Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?

radiotv10by radiotv10
15/11/2021
in MU RWANDA
0
MINEDUC ivuga iki ku gihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri kubera imyitwarire idahwitse?
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko igihano cyo kwirukana burundu umunyeshuri mu gihe yagaragaje imyitwarire idahwitse, kidakwiye kugira uwo gitungura kuko kiri mu biteganywa n’Iteka rya Minisiteri y’Uburezi ryagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize.

Mu ntangiro z’uku kwezi k’Ugushyingo, umunyeshuri wigaga mu ishuri Ryisumbuye rwa Nyakabanda ryo mu Karere ka Muhanga, ryirukanye umunyeshuri nyuma yo gukubita umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri (Animateri).

Iteka rya Minisitiri w’Uburezi ryagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize, rigaragaza ko mu mabwiriza mashya agenga urwego rw’uburezi, umunyeshuri ashobora kwirukanwa burundu mu gihe yagaragaje imyitwarire idahwitse.

Ubwo uriya munyeshuri yirukanwaga, bamwe mu babitanzeho ibitekerezo bavugaga ko bidakwiye kuba umwana yavutswa uburenganzira bwo gukomeza amasomo ahubwo ko yakwicara akaganirizwa.

Umuyobozi wa ES Nyakabanda, Nkindisano Jean Pierre wanahohotewe n’uriya munyeshuri, yavuze ko uriya munyeshuri yirukanywe kubera ikosa rikomeye yakoreye imbere ya bagenzi be.

Yavuze ko uriya munyeshuri yakubise umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri ubwo yajyaga kureba ibibaye nyuma yo kumva urusaku rw’abanyeshuri.

Yagize ati “Narasohotse mbwira Animateri wari hafi yabo ngo nagende abanzanire, bamubonye bahise bicara hasigara uwo umwe, amubajije ngo amwereke abo babyinanaga avuga ko ntabo, ni uko aramubwira ati ‘Sohoka ujye kwitaba umuyobozi’ undi arinangira gusa ariko abandi bagenzi be bari batangiye guhaguruka, niba yarabonye bari guhaguruka kandi yavuze ko ntabo ikimwaro kikamwica, yahise akubita ikofi Animateri.”

Ubuyobozi bw’ishuri buvuga ko bwafashe iki cyemezo cyo kumwirukana burundu bushingiye ku iteka rishya rya Minsiitiri w’Uburezi.

Ati “Maze kumva ko akubise umuyobozi numva ni ikintu kibabaje kandi kidasanzwe, ubwo nk’ikigo turicara tureba amategeko agenga imyitwarire hano mu kigo icyo avuga, tunareba n’iteka rishya rya Minisiteri y’Uburezi, aho harimo igika Kivuga ko umunyeshuri ufite imyitwarire mibi agomba kwirukanwa, dufata umwanzuro wo kumwoherereza ababyeyi, kandi ndahamya ko byamubereye isomo ndetse no kuri bagenzi be yasize hano.”

Uriya munyeshuri we avuga ko yarenganye kuko ngo atanze kwicara nk’uko bivugwa ahubwo ko yariho ajya kwicara.

Ati “Ahita ambaza ngo ‘ni bande twabyinanaga?’ mubwira ko ntabo nzi kuko ntari ndi kubyina, ubwo yahise ankubita urushyi rwo mu maso, ku buryo n’ubu ryagize ikibazo ndigushyiramo imiti, ubwo nange rero numvise ntazi uko mbaye nisanga namukubise ikofi, ariko ndasaba imbabazi.”

Umuvugizi wa Minisiteri y’Uburezi, Sarafina Flavia yabwiye Radio& TV 10 ko igihano nka kiriya giteganywa mu bihano biri mu iteka rya Minisitiri w’Uburezi riherutse gusohoka kandi ko ubusanzwe iteka ritangira kubahirizwa kuva igihe ryagiriye hanze.

Yavuze ko kuba umunyeshuri yakwirukanwa bidakwiye gufatwa nka byacitse kuko hari amakosa aremereye umunyeshuri aba yakoze ku buryo hadafashwe umwanzuro nk’uriya bishobora no kototera imyitwarire y’abandi banyeshuri baba barererwa hamwe na we.

Mu ishuri rya ES Nyakabanda mu Karere ka Muhanga

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + nineteen =

Previous Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Next Post

Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Umuhanzi Cyusa ari kwishimana n’umukunzi we mu Birwa bya Zanzibar (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.