• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington kuri uyu wa 13 Ugushyingo, yasubitswe ku munota wa nyuma n’ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, hakaba hari gushakwa indi tariki.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ugushyingo 2025, ubwo yagiraga icyo avuga ku nkuru yanditswe na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ku byatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho muri Congo akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Kiriya Gihugu, Patrick Muyaya.

Muri iyi nkuru ya RFI, Patrick Muyaya yatangarije iki gitangazamakuru ko ngo “Perezida Tshisekedi ntashobora kujya gusinya amasezerano y’Amahoro i Washinton, atizeye neza ko Ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bw’Igihugu cyacu.”

Ibi birego by’ibinyoma, n’ubundi ni byo ubutegetsi bwa Congo bwakunze gushinja u Rwanda ko ingabo zarwo ziri muri kiriya Gihugu, ariko na rwo rukaba rutarahwemye kubihakana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe na Patrick Muyaya agendeye kuri iyi nkuru, yavuze ko n’ubundi ko gusinya ariya masezerano bitakibaye igihe byagombaga kubera.

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi namenyeshaga ko Perezida Tshisekedi kimwe na Perezida Kagame, yari yemeje ko azitabira inama y’i Washington yagombaga kuba tariki 13 Ugushyingo 2025, mbere yuko isubikwa ku munota wa nyuma n’ubutegetsi bwa America.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko “Impande uko ari eshatu (u Rwanda, DRC na Leta Zunze Ubumwe za America) ziri gushaka indi tariki yazorohera gahunda zazo.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi ndibutsa ko inama y’i Washington ifite intego yo gusinya amasezerano ajyanye n’ubukungu bw’akarere (CIER/Cadre d’Intégration économique Régionale), yamaze kwemezwa akanashyigikirwa n’impande zombi, ndetse n’umuhuza ari we America.”

Nduhungire yakomeje agira inama Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, ko iki ari igihe cyo kutayobya abantu n’amakuru ayobye byumwihariko ayobya Abanyekongo, bari bakwiye kumenya ukuri ku masezerano y’amahoro ari gusinywa.

Amezi atanu arashize Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisinye Amasezerano y’Amahoro y’i Washington, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we wa DRC, Therese Kayikwamba Wagner.

Aya masezerano yasinywe tariki 27 Kamena 2025, yagombaga gukurikirwa n’inama yagombaga guhuriramo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi, yagombaga kubera i Washington DC, ikayoborwa na mugenzi wabo, Perezida Donald Trump, itaraba kugeza ubu, ikaba igitegerejwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Next Post

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.