Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?

radiotv10by radiotv10
15/11/2021
in MU RWANDA
0
MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko igihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri mu gihe yagaragaje imyitwarire idahwitse, kidakwiye kugira uwo gitungura kuko kiri mu biteganywa n’Iteka rya Minisiteri y’Uburezi ryagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize.

Mu ntangiro z’uku kwezi k’Ugushyingo, umunyeshuri wigaga mu ishuri Ryisumbuye rwa Nyakabanda ryo mu Karere ka Muhanga, ryirukanye umunyeshuri nyuma yo gukubita umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri (Animateri).

Iteka rya Minisitiri w’Uburezi ryagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize, rigaragaza ko mu mabwiriza mashya agenga urwego rw’uburezi, umunyeshuri ashobora kwirukanwa burundu mu gihe yagaragaje imyitwarire idahwitse.

Ubwo uriya munyeshuri yirukanwaga, bamwe mu babitanzeho ibitekerezo bavugaga ko bidakwiye kuba umwana yavutswa uburenganzira bwo gukomeza amasomo ahubwo ko yakwicara akaganirizwa.

Umuyobozi wa ES Nyakabanda, Nkindisano Jean Pierre wanahohotewe n’uriya munyeshuri, yavuze ko uriya munyeshuri yirukanywe kubera ikosa rikomeye yakoreye imbere ya bagenzi be.

Yavuze ko uriya munyeshuri yakubise umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri ubwo yajyaga kureba ibibaye nyuma yo kumva urusaku rw’abanyeshuri.

Yagize ati “Narasohotse mbwira Animateri wari hafi yabo ngo nagende abanzanire, bamubonye bahise bicara hasigara uwo umwe, amubajije ngo amwereke abo babyinanaga avuga ko ntabo, ni uko aramubwira ati ‘Sohoka ujye kwitaba umuyobozi’ undi arinangira gusa ariko abandi bagenzi be bari batangiye guhaguruka, niba yarabonye bari guhaguruka kandi yavuze ko ntabo ikimwaro kikamwica, yahise akubita ikofi Animateri.”

Ubuyobozi bw’ishuri buvuga ko bwafashe iki cyemezo cyo kumwirukana burundu bushingiye ku iteka rishya rya Minsiitiri w’Uburezi.

Ati “Maze kumva ko akubise umuyobozi numva ni ikintu kibabaje kandi kidasanzwe, ubwo nk’ikigo turicara tureba amategeko agenga imyitwarire hano mu kigo icyo avuga, tunareba n’iteka rishya rya Minisiteri y’Uburezi, aho harimo igika Kivuga ko umunyeshuri ufite imyitwarire mibi agomba kwirukanwa, dufata umwanzuro wo kumwoherereza ababyeyi, kandi ndahamya ko byamubereye isomo ndetse no kuri bagenzi be yasize hano.”

Uriya munyeshuri we avuga ko yarenganye kuko ngo atanze kwicara nk’uko bivugwa ahubwo ko yariho ajya kwicara.

Ati “Ahita ambaza ngo ‘ni bande twabyinanaga?’ mubwira ko ntabo nzi kuko ntari ndi kubyina, ubwo yahise ankubita urushyi rwo mu maso, ku buryo n’ubu ryagize ikibazo ndigushyiramo imiti, ubwo nange rero numvise ntazi uko mbaye nisanga namukubise ikofi, ariko ndasaba imbabazi.”

Umuvugizi wa Minisiteri y’Uburezi, Sarafina Flavia yabwiye Radio& TV 10 ko igihano nka kiriya giteganywa mu bihano biri mu iteka rya Minisitiri w’Uburezi riherutse gusohoka kandi ko ubusanzwe iteka ritangira kubahirizwa kuva igihe ryagiriye hanze.

Yavuze ko kuba umunyeshuri yakwirukanwa bidakwiye gufatwa nka byacitse kuko hari amakosa aremereye umunyeshuri aba yakoze ku buryo hadafashwe umwanzuro nk’uriya bishobora no kototera imyitwarire y’abandi banyeshuri baba barererwa hamwe na we.

Mu ishuri rya ES Nyakabanda mu Karere ka Muhanga

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Next Post

Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.