Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?

radiotv10by radiotv10
15/11/2021
in MU RWANDA
0
MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko igihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri mu gihe yagaragaje imyitwarire idahwitse, kidakwiye kugira uwo gitungura kuko kiri mu biteganywa n’Iteka rya Minisiteri y’Uburezi ryagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize.

Mu ntangiro z’uku kwezi k’Ugushyingo, umunyeshuri wigaga mu ishuri Ryisumbuye rwa Nyakabanda ryo mu Karere ka Muhanga, ryirukanye umunyeshuri nyuma yo gukubita umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri (Animateri).

Iteka rya Minisitiri w’Uburezi ryagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize, rigaragaza ko mu mabwiriza mashya agenga urwego rw’uburezi, umunyeshuri ashobora kwirukanwa burundu mu gihe yagaragaje imyitwarire idahwitse.

Ubwo uriya munyeshuri yirukanwaga, bamwe mu babitanzeho ibitekerezo bavugaga ko bidakwiye kuba umwana yavutswa uburenganzira bwo gukomeza amasomo ahubwo ko yakwicara akaganirizwa.

Umuyobozi wa ES Nyakabanda, Nkindisano Jean Pierre wanahohotewe n’uriya munyeshuri, yavuze ko uriya munyeshuri yirukanywe kubera ikosa rikomeye yakoreye imbere ya bagenzi be.

Yavuze ko uriya munyeshuri yakubise umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri ubwo yajyaga kureba ibibaye nyuma yo kumva urusaku rw’abanyeshuri.

Yagize ati “Narasohotse mbwira Animateri wari hafi yabo ngo nagende abanzanire, bamubonye bahise bicara hasigara uwo umwe, amubajije ngo amwereke abo babyinanaga avuga ko ntabo, ni uko aramubwira ati ‘Sohoka ujye kwitaba umuyobozi’ undi arinangira gusa ariko abandi bagenzi be bari batangiye guhaguruka, niba yarabonye bari guhaguruka kandi yavuze ko ntabo ikimwaro kikamwica, yahise akubita ikofi Animateri.”

Ubuyobozi bw’ishuri buvuga ko bwafashe iki cyemezo cyo kumwirukana burundu bushingiye ku iteka rishya rya Minsiitiri w’Uburezi.

Ati “Maze kumva ko akubise umuyobozi numva ni ikintu kibabaje kandi kidasanzwe, ubwo nk’ikigo turicara tureba amategeko agenga imyitwarire hano mu kigo icyo avuga, tunareba n’iteka rishya rya Minisiteri y’Uburezi, aho harimo igika Kivuga ko umunyeshuri ufite imyitwarire mibi agomba kwirukanwa, dufata umwanzuro wo kumwoherereza ababyeyi, kandi ndahamya ko byamubereye isomo ndetse no kuri bagenzi be yasize hano.”

Uriya munyeshuri we avuga ko yarenganye kuko ngo atanze kwicara nk’uko bivugwa ahubwo ko yariho ajya kwicara.

Ati “Ahita ambaza ngo ‘ni bande twabyinanaga?’ mubwira ko ntabo nzi kuko ntari ndi kubyina, ubwo yahise ankubita urushyi rwo mu maso, ku buryo n’ubu ryagize ikibazo ndigushyiramo imiti, ubwo nange rero numvise ntazi uko mbaye nisanga namukubise ikofi, ariko ndasaba imbabazi.”

Umuvugizi wa Minisiteri y’Uburezi, Sarafina Flavia yabwiye Radio& TV 10 ko igihano nka kiriya giteganywa mu bihano biri mu iteka rya Minisitiri w’Uburezi riherutse gusohoka kandi ko ubusanzwe iteka ritangira kubahirizwa kuva igihe ryagiriye hanze.

Yavuze ko kuba umunyeshuri yakwirukanwa bidakwiye gufatwa nka byacitse kuko hari amakosa aremereye umunyeshuri aba yakoze ku buryo hadafashwe umwanzuro nk’uriya bishobora no kototera imyitwarire y’abandi banyeshuri baba barererwa hamwe na we.

Mu ishuri rya ES Nyakabanda mu Karere ka Muhanga

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Next Post

Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.