Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta; yavuze ko abavuga ko bifuza gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda, bibeshya ku mbaraga z’iki Gihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda badashobora kubona aho babumenera.

Dr Biruta yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, ubwo habaga igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Minisitiri Biruta yagarutse ku bamaze igihe bagerageze guhungabanya umutekano n’ituze by’u Rwanda, avuga ko ababikora hari byinshi baba birengagije, bidashobora kubemerera kugera ku migambi yabo mibisha.

Ati “Buriya intwaro ya mbere ituma bagerageza ariko Igihugu ntikijegajege ahubwo kikavamo cyakomeye kurushaho, ikintu gikomeye cyane, intwaro barwana na yo batanayizi, ni ubumwe n’ubwiyunge twubatse muri iyi myaka 30.”

Dr Biruta avuga ko abirirwa bavuga ko bashaka guhindura ubutegetsi buriho mu Rwanda, hari icyo birengagiza kandi cyubatswe n’Abanyarwanda.

Ati “Ikintu bibeshyaho gikomeye cyane buriya, ni ukwibwira ngo u Rwanda rurajegajega, ruri fragile ngo basunitse gatoya rwahungabana bigacika.

Hari bamwe bakizirikiye muri ya ngengabitekerezo ya Jenoside n’imitekerereze ya cyera, bibwira ko uyu munsi Abanyarwanda bakirota bagaruye ikintu kimeze nk’interahamwe kuko bamwe muri bo barazifite muri ibyo Bihugu [zifite andi mazina ariko ni kimwe].

Hari abakibeshya ngo ‘ni yo mitekerereze y’Abanyarwanda, ni uko bateye, ngo uyu munsi babonye uburyo babisubiramo. Aho barahibeshya cyane, ni yo mpamvu ibyo bagerageza byose bitagira icyo bigeraho, bikabayobera.”

Dr Biruta avuga ko nyuma y’uko hahagaritswe Jenoside yakorerwaga Abatutsi, Abanyarwanda biyubakiye Igihugu cyabo bashingiye ku mitekerereze n’imyumvire mishya itagira uwo iheeza, ku buryo mu myaka 30 ishize, Abanyarwanda bubatse ubumwe butajegajega.

 

Ipfunwe ryakomeje gutuma baharabika u Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta yanagarutse ku banyamakuru bishyize hamwe bavuga ko bagiye gutangaza inkuru z’uruhererekane zigaragaza ibyo bavuga ko bitagenda mu Rwanda, avuga ko bamwe muri bo babiterwa n’ipfunwe.

Ati “Benshi muri bo baba bafite Leta zibasunika zibakoresha, turabazi turamenyerenye. Iyo ubakurikiranye neza, usanga ari ba bandi bari bafite ububasha n’ubushobozi ariko bananiwe kugira icyo bakora kugira ngo Jenoside ntibe, aho itangiriye ntibagira icyo bakora kugira ngo ihagarare.”

Yavuze kandi ko Leta zishyigikiye abo Banyamakuru, zakunze gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kubera ikimwaro cyo kuba zarananiwe kugira icyo zikora.

Ati “Ni ba bandi bakunze gukirana n’Umuryango w’Abibumbye bananiwe kuyita uko ari yo nyine ko ari Jenoside. Abo bose ni bo bariya.”

Biruta yavuze ko abandi mu bashyigikiye aba banyamakuru ari abakiboshywe n’ingengabitekerezo y’amacakubiri, bananiwe kwakira uburyo u Rwanda n’Abanyarwanda babashije kwikura mu irondabwoko, bakubaka ubumwe ndetse bukaba ari bwo musingi w’iterambere bakomeje kugeraho rishimwa na buri wese.

Ati “Ugasanga ni ibintu batakira. ‘Ntabwo Igihugu gito nk’u Rwanda bikwiye kuvugwa ko hari ibyo bagezeho kubera ko wenda bishobora kuzabangamira n’inyungu zacu, umunsi hari abandi babigannye, bakaba banatureba mu maso bakatubwiza ukuri n’icyo badutekerezaho’ mu gihe bo bamenyereye ko abirabura twe Abanyafurika iyo bavuze ugomba kureba hasi ukanabyemera.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, avuga ko imyumvire nk’iyi ikwiye kurangira, abantu bakumva ko bose bashoboye, ariko Abanyarwanda bagahora bazirikana ko abagifite imyumvire nk’iyi bakiriho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 4 =

Previous Post

Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside

Next Post

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.