Friday, March 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko u Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhora ruterwa impungenge n’ibikorwa bibi bikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, kuko ruzi uburemere n’ingaruka zabyo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Joshua Barnes w’ikinyamakuru Firstpost cyo mu Buhindi, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nduhungirehe abajijwe niba ibihano Leta Zunze Ubumwe za America ziherutse gufatira Ingabo z’u Rwanda, bizatanga umuti urambye wa biriya bibazo byakunze kugenda byisubira mu bihe runaka, yavuze ko bidashoboka.

Ati “Ibi ntabwo ari byo bihano bya mbere bifatiwe u Rwanda, muri za 2012 na 2013 hari ibindi bihano mu ntambara ya mbere ya M23. Hari amakimbirane ya mbere yarangiye muri 2013 hakoreshejwe imbaraga za gisirikare ariko umuzi w’ayo makimbirane ntiwigeze ukemurwa. Ni yo mpamvu aya makimbirane yagarutse nyuma y’imyaka umunani, mu Kwakira 2021.”

Nduhungirehe avuga ko iki ari cyo gihe ngo hashakwe umuti haherewe mu mizi y’ibibazo, kugira ngo ariya makimbirane ashyirweho akadomo mu buryo bwa burundu.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko impamvu u Rwanda rwakunze kugaragaza uko biriya bibazo byakemurwa, ari uko amateka yarwo afitanye isano n’ibikorerwa Abanyekongo byanatumye havuka uriya mutwe wa M23.

U Rwanda n’abayobozi barwo, bakunze gutabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bakomeje kugirirwa nabi n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, banagaragaza uburyo ibi bibazo byashakirwa umuti.

Minisitiri Nduhungirehe ati “Mu Rwanda mu 1994, twashegeshwe na Jenoside, rero iyo twumvise ingengabitekerezo ya Jenoside, iyo twumvise amagambo nk’ayakoreshwaga mbere ya Jenoside [kuko hari abakoreshaga ‘inyenzi’ cyangwa mikorobe] babyita Abatutsi, aracyakoreshwa muri DRC yewe n’abayobozi barayakoresha, rero biraduhangayikisha kuko ibyatubayeho mu 1994 ntibizongera kubaho ukundi.”

Nduhungirehe kandi yagarutse ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu ufashwa na Guverinoma ya DRC ukaba unakorana n’abacancuro bahawe akazi n’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu.

Avuga ko ibibazo byo muri Congo byarushijeho kuba bibi ubwo ubutegetsi bw’iki Gihugu bwakinjijemo abanyamahanga, barimo abo bacancuro, n’ingabo z’u Burundi.

Avuga ko kandi ikibabaje ari uko abo bose bakorana na FDLR ifite umugambi wo kugaruka mu Rwanda kugira ngo urangize umugambi watangije wo kurimbura Abatutsi.

Ati “Ntabwo bazabigeraho. Ni yo mpamvu twashyizeho ingamba z’ubwirinzi kugira ngo dukomeze kurinda abaturage bacu n’imipaka yacu.”

Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rugihagaze ku bushake bwarwo bwo kuba ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC byabonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro, kandi ko rugifitiye icyizere amasezerano y’i Washington rwasinyanye na Congo mu kwezi k’Ukuboza 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Next Post

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Related Posts

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

by radiotv10
06/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yatangaje ko nta Munyarwanda uri muri iki Gihugu no muri Bahrain, uragirwaha...

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

by radiotv10
06/03/2026
0

Mu bukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu  buri gukorwa n’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bimukira hamwe n’ambasade y’ubuyapani...

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

by radiotv10
06/03/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibirego by'abantu baba bariganyijwe amafaranga n'abatekamutwe, byiganje mu byo rwakira cyane muri iki gihe,...

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

by radiotv10
05/03/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi banyuranye no mu nzego zitandukanye zirimo Inama...

From past to present: How surgery has become safer and more effective

From past to present: How surgery has become safer and more effective

by radiotv10
05/03/2026
0

Surgery is one of the oldest and most powerful ways human beings have tried to heal each other. Today, when...

IZIHERUKA

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran
MU RWANDA

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

by radiotv10
06/03/2026
0

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

06/03/2026
Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

06/03/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

06/03/2026
Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

06/03/2026
Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

Menya amayeri akoreshwa mu butekamutwe buri gufata intera bwiganje mu birego byakirwa na RIB

06/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abanyanyarwanda baba muri UAE na Bahrain nta n’umwe uragirwaho ingaruka n’ibitero bya Iran

Min.Nduhungirehe yagaragaje impamvu umusonga w’Abanyekongo bagirirwa nabi n’ubutegetsi bwabo ubuza u Rwanda gusinzira

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.