Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umwanya Pasiporo Nyarwanda iriho mu zihagazeho ku Isi n’imyanya yazamutseho

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in MU RWANDA
0
Menya umwanya Pasiporo Nyarwanda iriho mu zihagazeho ku Isi n’imyanya yazamutseho
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo igaragaza uko Pasiporo zikurikirana mu kugira agaciro ku Isi izwi nka ‘Global Passport Ranking’ cyangwa ‘Henley Passport Index’, yazamuye iy’u Rwanda ho imyanya 10 iza imbere, aho yahise iza muri 80 za mbere.

Uru rutonde nanone ruzwi nka Henley Passport Index, ishyira iy’u Rwanda ku mwanya 76 mu 103 ziri kuri uru rutonde, ikaba ifite amanota 63, aho yazamutseho imyanya icumi kuko muri raporo iheruka ya 2022, yari ku mwanya wa 86.

Uku kuzamuka mu myanya kwa Pasiporo y’u Rwanda, kwatewe no ibyerecyezo byaganwagamo n’abayifite byariyongereyeho Cuba, Kyrgyzstan, na Mozambique.

Uku kuzamuka kw’agaciro ka Pasiporo y’u Rwanda, nanone kandi bishingiye ku muhate w’Igihugu cyashyize mu masezerano gisinyana n’ibindi Bihugu ku bijyanye no guha Visa abayifite, binagamije kongera imikoranire y’u Rwanda n’ibindi Bihugu.

Ibi kandi byanatumye abafite Pasiporo y’u Rwanda bashobora kwerecyeza mu byerecyezo 63 batabanje gusaba Visa.

Iyi raporo ya Henley Passport Index, ikorwa n’impuguke z’i London mu Bwongereza, inashingira ku makuru atangwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ingendo zo mu kirere (International Air Transport Association/IATA).

Iyi myanya ishingira ku mubare w’ibyerekezo bishobora kwerecyezamo abafite Pasiporo y’Igihugu runaka batatswe Visa.

Buri cyerekezo umuntu ashobora kujyamo atatse Visa, bituma iyo pasiporo ibarirwa inota 1, nanone kandi inota rikabarwa iyo ufite pasiporo ashobora guhabwa Visa ageze aho agiye, ku ruhushya rw’umushyitsi ndetse no ku cyemezo cy’ikoranabuhanga kizw nka Electronic Travel Authority (ETA), gihabwa abayobozi binjiye mu Gihugu.

Uru rutonde ruyobowe na Pasiporo ya Singapore n’amanota 192, igakurikirwa n’Ibihugu nk’u Budage, u Butaliyani na Espagne, bifite amanota 190.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Kenya: Polisi yatanze ibisobanuro bitavugwaho rumwe ku rufaya rw’amasasasu yarashe mu bigaragambya

Next Post

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.