite pasiporo ashobora guhabwa Visa ageze aho agiye, ku ruhushya rw’umushyitsi ndetse no ku cyemezo cy’ikoranabuhanga kizw nka Electronic Travel Authority (ETA), gihabwa abayobozi binjiye mu Gihugu.

Uru rutonde ruyobowe na Pasiporo ya Singapore n’amanota 192, igakurikirwa n’Ibihugu nk’u Budage, u Butaliyani na Espagne, bifite amanota 190.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Next Post

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.