• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere muri Mexico yasezeranye kubana n’ingona ikamubera umugore, na we akayikundwakaza bizira uburyarya, ndetse yatangiye kuyita igikomangoma cye, aho iyi ngona yari yambitswe agatimba, akanyuzamo akanayiha akabizu.

Ni inkuru ikomeje kwandikwa mu binyamakuru mpuzamahanga binyuranye, ko uwitwa Victor Hugo Sosa usanzwe ari Mayor, avuga ko yemeye gusezerana kubana n’iyi ngona, kuko bakundana by’ikirenga.

Mu muhango w’ubukwe, Victor Hugo Sosa yagize ati “Nemeye izi nshingano kuko dukundana. Icyo ni cyo cy’ingenzi. Ntabwo ushobora gushyingirana hatari urukundo. Niyemeje kuzabana n’igikomangoma.”

Gushyingiranwa n’ingona muri Mexico bisanzweho, aho bamwe bavuga ko bizanira amahirwe umugabo, akagira imitungo itagira ingano.

Iyi ngona y’ingore yashyingiranywe na Mayor Victor Hugo Sosa, yitwa Alicia Adriana, bakaba basezeranye mu muhango gakondo witabiriwe n’abo mu miryango y’uyu mugabo.

Ibi birori byaranzwe n’akanyamuneza ko gukomera amashyi aba bashyingiranywe ndetse n’imbyino, byabereye mu mujyi witwa San Pedro Huamelula, usanzwe ari uw’abasangwabutaka bazwi nka Chontal muri Leta ya Oaxaca iherereye mu Majyepfo ya Mexico.

Uyu mugabo kandi yafotowe ari guha akabizu iyi nyamaswa yo mu bwoko bw’ibikururanda, yemeye kubana na yo nk’umugore we.

Si bishya muri iki Gihugu kuko hashize imyaka 230 bibaye, bikaba bigamije kandi no kuzanira amahoro hagati y’imiryango y’abasangwabutaka izwi nka Chontal na Huave.

Uyu Mayor washyingiranywe n’Ingona, asanzwe afatwa nk’umwami wa Chontal, aho iyi ngona bashyingiranywe na yo ifatwa nk’Igikomangomakazi cya Huave, bikaba ari igisobanuro cy’ubumwe bw’iyi miryango.

Byari ibirori by’akataraboneka
Ingona yari yambitswe agatimba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + eleven =

Previous Post

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Next Post

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.