Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta; yavuze ko abavuga ko bifuza gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda, bibeshya ku mbaraga z’iki Gihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda badashobora kubona aho babumenera.

Dr Biruta yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, ubwo habaga igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Minisitiri Biruta yagarutse ku bamaze igihe bagerageze guhungabanya umutekano n’ituze by’u Rwanda, avuga ko ababikora hari byinshi baba birengagije, bidashobora kubemerera kugera ku migambi yabo mibisha.

Ati “Buriya intwaro ya mbere ituma bagerageza ariko Igihugu ntikijegajege ahubwo kikavamo cyakomeye kurushaho, ikintu gikomeye cyane, intwaro barwana na yo batanayizi, ni ubumwe n’ubwiyunge twubatse muri iyi myaka 30.”

Dr Biruta avuga ko abirirwa bavuga ko bashaka guhindura ubutegetsi buriho mu Rwanda, hari icyo birengagiza kandi cyubatswe n’Abanyarwanda.

Ati “Ikintu bibeshyaho gikomeye cyane buriya, ni ukwibwira ngo u Rwanda rurajegajega, ruri fragile ngo basunitse gatoya rwahungabana bigacika.

Hari bamwe bakizirikiye muri ya ngengabitekerezo ya Jenoside n’imitekerereze ya cyera, bibwira ko uyu munsi Abanyarwanda bakirota bagaruye ikintu kimeze nk’interahamwe kuko bamwe muri bo barazifite muri ibyo Bihugu [zifite andi mazina ariko ni kimwe].

Hari abakibeshya ngo ‘ni yo mitekerereze y’Abanyarwanda, ni uko bateye, ngo uyu munsi babonye uburyo babisubiramo. Aho barahibeshya cyane, ni yo mpamvu ibyo bagerageza byose bitagira icyo bigeraho, bikabayobera.”

Dr Biruta avuga ko nyuma y’uko hahagaritswe Jenoside yakorerwaga Abatutsi, Abanyarwanda biyubakiye Igihugu cyabo bashingiye ku mitekerereze n’imyumvire mishya itagira uwo iheeza, ku buryo mu myaka 30 ishize, Abanyarwanda bubatse ubumwe butajegajega.

 

Ipfunwe ryakomeje gutuma baharabika u Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta yanagarutse ku banyamakuru bishyize hamwe bavuga ko bagiye gutangaza inkuru z’uruhererekane zigaragaza ibyo bavuga ko bitagenda mu Rwanda, avuga ko bamwe muri bo babiterwa n’ipfunwe.

Ati “Benshi muri bo baba bafite Leta zibasunika zibakoresha, turabazi turamenyerenye. Iyo ubakurikiranye neza, usanga ari ba bandi bari bafite ububasha n’ubushobozi ariko bananiwe kugira icyo bakora kugira ngo Jenoside ntibe, aho itangiriye ntibagira icyo bakora kugira ngo ihagarare.”

Yavuze kandi ko Leta zishyigikiye abo Banyamakuru, zakunze gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kubera ikimwaro cyo kuba zarananiwe kugira icyo zikora.

Ati “Ni ba bandi bakunze gukirana n’Umuryango w’Abibumbye bananiwe kuyita uko ari yo nyine ko ari Jenoside. Abo bose ni bo bariya.”

Biruta yavuze ko abandi mu bashyigikiye aba banyamakuru ari abakiboshywe n’ingengabitekerezo y’amacakubiri, bananiwe kwakira uburyo u Rwanda n’Abanyarwanda babashije kwikura mu irondabwoko, bakubaka ubumwe ndetse bukaba ari bwo musingi w’iterambere bakomeje kugeraho rishimwa na buri wese.

Ati “Ugasanga ni ibintu batakira. ‘Ntabwo Igihugu gito nk’u Rwanda bikwiye kuvugwa ko hari ibyo bagezeho kubera ko wenda bishobora kuzabangamira n’inyungu zacu, umunsi hari abandi babigannye, bakaba banatureba mu maso bakatubwiza ukuri n’icyo badutekerezaho’ mu gihe bo bamenyereye ko abirabura twe Abanyafurika iyo bavuze ugomba kureba hasi ukanabyemera.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, avuga ko imyumvire nk’iyi ikwiye kurangira, abantu bakumva ko bose bashoboye, ariko Abanyarwanda bagahora bazirikana ko abagifite imyumvire nk’iyi bakiriho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside

Next Post

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.