Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

radiotv10by radiotv10
13/10/2021
in MU RWANDA
0
Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’ibidukikije iravuga ko ihangayikishijwe n’aborozi bagaburira inka ubwabtsi butuma zisohora ibyuka byangiza ikirere.

Aborozi bavuga ko ayo makuru ari mashya mu matwi yabo, icyakora  ngo bafashijwe kubimenya no kubona ubwiza budateza ikibazo, ngo babyubahiriza.

Abashinzwe kurengera ibidukikije  bavuga ko mu bibahangayikishije mu guhangana n’iyangirika ry’ikirere, ngo harimo n’ibyuka bigihumanya birimo na Gas methane inka zisohora mu gihe zuza.

Ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi cyo kivuga ko intandaro y’iki kibazo ari ubwoko bw’ubwatsi aborozi bagaburira inka, maze bigatuma mu gihe yuza isohora uwo mwuka wangiza ikirere .

Mu gice cy’intara y’uburasirazuba cyane mu turerere twa Nyagatare,Gatsibo na  Kayonza niho hagaragara umubare munini w’inka kandi ubworozi bwabo ahanini bukorerwa mu nzuri, kandi harimo ubwoko bunyuranye bw’ubwatsi inka zikaburisha zidatoranya.

Bamwe mu borozi twaganiriye  bavuga ko usibye kurazwa ishinga no gushaka ubwo bazi ko ari bwiza mu rwego rw’umusaruro n’ubuzima bw’inka,  ngo ibyo by’ubwangiza ikirere n’ubutacyangiza ntabyo bazi.

Sebudandi Steven utuye mu murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, agaruka kuri iyi ngingo agira ati “ Aha hari ubwoko bunyuranye bw’ubwatsi bwa kimeza nk’umutsina, umukenke, ivubwe n’ubundi. Ubwatsi bubi tuzi ni Umutsina kuko bukura amenyo inka kandi ntibunatange umusaruro, ibyo rero byo kwangiza ibidukikije ntabwo tubizi .”

Naho Rutagarama Apolo  utuye mu karere ka Gatsibo we yagize Ati” Ubwatsi bwiza nzi ni Ivubwe, Kikuyu Grass n’umukenke cyangwa  se umucaca. Ubu ndikubashakisha ngo mbutere mu rwuri rwange kuko butanga umukamo mwiza, ariko ibyo kwangiza ikirere byo nibwo nabyumva.”

Mupenzi Mutimura umuyobozi ushinzwe imirire y’amatungo yuza muri RAB, avuga ko ubwo bwoko aborozi  bafite mu nzuri ngo ubwinshi muri bwo ari ububi, ariko ngo hari gahunda yo gsobanurira abo borozi bagafashwa no kubona ubwo bwiza butaboneka ku bwinshi.

Ati “ Dushishikariza aborozi kugaburira inka ubwatsi butuma igogora rigenda neza, ubwo bwatsi ni nk’ivubwe ibyitwa Brachiaria mu ndimi z’amahanga, iyo inka iburiye igogora ntirigora kandi no mu gihe yuza bituma nta byuka birimo gase methane bisohoka. Ikindi tubasaba kuzigaburira ibinyamisogwe nabyo biba byiza mu gihe inka yabirishije.

Mupenzi yongeyeho ko hari gahunda yo gufasha aborozi kubona imbuto y’ubwo bwatsi. Ati “  Ni gahunda n’ubundi twatangiye aho dushaka ko nk’uko izindi mbuto z’ibihingwa zituburwa ,no ku bwatsi naho twatangiye gutubura imbuto yabwo dufatanyije na ba Rwiyemezamirimo ,nabo kugirango bajye babugeza ku borozi . “

U Rwanda ruvuga muri gase methane yoherezwa mu kirere, 24% byayo ari iba ituruka ku nka kubera ubwatsi ziba zariye ,ngo  byose ingaruka bigira ni ugutuma  habaho ubushyuhe ,izuba cyangwa imvura nyinshi ,utaretse n’indwara z’ibyorezo, umuntu ahanini akaba ari we bibera umuzigo.

U Rwanda ruvuga kandi ko muri 2030 nibura ibi byuka rwohereza ruzaba rumaze kubigabanura ku kigero cya 38%, binyuze mu nzira zirimo no gutera ubwatsi inka izajya irisha ntisohore gase methane nyinshi, gusa ariko icyakoma mu nkokora iyi ntego ni uko imbuto y’ubu bwatsi igoye aborozi kuyibona.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + one =

Previous Post

Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24

Next Post

Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ”Eva” igaragaramo umukobwa wo muri Colombia

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ”Eva” igaragaramo umukobwa wo muri Colombia

Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ''Eva'' igaragaramo umukobwa wo muri Colombia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.