Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko u Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi, ruhora ruterwa impungenge n’ibikorwa bibi bikorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, kuko ruzi uburemere n’ingaruka zabyo.
Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Joshua Barnes w’ikinyamakuru Firstpost cyo mu Buhindi, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Nduhungirehe abajijwe niba ibihano Leta Zunze Ubumwe za America ziherutse gufatira Ingabo z’u Rwanda, bizatanga umuti urambye wa biriya bibazo byakunze kugenda byisubira mu bihe runaka, yavuze ko bidashoboka.
Ati “Ibi ntabwo ari byo bihano bya mbere bifatiwe u Rwanda, muri za 2012 na 2013 hari ibindi bihano mu ntambara ya mbere ya M23. Hari amakimbirane ya mbere yarangiye muri 2013 hakoreshejwe imbaraga za gisirikare ariko umuzi w’ayo makimbirane ntiwigeze ukemurwa. Ni yo mpamvu aya makimbirane yagarutse nyuma y’imyaka umunani, mu Kwakira 2021.”
Nduhungirehe avuga ko iki ari cyo gihe ngo hashakwe umuti haherewe mu mizi y’ibibazo, kugira ngo ariya makimbirane ashyirweho akadomo mu buryo bwa burundu.
Minisitiri Nduhungirehe avuga ko impamvu u Rwanda rwakunze kugaragaza uko biriya bibazo byakemurwa, ari uko amateka yarwo afitanye isano n’ibikorerwa Abanyekongo byanatumye havuka uriya mutwe wa M23.
U Rwanda n’abayobozi barwo, bakunze gutabariza Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bakomeje kugirirwa nabi n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, banagaragaza uburyo ibi bibazo byashakirwa umuti.
Minisitiri Nduhungirehe ati “Mu Rwanda mu 1994, twashegeshwe na Jenoside, rero iyo twumvise ingengabitekerezo ya Jenoside, iyo twumvise amagambo nk’ayakoreshwaga mbere ya Jenoside [kuko hari abakoreshaga ‘inyenzi’ cyangwa mikorobe] babyita Abatutsi, aracyakoreshwa muri DRC yewe n’abayobozi barayakoresha, rero biraduhangayikisha kuko ibyatubayeho mu 1994 ntibizongera kubaho ukundi.”
Nduhungirehe kandi yagarutse ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu ufashwa na Guverinoma ya DRC ukaba unakorana n’abacancuro bahawe akazi n’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu.
Avuga ko ibibazo byo muri Congo byarushijeho kuba bibi ubwo ubutegetsi bw’iki Gihugu bwakinjijemo abanyamahanga, barimo abo bacancuro, n’ingabo z’u Burundi.
Avuga ko kandi ikibabaje ari uko abo bose bakorana na FDLR ifite umugambi wo kugaruka mu Rwanda kugira ngo urangize umugambi watangije wo kurimbura Abatutsi.
Ati “Ntabwo bazabigeraho. Ni yo mpamvu twashyizeho ingamba z’ubwirinzi kugira ngo dukomeze kurinda abaturage bacu n’imipaka yacu.”
Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rugihagaze ku bushake bwarwo bwo kuba ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC byabonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro, kandi ko rugifitiye icyizere amasezerano y’i Washington rwasinyanye na Congo mu kwezi k’Ukuboza 2025.
RADIOTV10








