Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington kuri uyu wa 13 Ugushyingo, yasubitswe ku munota wa nyuma n’ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, hakaba hari gushakwa indi tariki.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ugushyingo 2025, ubwo yagiraga icyo avuga ku nkuru yanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ku byatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho muri Congo akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Kiriya Gihugu, Patrick Muyaya.

Muri iyi nkuru ya RFI, Patrick Muyaya yatangarije iki gitangazamakuru ko ngo “Perezida Tshisekedi ntashobora kujya gusinya amasezerano y’Amahoro i Washinton, atizeye neza ko Ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bw’Igihugu cyacu.”

Ibi birego by’ibinyoma, n’ubundi ni byo ubutegetsi bwa Congo bwakunze gushinja u Rwanda ko ingabo zarwo ziri muri kiriya Gihugu, ariko na rwo rukaba rutarahwemye kubihakana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe na Patrick Muyaya agendeye kuri iyi nkuru, yavuze ko n’ubundi ko gusinya ariya masezerano bitakibaye igihe byagombaga kubera.

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi namenyeshaga ko Perezida Tshisekedi kimwe na Perezida Kagame, yari yemeje ko azitabira inama y’i Washington yagombaga kuba tariki 13 Ugushyingo 2025, mbere yuko isubikwa ku munota wa nyuma n’ubutegetsi bwa America.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko “Impande uko ari eshatu (u Rwanda, DRC na Leta Zunze Ubumwe za America) ziri gushaka indi tariki yazorohera gahunda zazo.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi ndibutsa ko inama y’i Washington ifite intego yo gusinya amasezerano ajyanye n’ubukungu bw’akarere (CIER/Cadre d’Intégration économique Régionale), yamaze kwemezwa akanashyigikirwa n’impande zombi, ndetse n’umuhuza ari we America.”

Nduhungire yakomeje agira inama Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, ko iki ari igihe cyo kutayobya abantu n’amakuru ayobye byumwihariko ayobya Abanyekongo, bari bakwiye kumenya ukuri ku masezerano y’amahoro ari gusinywa.

Amezi atanu arashize Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisinye Amasezerano y’Amahoro y’i Washington, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we wa DRC, Therese Kayikwamba Wagner.

Aya masezerano yasinywe tariki 27 Kamena 2025, yagombaga gukurikirwa n’inama yagombaga guhuriramo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi, yagombaga kubera i Washington DC, ikayoborwa na mugenzi wabo, Perezida Donald Trump, itaraba kugeza ubu, ikaba igitegerejwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + nine =

Previous Post

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Next Post

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.