• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021, Minisiteri y’Uburezi yasabye abarimu bose bagejeje igihe cyo gufata doze y’ishimangira y’urukingo rwa COVID-19, kuzatangira igihembwe gitaha barafashe uru rukingo.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Uburezi ryasohotse kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko ari irikangurira abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri gufata urukingo rwa gatatu rwa COVID-19.

Ritangira rigira riti “Minisiteri y’Uburezi irasaba abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri bose bafashe urukingo rwa kabiri rwa COVID-19 ariko bagejeje igihe cyo gufata urukingo rwa gatatu rushimangira, kwihutira kujya ku Bigo Nderabuzima gufata uwo rukingo guhera tariki ya 29/12/2021.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Turasaba abarimu n’abayobozi b’ibigo by’amashuri gufata uru rukingo mbere y’ifungurwa ry’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2021/2022.”

Hashize ukwezi kumwe mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gutanga doze y’ishimangira y’urukingo rwa COVID-19, aho iki gikorwa cyatangiriye ku byiciro byihariye bigizwe n’abakuze n’abafite indwara za karande.

Iki gikorwa kandi cyakomereje ku bindi byiciro birimo n’abafite imyaka kuva kuri 18 kuzamura ariko bamaze amezi atandatu bahawe doze zari ziteganyijwe.

Ubwo iyi gahunda yari igiye gutangira, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yamaze impungenge ababa bazifite, avuga ko atari ubwa mbere hatanzwe doze ya gatatu y’urukingo kuko bisanzwe binamenyerewe ku nkingo zihabwa abana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

Next Post

Ubanza naribeshye- Urukundo rwa Ariel Wayz na Juno Kizigenza ruravugwamo urunturuntu

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Ubanza naribeshye- Urukundo rwa Ariel Wayz na Juno Kizigenza ruravugwamo urunturuntu

Ubanza naribeshye- Urukundo rwa Ariel Wayz na Juno Kizigenza ruravugwamo urunturuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.