Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta; yavuze ko abavuga ko bifuza gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda, bibeshya ku mbaraga z’iki Gihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda badashobora kubona aho babumenera.

Dr Biruta yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, ubwo habaga igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Minisitiri Biruta yagarutse ku bamaze igihe bagerageze guhungabanya umutekano n’ituze by’u Rwanda, avuga ko ababikora hari byinshi baba birengagije, bidashobora kubemerera kugera ku migambi yabo mibisha.

Ati “Buriya intwaro ya mbere ituma bagerageza ariko Igihugu ntikijegajege ahubwo kikavamo cyakomeye kurushaho, ikintu gikomeye cyane, intwaro barwana na yo batanayizi, ni ubumwe n’ubwiyunge twubatse muri iyi myaka 30.”

Dr Biruta avuga ko abirirwa bavuga ko bashaka guhindura ubutegetsi buriho mu Rwanda, hari icyo birengagiza kandi cyubatswe n’Abanyarwanda.

Ati “Ikintu bibeshyaho gikomeye cyane buriya, ni ukwibwira ngo u Rwanda rurajegajega, ruri fragile ngo basunitse gatoya rwahungabana bigacika.

Hari bamwe bakizirikiye muri ya ngengabitekerezo ya Jenoside n’imitekerereze ya cyera, bibwira ko uyu munsi Abanyarwanda bakirota bagaruye ikintu kimeze nk’interahamwe kuko bamwe muri bo barazifite muri ibyo Bihugu [zifite andi mazina ariko ni kimwe].

Hari abakibeshya ngo ‘ni yo mitekerereze y’Abanyarwanda, ni uko bateye, ngo uyu munsi babonye uburyo babisubiramo. Aho barahibeshya cyane, ni yo mpamvu ibyo bagerageza byose bitagira icyo bigeraho, bikabayobera.”

Dr Biruta avuga ko nyuma y’uko hahagaritswe Jenoside yakorerwaga Abatutsi, Abanyarwanda biyubakiye Igihugu cyabo bashingiye ku mitekerereze n’imyumvire mishya itagira uwo iheeza, ku buryo mu myaka 30 ishize, Abanyarwanda bubatse ubumwe butajegajega.

 

Ipfunwe ryakomeje gutuma baharabika u Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta yanagarutse ku banyamakuru bishyize hamwe bavuga ko bagiye gutangaza inkuru z’uruhererekane zigaragaza ibyo bavuga ko bitagenda mu Rwanda, avuga ko bamwe muri bo babiterwa n’ipfunwe.

Ati “Benshi muri bo baba bafite Leta zibasunika zibakoresha, turabazi turamenyerenye. Iyo ubakurikiranye neza, usanga ari ba bandi bari bafite ububasha n’ubushobozi ariko bananiwe kugira icyo bakora kugira ngo Jenoside ntibe, aho itangiriye ntibagira icyo bakora kugira ngo ihagarare.”

Yavuze kandi ko Leta zishyigikiye abo Banyamakuru, zakunze gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kubera ikimwaro cyo kuba zarananiwe kugira icyo zikora.

Ati “Ni ba bandi bakunze gukirana n’Umuryango w’Abibumbye bananiwe kuyita uko ari yo nyine ko ari Jenoside. Abo bose ni bo bariya.”

Biruta yavuze ko abandi mu bashyigikiye aba banyamakuru ari abakiboshywe n’ingengabitekerezo y’amacakubiri, bananiwe kwakira uburyo u Rwanda n’Abanyarwanda babashije kwikura mu irondabwoko, bakubaka ubumwe ndetse bukaba ari bwo musingi w’iterambere bakomeje kugeraho rishimwa na buri wese.

Ati “Ugasanga ni ibintu batakira. ‘Ntabwo Igihugu gito nk’u Rwanda bikwiye kuvugwa ko hari ibyo bagezeho kubera ko wenda bishobora kuzabangamira n’inyungu zacu, umunsi hari abandi babigannye, bakaba banatureba mu maso bakatubwiza ukuri n’icyo badutekerezaho’ mu gihe bo bamenyereye ko abirabura twe Abanyafurika iyo bavuze ugomba kureba hasi ukanabyemera.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, avuga ko imyumvire nk’iyi ikwiye kurangira, abantu bakumva ko bose bashoboye, ariko Abanyarwanda bagahora bazirikana ko abagifite imyumvire nk’iyi bakiriho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 2 =

Previous Post

Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside

Next Post

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.