Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere

radiotv10by radiotv10
13/10/2021
in MU RWANDA
0
Minisiteri y’ibidukikije iributsa aborozi b’inka ko hari ibyo bazigaburira birangira byanduje ikirere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’ibidukikije iravuga ko ihangayikishijwe n’aborozi bagaburira inka ubwabtsi butuma zisohora ibyuka byangiza ikirere.

Aborozi bavuga ko ayo makuru ari mashya mu matwi yabo, icyakora  ngo bafashijwe kubimenya no kubona ubwiza budateza ikibazo, ngo babyubahiriza.

Abashinzwe kurengera ibidukikije  bavuga ko mu bibahangayikishije mu guhangana n’iyangirika ry’ikirere, ngo harimo n’ibyuka bigihumanya birimo na Gas methane inka zisohora mu gihe zuza.

Ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi cyo kivuga ko intandaro y’iki kibazo ari ubwoko bw’ubwatsi aborozi bagaburira inka, maze bigatuma mu gihe yuza isohora uwo mwuka wangiza ikirere .

Mu gice cy’intara y’uburasirazuba cyane mu turerere twa Nyagatare,Gatsibo na  Kayonza niho hagaragara umubare munini w’inka kandi ubworozi bwabo ahanini bukorerwa mu nzuri, kandi harimo ubwoko bunyuranye bw’ubwatsi inka zikaburisha zidatoranya.

Bamwe mu borozi twaganiriye  bavuga ko usibye kurazwa ishinga no gushaka ubwo bazi ko ari bwiza mu rwego rw’umusaruro n’ubuzima bw’inka,  ngo ibyo by’ubwangiza ikirere n’ubutacyangiza ntabyo bazi.

Sebudandi Steven utuye mu murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, agaruka kuri iyi ngingo agira ati “ Aha hari ubwoko bunyuranye bw’ubwatsi bwa kimeza nk’umutsina, umukenke, ivubwe n’ubundi. Ubwatsi bubi tuzi ni Umutsina kuko bukura amenyo inka kandi ntibunatange umusaruro, ibyo rero byo kwangiza ibidukikije ntabwo tubizi .”

Naho Rutagarama Apolo  utuye mu karere ka Gatsibo we yagize Ati” Ubwatsi bwiza nzi ni Ivubwe, Kikuyu Grass n’umukenke cyangwa  se umucaca. Ubu ndikubashakisha ngo mbutere mu rwuri rwange kuko butanga umukamo mwiza, ariko ibyo kwangiza ikirere byo nibwo nabyumva.”

Mupenzi Mutimura umuyobozi ushinzwe imirire y’amatungo yuza muri RAB, avuga ko ubwo bwoko aborozi  bafite mu nzuri ngo ubwinshi muri bwo ari ububi, ariko ngo hari gahunda yo gsobanurira abo borozi bagafashwa no kubona ubwo bwiza butaboneka ku bwinshi.

Ati “ Dushishikariza aborozi kugaburira inka ubwatsi butuma igogora rigenda neza, ubwo bwatsi ni nk’ivubwe ibyitwa Brachiaria mu ndimi z’amahanga, iyo inka iburiye igogora ntirigora kandi no mu gihe yuza bituma nta byuka birimo gase methane bisohoka. Ikindi tubasaba kuzigaburira ibinyamisogwe nabyo biba byiza mu gihe inka yabirishije.

Mupenzi yongeyeho ko hari gahunda yo gufasha aborozi kubona imbuto y’ubwo bwatsi. Ati “  Ni gahunda n’ubundi twatangiye aho dushaka ko nk’uko izindi mbuto z’ibihingwa zituburwa ,no ku bwatsi naho twatangiye gutubura imbuto yabwo dufatanyije na ba Rwiyemezamirimo ,nabo kugirango bajye babugeza ku borozi . “

U Rwanda ruvuga muri gase methane yoherezwa mu kirere, 24% byayo ari iba ituruka ku nka kubera ubwatsi ziba zariye ,ngo  byose ingaruka bigira ni ugutuma  habaho ubushyuhe ,izuba cyangwa imvura nyinshi ,utaretse n’indwara z’ibyorezo, umuntu ahanini akaba ari we bibera umuzigo.

U Rwanda ruvuga kandi ko muri 2030 nibura ibi byuka rwohereza ruzaba rumaze kubigabanura ku kigero cya 38%, binyuze mu nzira zirimo no gutera ubwatsi inka izajya irisha ntisohore gase methane nyinshi, gusa ariko icyakoma mu nkokora iyi ntego ni uko imbuto y’ubu bwatsi igoye aborozi kuyibona.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Ngoma: Etoile de l’Est yagarutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka 24

Next Post

Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ”Eva” igaragaramo umukobwa wo muri Colombia

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ”Eva” igaragaramo umukobwa wo muri Colombia

Davis D yasohoye indirimbo shya yise  ''Eva'' igaragaramo umukobwa wo muri Colombia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.